• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

radiotv10by radiotv10
07/08/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’iperereza mu Karere ka Nyanza zicumbikiye abantu batatu bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umusore wo mu Murenge wa Rwabicuma muri aka Karere, wavuye iwabo avuga ko agiye kwishyuza umuturanyi 600 Frw, kuva ubwo ntibongere kumuca iryera, hakaza kuboneka umurambo we utabye mu mufuka.

Uyu musore wo mu Mudugudu wa Kamugina A mu Kagari ka Nyarusange mu Murenge wa Rwabicuma, yavuye iwabo tariki 29 Nyakanga ariko kuva icyo gihe ntibongera kumuca iryeda.

Yavuye iwabo avuga ko agiye kwishyuza umuturanyi we amafaranga 600, kuva icyo gihe ntiyagaruka ari na bwo umuryango we watangiraga kumushakisha ukaniyambaza inzego zirimo RIB.

Yaje kubonwa yarapfuye, aho umurambo we wasanzwe mu mufuka kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Kanama 2025 ubwo wabonwaga n’umuturage wariho yahira ubwatsi bw’amatungo.

Uyu muturage wariho yahira ubwatsi bw’amatungo, yabonye ikintu gitabye mu mufuka, ahita atabaza abandi baturage ndetse n’inzego, basanga ni umurambo wa nyakwigendera utabyemo

Inzego zahise zitangira iperereza ndetse zita muri yombi abantu batatu barimo uwo nyakwigendera yavugaga ko agiye kwishyuza ibiceri 600 Frw, ubu bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagisozi.

Amakuru y’ifatwa ry’aba bantu batatu yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi.

Yagize ati “Hafashwe abantu batatu bakekwaho urupfu rwa nyakwigendera harimo n’uwo yari yagiye kwishyuza.”

CIP Hassan Kamanzi yavuze ko umurambo wa nyakwigendera wo wahise ujyanwa mu Bitaro bya Nyanza kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mucyo says:
    10 months ago

    Birababaje cyane ku babyeyi ba nyakwigendera bakomeze kwihangana.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 5 =

Previous Post

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Next Post

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.