Mu gihe hari abaturage bo mu murenge wa Gihombo mu kagari ka Butare bikoma mudugudu ubasaba amafaranga kugira ngo abahe serivisi , ubuyobozi bw’umurenge wa Gihombo buramagana iyo migirire buvuga ko nta mafaranga umuturage agomba kwishyura mu gihe asaba serivisi, naho mudugudu utungwa agatoki akavuga ko nawe aba yayatumwe kandi ko atayakura mu mufuka we.
Nyirambabazi Seraphine wo mu mudugudu wa Butare mu kagari ka Butare ufite umwana wavukanye ubumuga, ni umwe mu babuze serivisi kwa mudugudu nyuma yo kutabona amafaranga yasabwe n’uwo muyobozi.
Avuga ko yari yabonye abamufasha kugeza umwana we mu bitaro bya gatagara ngo agororwe ingingo, ariko bikamusaba icyangombwa cyo mu buyobozi kigaragaza ko atishoboye akagarukira kwa mudugudu nyuma yo kubura amafaranga 700.
Agira ati “Bambwiye gusubira mu mudugudu gushaka icyangombwa cy’uko ntishoboye, Mpageze arambwira ngo nintange amafaranga ya banderore, muhaye 500 arayanga mpita nanayararira ndabyihorera. Nari mfite 500 yonyine arambwira ngo niba ntafite 700 myihorere, njyeze no ku kagari nsanga ntibakoze, nari kumurega kwa gitifu”.
Umuyobozi w’umudugudu wa Butare Nshimiyimana Theogene yemerera Radio&TV10 ko yaka abaturage amafanga yo muri gahunda zitandukanye ngo kuko ari ho aba ababoneye kandi ko nawe aba ayasabwa n’inzego zimukuriye.
Mugududu ati “Turi kwaka umusanzu wo kugirango tuzaremere abantu batishoboye, ariko natwe ni cyo gihe tuba tumuboneye. Ariko se nanjye niba ndi kubazwa amafaranga bategetse mu mudugudu, nzayakura mu ruhago rwanjye muvandi?”
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gihombo Niyitegeka Jerome avuga ko nta mafaranga ubuyobozi bwatumye ba mudugudu kandi ko nta kiguzi umuturage yishyura ngo ahabwe serivisi nk’iyo, akumvikanisha ko uyu muyobozi w’umudugudu agiye kubibazwa ndeste n’uwimwe serivisi agafashwa kuyihabwa.
Gitifu agira ati “Guhabwa serivisi ni uburenganzira bw’umuturage. Ntabwo bimusaba kubanza gutanga amafaranga ibyo ni kirazira. Turakurikirana umuyobozi ubikora kandi uwo muturage turamufasha ku buryo servisi agomba guhita ayibona.”

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10








