Thursday, March 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

radiotv10by radiotv10
07/08/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’iperereza mu Karere ka Nyanza zicumbikiye abantu batatu bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umusore wo mu Murenge wa Rwabicuma muri aka Karere, wavuye iwabo avuga ko agiye kwishyuza umuturanyi 600 Frw, kuva ubwo ntibongere kumuca iryera, hakaza kuboneka umurambo we utabye mu mufuka.

Uyu musore wo mu Mudugudu wa Kamugina A mu Kagari ka Nyarusange mu Murenge wa Rwabicuma, yavuye iwabo tariki 29 Nyakanga ariko kuva icyo gihe ntibongera kumuca iryeda.

Yavuye iwabo avuga ko agiye kwishyuza umuturanyi we amafaranga 600, kuva icyo gihe ntiyagaruka ari na bwo umuryango we watangiraga kumushakisha ukaniyambaza inzego zirimo RIB.

Yaje kubonwa yarapfuye, aho umurambo we wasanzwe mu mufuka kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Kanama 2025 ubwo wabonwaga n’umuturage wariho yahira ubwatsi bw’amatungo.

Uyu muturage wariho yahira ubwatsi bw’amatungo, yabonye ikintu gitabye mu mufuka, ahita atabaza abandi baturage ndetse n’inzego, basanga ni umurambo wa nyakwigendera utabyemo

Inzego zahise zitangira iperereza ndetse zita muri yombi abantu batatu barimo uwo nyakwigendera yavugaga ko agiye kwishyuza ibiceri 600 Frw, ubu bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagisozi.

Amakuru y’ifatwa ry’aba bantu batatu yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi.

Yagize ati “Hafashwe abantu batatu bakekwaho urupfu rwa nyakwigendera harimo n’uwo yari yagiye kwishyuza.”

CIP Hassan Kamanzi yavuze ko umurambo wa nyakwigendera wo wahise ujyanwa mu Bitaro bya Nyanza kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mucyo says:
    7 months ago

    Birababaje cyane ku babyeyi ba nyakwigendera bakomeze kwihangana.

    Reply

Leave a Reply to Mucyo Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 14 =

Previous Post

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Next Post

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Related Posts

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

by radiotv10
05/03/2026
0

Inama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi banyuranye no mu nzego zitandukanye zirimo Inama...

From past to present: How surgery has become safer and more effective

From past to present: How surgery has become safer and more effective

by radiotv10
05/03/2026
0

Surgery is one of the oldest and most powerful ways human beings have tried to heal each other. Today, when...

Hatangajwe ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda

Hatangajwe ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda

by radiotv10
05/03/2026
0

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli, aho igiciro cya Lisansi cyagumye ku mafaranga cyariho mu gihe icya...

The effects of eating fast food every day

The effects of eating fast food every day

by radiotv10
05/03/2026
0

Fast food has become part of everyday life, especially for young people and busy workers in cities like Kigali. It...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
05/03/2026
0

IZIHERUKA

Byinshi bikomeje kwangirikira mu ntambara: Sitade yo muri Iran yahindutse umuyonga
AMAHANGA

Byinshi bikomeje kwangirikira mu ntambara: Sitade yo muri Iran yahindutse umuyonga

by radiotv10
05/03/2026
0

Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo

Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo

05/03/2026
Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

05/03/2026
Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

Uwayoboye Rayon yashyize hanze ukuri ku isezera ry’abahoze mu buyobozi bwayo

05/03/2026
Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon

Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon

05/03/2026
Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yasohowe nabi n’abapolisi muri Sena kubera ibyo yavugiyemo

Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yasohowe nabi n’abapolisi muri Sena kubera ibyo yavugiyemo

05/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi bikomeje kwangirikira mu ntambara: Sitade yo muri Iran yahindutse umuyonga

Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.