Monday, April 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

radiotv10by radiotv10
20/04/2026
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe hari abaturage bo mu murenge wa Gihombo mu kagari ka Butare bikoma mudugudu ubasaba amafaranga kugira ngo abahe serivisi , ubuyobozi bw’umurenge wa Gihombo buramagana iyo migirire buvuga ko nta mafaranga umuturage agomba kwishyura mu gihe asaba serivisi, naho mudugudu utungwa agatoki akavuga ko nawe aba yayatumwe kandi ko atayakura mu mufuka we.

Nyirambabazi Seraphine wo mu mudugudu wa Butare mu kagari ka Butare ufite umwana wavukanye ubumuga, ni umwe mu babuze serivisi kwa mudugudu nyuma yo kutabona amafaranga yasabwe n’uwo muyobozi.

Avuga ko yari yabonye abamufasha kugeza umwana we mu bitaro bya gatagara ngo agororwe ingingo, ariko bikamusaba icyangombwa cyo mu buyobozi kigaragaza ko atishoboye akagarukira kwa mudugudu nyuma yo kubura amafaranga 700.

Agira ati “Bambwiye gusubira mu mudugudu gushaka icyangombwa cy’uko ntishoboye, Mpageze arambwira ngo nintange amafaranga ya banderore, muhaye 500 arayanga mpita nanayararira ndabyihorera. Nari mfite 500 yonyine arambwira ngo niba ntafite 700 myihorere, njyeze no ku kagari nsanga ntibakoze, nari kumurega kwa gitifu”.

Umuyobozi w’umudugudu wa Butare Nshimiyimana Theogene yemerera Radio&TV10 ko yaka abaturage amafanga yo muri gahunda zitandukanye ngo kuko ari ho aba ababoneye kandi ko nawe aba ayasabwa n’inzego zimukuriye.

Mugududu ati “Turi kwaka umusanzu wo kugirango tuzaremere abantu batishoboye, ariko natwe ni cyo gihe tuba tumuboneye. Ariko se nanjye niba ndi kubazwa amafaranga bategetse mu mudugudu, nzayakura mu ruhago rwanjye muvandi?”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gihombo Niyitegeka Jerome avuga ko nta mafaranga ubuyobozi bwatumye ba mudugudu kandi ko nta kiguzi umuturage yishyura ngo ahabwe serivisi nk’iyo, akumvikanisha ko uyu muyobozi w’umudugudu agiye kubibazwa ndeste n’uwimwe serivisi agafashwa kuyihabwa.

Gitifu agira ati “Guhabwa serivisi ni uburenganzira bw’umuturage. Ntabwo bimusaba kubanza gutanga amafaranga ibyo ni kirazira. Turakurikirana umuyobozi ubikora kandi uwo muturage turamufasha ku buryo servisi agomba guhita ayibona.”

Nyirambabazi Seraphine avuga ko yimwe serivisi kubera kubura amafaranga

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 1 =

Previous Post

Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

Next Post

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

Related Posts

Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

by radiotv10
20/04/2026
0

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro y’urupfu rwa Padiri Bernard Kyoribona witabye Imana azize uburwayi, aho atabarutse hatarashira amezi...

Azwiho kwiyoroshya no gukunda bose nta vangura: Ibyibukirwa ku Mwamikazi Rosalie Gicanda wishwe tariki nk’iyi mu 1994

Azwiho kwiyoroshya no gukunda bose nta vangura: Ibyibukirwa ku Mwamikazi Rosalie Gicanda wishwe tariki nk’iyi mu 1994

by radiotv10
20/04/2026
0

Imyaka 32 irashize Rosalie Gicanda wabaye Umwamukazi wa nyuma w'u Rwanda yitabye Imana azize Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu mirage itazibagirana...

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

by radiotv10
19/04/2026
0

Mu mudugudu wa Nyagatare mu kagari ka Shagasha mu murenge wa Gihundwe habonetse imibiri itandatu y’abishwe muri jenoside yakorewe abatutsi...

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

by radiotv10
18/04/2026
0

Nyuma yuko umusore anyujije ubutumwa bw'amashusho ku mbuga nkoranyambaga avuga ko ari gutabariza abamotari bagenzi be bo mu Karere ka...

Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa

Important things to use a bank loan for and get good returns

by radiotv10
18/04/2026
0

In today’s economy, loans from banks can be a powerful tool, not just a financial burden. When used wisely, they...

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
IBYAMAMARE

Ku munsi wa mbere umunyamakuru DC Clement agejejwe imbere y’Urukiko ntiyaburanye

by radiotv10
20/04/2026
0

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

20/04/2026
Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

20/04/2026
Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

20/04/2026
Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

20/04/2026
Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

20/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ku munsi wa mbere umunyamakuru DC Clement agejejwe imbere y’Urukiko ntiyaburanye

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.