Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

radiotv10by radiotv10
08/08/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano
Share on FacebookShare on Twitter

Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rwahaye ibihano byo guhagarika abanyamategeko 21 bunganira abandi (Abavoka) barimo Me Thierry Kevin Gatete usanzwe azwi mu busesenguzi n’umushakashatsi mu bya politiki.

Ihagarikwa ry’aba Bavoka rikubiye mu ibaruwa yanditswe na Perezida w’Urugaga rw’Abavoka (Rwanda BAR Association), Me Moise Nkundabarashi.

Muri iyi baruwa yanditswe kuri uyu wa Kane tariki 06 Kanama 2025, Me Nkundabarashi, atangira avuga ko “Hashingiwe ku byemezo bya Komisiyo ishinzwe imyitwarire y’Abavoka (Commission Discipline) yateranye mu kwezi kwa Nyakanga 2025 igasuzuma ndetse igafata umwanzuro kuri dosiye z’Abavoka bakoze amakosa y’umwuga.”

Akomeza avuga ko yohereje urutonde rw’Abavoka bafatiwe ibihano n’iyi Komisiyo, kandi ko byamenyeshejwe ababifatiwe bose. Ati “Bakaba badagifite uburenganzira bwo kugira uwo bunganira mu mategeko nk’Abavoka mu gihe bahagaritswe.”

Perezida w’Urugaga rw’Abavoka akomeza avuga ko mu gihe aba Banyamategeko bazaba barangije ibihano byabo, bashobora kuzandikira Inama y’Urugaga bayisaba gusubizwa mu mwuga, ubundi ubusabe bwabo bugasuzumwa, kugira ngo bemererwe kongera kunganira abantu mu mategeko.

Aba banyamategeko bagiye bahabwa ibihano bitandukanye, barimo abahagaritswe igice cy’umwaka (amezi atandatu) ndetse n’abahagaritswe mu gihe cy’imyaka ibiri.

Muri aba bahagaritswe, barimo Me Thierry Kevin Gatete uzwi nka Gatete Nyiringabo Ruhumuriza, usanzwe ari umwe mu basesenguzi mu bya Politiki bazwi mu Rwanda. Uyu munyamategeko we yahagaritswe imyaka ibiri.

Me Gatete kandi yamenyekanye cyane muri 2015 ubwo yajyaga mu rubanza rw’ikirego cyari cyaratanzwe n’Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije DGPR (Democratic Green Party of Rwanda) ryaregagamo Leta mu Rukiko rw’Ikirenga ryavugaga ko gushaka guhindura Itegeko Nshinga binyuranyije n’amategeko.

Uyu munyamategeko wari uhagarariye Umuryango uzwi nka ‘Center for Human right in Law’ yasabaga ko yinjira muri uru rubanza, nk’Inshuti y’Urukiko (Amicus Curiae) aho yavugaga ko ashyigikiye iki kirego cyatanzwe na Green Party.

Gusa Urukiko rw’Ikirenga rwatesheje agaciro icyifuzo cy’uyu Muryango n’uyu munyamategeko, ruburanisha uru rubanza Leta yaje gutsindamo iri shyaka.

Me Gatete muri 2015 ubwo yifuzaga kuba inshuti y’Urukiko mu rubaza DGPR yari yararezemo Leta
Me Gatete ni umwe mu basesenguzi mu bya politiki baziw mu Rwanda
Muri Gashyantare uyu mwaka ubwo yari yatumiwe kuri Televiziyo y’Igihugu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 2 =

Previous Post

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

Next Post

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.