Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

radiotv10by radiotv10
12/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Kagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bongeye kuvoma amazi y’ibishanga nyamara bari bahawe ivomero ry’amazi meza, ariko ko nyuma yuko rifunguwe ritamaze kabiri, kuko amazi yahise agenda.

Aba baturage bavuga ko ubwo bahabwaga amavomeri, byabashimishije kuko bumvaga baruhutse urugendo rurerure bakoraga bajya kuvoma amazi  nayo atari meza mu bishanga.

Kankindi yagize ati “Aya mavomo bayaduha twari tumaze igihe kinini tuyakeneye kuko twavomaga amazi mabi cyane yo mu bishanga, baduhaye amazi twarishimye cyane tugira ngo turuhutse izo ngendo, ariko twayavomyeho gato aba arabuze none twasubiye uko twari tumeze.”

Mukamugema Anasthasie na we ati “Baduhaye amazi tuyavomaho igihe gito aba aragiye ku buryo niyo hari aho aje aza nka rimwe mu kwezi akongera akagenda.”

Aba baturage bakora urugendo rurerure bajya gushaka amazi bamwe bagahitamo gukoresha amazi mabi y’ibishanga, bagasaba ko  amavomo bahawe yashyirwamo amazi.

Kabarisa Elisa ati “Biba bibabaje kuba amavomo ari imbere y’inzu zacu ari baringa bibaye byiza baduha amazi tukaruhuka ru rugendo rwo kuvoma kure.”

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura WASAC ishami rya Gisagara, Mugabire Theogene avuga ko iki kibazo giterwa no kuba abakeneye amazi baba ari benshi, cyane cyane mu bihe by’izuba.

Ati “Umuyoboro utanga amazi hariya ni isaranganya. Ni uko mu gihe cy’impeshyi bose baba bayakeneye ari benshi akaba macye.”

Akomeza agira ati “Turateganya ko uruganda ruteganwa kubakwa ruzatanga amazi ahagije mu Turere twa Nyaruguru, Huye na Gisagara bikazakemura ikibazo mu buryo burambye bigatuma abo baturage batongera kubura amazi.”

Mu Karere ka Gisagara hari amasooko mato atanga metero kibe 240 z’amazi ku munsi, mu gihe hakenewe byibura metero kibe 350 ku munsi. Abaturage bagerwaho n’amazi meza mu Karere ka Gisagara, bari ku gipimo cya 78%.

Amavomero bahawe ngo amazi meza aherukamo cyera
Bavuga ko bibabaje kubona aya mavomera imbere y’inzu zabo ariko bakayasiga bakajya kuvoma mu bishanga

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 9 =

Previous Post

Rwanda’s dance revolution: From Amaraba to Afro-Fusion

Next Post

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Related Posts

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

by radiotv10
12/08/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yahakanye ibyatangajwe n’umwe ku mbuga nkoranyambaga ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye...

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

by radiotv10
12/08/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yakomoje ku gikorwa cy’Umuganda rusange umaze kumenyerwa mu Rwanda, wanagiye ufatirwaho...

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

by radiotv10
12/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibirego by’ibinyoma by’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (OHCHR) bishinja Ingabo z’iki Gihugu (RDF) ngo...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
12/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

by radiotv10
11/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga yahaye ikiganiro urubyiruko ruri mu Itorero Indangamirwa icyiciro cya 15, arugaragariza ko...

IZIHERUKA

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru
IMYIDAGADURO

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

by radiotv10
12/08/2025
0

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

12/08/2025
Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

12/08/2025
Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

12/08/2025
AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

12/08/2025
U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.