Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

radiotv10by radiotv10
12/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Kagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bongeye kuvoma amazi y’ibishanga nyamara bari bahawe ivomero ry’amazi meza, ariko ko nyuma yuko rifunguwe ritamaze kabiri, kuko amazi yahise agenda.

Aba baturage bavuga ko ubwo bahabwaga amavomeri, byabashimishije kuko bumvaga baruhutse urugendo rurerure bakoraga bajya kuvoma amazi  nayo atari meza mu bishanga.

Kankindi yagize ati “Aya mavomo bayaduha twari tumaze igihe kinini tuyakeneye kuko twavomaga amazi mabi cyane yo mu bishanga, baduhaye amazi twarishimye cyane tugira ngo turuhutse izo ngendo, ariko twayavomyeho gato aba arabuze none twasubiye uko twari tumeze.”

Mukamugema Anasthasie na we ati “Baduhaye amazi tuyavomaho igihe gito aba aragiye ku buryo niyo hari aho aje aza nka rimwe mu kwezi akongera akagenda.”

Aba baturage bakora urugendo rurerure bajya gushaka amazi bamwe bagahitamo gukoresha amazi mabi y’ibishanga, bagasaba ko  amavomo bahawe yashyirwamo amazi.

Kabarisa Elisa ati “Biba bibabaje kuba amavomo ari imbere y’inzu zacu ari baringa bibaye byiza baduha amazi tukaruhuka ru rugendo rwo kuvoma kure.”

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura WASAC ishami rya Gisagara, Mugabire Theogene avuga ko iki kibazo giterwa no kuba abakeneye amazi baba ari benshi, cyane cyane mu bihe by’izuba.

Ati “Umuyoboro utanga amazi hariya ni isaranganya. Ni uko mu gihe cy’impeshyi bose baba bayakeneye ari benshi akaba macye.”

Akomeza agira ati “Turateganya ko uruganda ruteganwa kubakwa ruzatanga amazi ahagije mu Turere twa Nyaruguru, Huye na Gisagara bikazakemura ikibazo mu buryo burambye bigatuma abo baturage batongera kubura amazi.”

Mu Karere ka Gisagara hari amasooko mato atanga metero kibe 240 z’amazi ku munsi, mu gihe hakenewe byibura metero kibe 350 ku munsi. Abaturage bagerwaho n’amazi meza mu Karere ka Gisagara, bari ku gipimo cya 78%.

Amavomero bahawe ngo amazi meza aherukamo cyera
Bavuga ko bibabaje kubona aya mavomera imbere y’inzu zabo ariko bakayasiga bakajya kuvoma mu bishanga

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 11 =

Previous Post

Rwanda’s dance revolution: From Amaraba to Afro-Fusion

Next Post

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.