• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

radiotv10by radiotv10
08/08/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano
Share on FacebookShare on Twitter

Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rwahaye ibihano byo guhagarika abanyamategeko 21 bunganira abandi (Abavoka) barimo Me Thierry Kevin Gatete usanzwe azwi mu busesenguzi n’umushakashatsi mu bya politiki.

Ihagarikwa ry’aba Bavoka rikubiye mu ibaruwa yanditswe na Perezida w’Urugaga rw’Abavoka (Rwanda BAR Association), Me Moise Nkundabarashi.

Muri iyi baruwa yanditswe kuri uyu wa Kane tariki 06 Kanama 2025, Me Nkundabarashi, atangira avuga ko “Hashingiwe ku byemezo bya Komisiyo ishinzwe imyitwarire y’Abavoka (Commission Discipline) yateranye mu kwezi kwa Nyakanga 2025 igasuzuma ndetse igafata umwanzuro kuri dosiye z’Abavoka bakoze amakosa y’umwuga.”

Akomeza avuga ko yohereje urutonde rw’Abavoka bafatiwe ibihano n’iyi Komisiyo, kandi ko byamenyeshejwe ababifatiwe bose. Ati “Bakaba badagifite uburenganzira bwo kugira uwo bunganira mu mategeko nk’Abavoka mu gihe bahagaritswe.”

Perezida w’Urugaga rw’Abavoka akomeza avuga ko mu gihe aba Banyamategeko bazaba barangije ibihano byabo, bashobora kuzandikira Inama y’Urugaga bayisaba gusubizwa mu mwuga, ubundi ubusabe bwabo bugasuzumwa, kugira ngo bemererwe kongera kunganira abantu mu mategeko.

Aba banyamategeko bagiye bahabwa ibihano bitandukanye, barimo abahagaritswe igice cy’umwaka (amezi atandatu) ndetse n’abahagaritswe mu gihe cy’imyaka ibiri.

Muri aba bahagaritswe, barimo Me Thierry Kevin Gatete uzwi nka Gatete Nyiringabo Ruhumuriza, usanzwe ari umwe mu basesenguzi mu bya Politiki bazwi mu Rwanda. Uyu munyamategeko we yahagaritswe imyaka ibiri.

Me Gatete kandi yamenyekanye cyane muri 2015 ubwo yajyaga mu rubanza rw’ikirego cyari cyaratanzwe n’Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije DGPR (Democratic Green Party of Rwanda) ryaregagamo Leta mu Rukiko rw’Ikirenga ryavugaga ko gushaka guhindura Itegeko Nshinga binyuranyije n’amategeko.

Uyu munyamategeko wari uhagarariye Umuryango uzwi nka ‘Center for Human right in Law’ yasabaga ko yinjira muri uru rubanza, nk’Inshuti y’Urukiko (Amicus Curiae) aho yavugaga ko ashyigikiye iki kirego cyatanzwe na Green Party.

Gusa Urukiko rw’Ikirenga rwatesheje agaciro icyifuzo cy’uyu Muryango n’uyu munyamategeko, ruburanisha uru rubanza Leta yaje gutsindamo iri shyaka.

Me Gatete muri 2015 ubwo yifuzaga kuba inshuti y’Urukiko mu rubaza DGPR yari yararezemo Leta
Me Gatete ni umwe mu basesenguzi mu bya politiki baziw mu Rwanda
Muri Gashyantare uyu mwaka ubwo yari yatumiwe kuri Televiziyo y’Igihugu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 9 =

Previous Post

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

Next Post

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Related Posts

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Next Post
Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.