Monday, April 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

radiotv10by radiotv10
07/08/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’iperereza mu Karere ka Nyanza zicumbikiye abantu batatu bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umusore wo mu Murenge wa Rwabicuma muri aka Karere, wavuye iwabo avuga ko agiye kwishyuza umuturanyi 600 Frw, kuva ubwo ntibongere kumuca iryera, hakaza kuboneka umurambo we utabye mu mufuka.

Uyu musore wo mu Mudugudu wa Kamugina A mu Kagari ka Nyarusange mu Murenge wa Rwabicuma, yavuye iwabo tariki 29 Nyakanga ariko kuva icyo gihe ntibongera kumuca iryeda.

Yavuye iwabo avuga ko agiye kwishyuza umuturanyi we amafaranga 600, kuva icyo gihe ntiyagaruka ari na bwo umuryango we watangiraga kumushakisha ukaniyambaza inzego zirimo RIB.

Yaje kubonwa yarapfuye, aho umurambo we wasanzwe mu mufuka kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Kanama 2025 ubwo wabonwaga n’umuturage wariho yahira ubwatsi bw’amatungo.

Uyu muturage wariho yahira ubwatsi bw’amatungo, yabonye ikintu gitabye mu mufuka, ahita atabaza abandi baturage ndetse n’inzego, basanga ni umurambo wa nyakwigendera utabyemo

Inzego zahise zitangira iperereza ndetse zita muri yombi abantu batatu barimo uwo nyakwigendera yavugaga ko agiye kwishyuza ibiceri 600 Frw, ubu bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagisozi.

Amakuru y’ifatwa ry’aba bantu batatu yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi.

Yagize ati “Hafashwe abantu batatu bakekwaho urupfu rwa nyakwigendera harimo n’uwo yari yagiye kwishyuza.”

CIP Hassan Kamanzi yavuze ko umurambo wa nyakwigendera wo wahise ujyanwa mu Bitaro bya Nyanza kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mucyo says:
    9 months ago

    Birababaje cyane ku babyeyi ba nyakwigendera bakomeze kwihangana.

    Reply

Leave a Reply to Mucyo Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 11 =

Previous Post

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Next Post

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Related Posts

MoMo Rwanda Reports Strong Growth and Expands Its Ecosystem in Q1 2026

MoMo Rwanda Reports Strong Growth and Expands Its Ecosystem in Q1 2026

by radiotv10
20/04/2026
0

Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda) delivered solid performance in the first quarter of 2026, showing how deeply digital financial...

Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

by radiotv10
20/04/2026
0

Mu gihe hari abaturage bo mu murenge wa Gihombo mu kagari ka Butare bikoma mudugudu ubasaba amafaranga kugira ngo abahe...

Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

by radiotv10
20/04/2026
0

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro y’urupfu rwa Padiri Bernard Kyoribona witabye Imana azize uburwayi, aho atabarutse hatarashira amezi...

Azwiho kwiyoroshya no gukunda bose nta vangura: Ibyibukirwa ku Mwamikazi Rosalie Gicanda wishwe tariki nk’iyi mu 1994

Azwiho kwiyoroshya no gukunda bose nta vangura: Ibyibukirwa ku Mwamikazi Rosalie Gicanda wishwe tariki nk’iyi mu 1994

by radiotv10
20/04/2026
0

Imyaka 32 irashize Rosalie Gicanda wabaye Umwamukazi wa nyuma w'u Rwanda yitabye Imana azize Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu mirage itazibagirana...

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

by radiotv10
19/04/2026
0

Mu mudugudu wa Nyagatare mu kagari ka Shagasha mu murenge wa Gihundwe habonetse imibiri itandatu y’abishwe muri jenoside yakorewe abatutsi...

IZIHERUKA

Ibihugu birenga icumi byamaganiye kure icyemezo cya Israel
AMAHANGA

Ibihugu birenga icumi byamaganiye kure icyemezo cya Israel

by radiotv10
20/04/2026
0

Hagaragajwe amashusho yerekana ingendo z’ukekwaho kwica abana bane ku Ishuri muri Uganda mbere yuko abikora

Hagaragajwe amashusho yerekana ingendo z’ukekwaho kwica abana bane ku Ishuri muri Uganda mbere yuko abikora

20/04/2026
Benjamin Netanyahu ubwe yivugiye ku musirikare wagaragaye akora ibyashenguye Abakristu Gatulika

Benjamin Netanyahu ubwe yivugiye ku musirikare wagaragaye akora ibyashenguye Abakristu Gatulika

20/04/2026
Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

20/04/2026
MoMo Rwanda Reports Strong Growth and Expands Its Ecosystem in Q1 2026

MoMo Rwanda Reports Strong Growth and Expands Its Ecosystem in Q1 2026

20/04/2026
Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

20/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu birenga icumi byamaganiye kure icyemezo cya Israel

Hagaragajwe amashusho yerekana ingendo z’ukekwaho kwica abana bane ku Ishuri muri Uganda mbere yuko abikora

Benjamin Netanyahu ubwe yivugiye ku musirikare wagaragaye akora ibyashenguye Abakristu Gatulika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.