Saturday, October 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

radiotv10by radiotv10
05/08/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwishyura myugariro wayo Youssou Diagne umwenda w’amadollari 1500 (miliyoni 2 Frw) yari imufitiye, inamuhamagaza mu myitozo bitarenze ku wa Mbere.

Hashinze ukwezi n’iminsi ine ikipe ya Rayon Sports itangiye imyitozo yo gutegura umwaka w’imikino 2025-2026, ariko kugeza ubu mu bakinnyi bagitegerejwe harimo n’Umunya-Senegal Youssou Diagne, wari watangaje ko adateganya kuza mu gihe Rayon Sports yaba itamwishyuye 1500 USD yari yasigaye kuri recrutement yahawe ubwo yasinyiraga iyi kipe.

Gusa kuri ubu, iyi kipe yamaze kwishyura uyu mwenda ariko na yo ihita ibwira uyu mukinnyi ko asabwa kuba yageze mu myitozo bitarenze ku wa mbere Tariki 11 Kanama 2025.

Icyakora amakuru RADIOTV10 ikesha abahagarariye uyu myugariro, avuga ko bitazarinda bigera ku wa Mbere ahubwo bishoboka ko azaba yageze i Kigali kuri uyu wa Gatanu.

Usibye Youssou Diagne, mwene wabo bakomoka mu Gihugu kimwe Fall Ngagne, na we hari ideni ry’amadollari 1000 ikipe ya Rayon Sports imubereyemo, ariko we kuba ataraza avuga ko atari ukubera ideni gusa ahubwo akiri kwivuza imvune y’ivi yagize muro Gashyantare uyu mwaka, ku mukino iyi kipe yanganyijemo n’Amagaju igitego 1-1.

Youssou naramuka atangiye imyitozo ku wa Mbere, bivuze ko azaba ari mu bakinnyi Rayon Sports izifashisha ku munsi w’igikundiro (RAYON DAY) uzaba tariki ya 15 Kanama 2025, aho iyi kipe izakina na Young Africans kuri Sitade Amahoro.

Youssou Diagne na Fall Ngagne ni bo bakinnyi bonyine bataratangira imyitozo muri Rayon Sports, dore ko na Aimable Nsabimana wari umaze igihe atitoza yatangiye imyitozo ku munsi w’ejo hashize.

Rayon ikomeje imyitozo yitegura imikino ya Shampiyona y’umwaka utaha ndetse no kuzahagararira Igihugu mu mikino ya CAF Confederation Cup.

Youssou Diagne yishyuwe asabwa kugaruka vuba na bwangu
Fall Ngagne we ngo aracyari kwivuza

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Next Post

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

Related Posts

Ubutumwa abakinnyi ba APR bahaye abafana mbere yo kujya guhura na Pyramids yabatsindiye i Kigali

Ubutumwa abakinnyi ba APR bahaye abafana mbere yo kujya guhura na Pyramids yabatsindiye i Kigali

by radiotv10
03/10/2025
0

Abakinnyi ba APR FC yamaze guhaguruka i Kigali yerecyeza mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Pyramids FC muri CAF...

Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu wahamagawe bwa mbere mu Mavubi witezweho guhindura byinshi

Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu wahamagawe bwa mbere mu Mavubi witezweho guhindura byinshi

by radiotv10
02/10/2025
0

Joy-Lance Mickels ukinira ikipe ya Sabah FK yo muri Azerbaijan, ni umwe mu bakinnyi bahamagwe n’Umutoza w’Amavubi Adel Amrouche, akaba...

APR i Kigali biranze ubu hahanzwe amaso uko bizagenda mu Misiri

APR i Kigali biranze ubu hahanzwe amaso uko bizagenda mu Misiri

by radiotv10
01/10/2025
0

Ikipe ya APR FC ihagarariye u Rwanda muri CAF Champions League, mu mukino wa mbere w’ijonjora ribanza, itsindiwe i Kigali...

Muzabona ibyo mutigeze mubona- Kapiteni wa APR ageneye ubutumwa abafana bayo n’abandi bose

Muzabona ibyo mutigeze mubona- Kapiteni wa APR ageneye ubutumwa abafana bayo n’abandi bose

by radiotv10
30/09/2025
1

Niyomugabo Claude, Kapiteni wa APR FC, yavuze ko nta bwoba batewe no kuba bagiye guhura n’ikipe ya Pyramids FC ubu...

Ubutumwa bw’akababaro bwa rutahizamu wakiniye amakipe akomeye Lukaku wagize ibyago

Ubutumwa bw’akababaro bwa rutahizamu wakiniye amakipe akomeye Lukaku wagize ibyago

by radiotv10
30/09/2025
0

Rutahizamu w’Umubiligi Romelu Lukaku ari mu gahinda k’urupfu rw’umubyeyi we Roger Menama Lukaku na we wakinnye ruhago unafite ibigwi muri...

IZIHERUKA

Umunyarwenya uri kwamamara mu Rwanda ari mu byishimo byo kugura imodoka ye ya mbere
IMYIDAGADURO

Umunyarwenya uri kwamamara mu Rwanda ari mu byishimo byo kugura imodoka ye ya mbere

by radiotv10
04/10/2025
1

Why Rwanda’s new Digital ID matters, and how it will transform access to services

Why Rwanda’s new Digital ID matters, and how it will transform access to services

04/10/2025
BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

04/10/2025
Mu Rwanda hagiye kuba ibitaramo bitanu mu kwezi kumwe bizafasha Abaturarwanda kurushaho kwegera Imana

Mu Rwanda hagiye kuba ibitaramo bitanu mu kwezi kumwe bizafasha Abaturarwanda kurushaho kwegera Imana

04/10/2025
Who pays for the first date bill?

Who pays for the first date bill?

04/10/2025
Kayonza: Igikekwa ku rupfu rw’umugabo, umugore n’umwana wabo basanzwe mu nzu barapfuye

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

03/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyarwenya uri kwamamara mu Rwanda ari mu byishimo byo kugura imodoka ye ya mbere

Why Rwanda’s new Digital ID matters, and how it will transform access to services

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.