Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

radiotv10by radiotv10
12/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Kagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bongeye kuvoma amazi y’ibishanga nyamara bari bahawe ivomero ry’amazi meza, ariko ko nyuma yuko rifunguwe ritamaze kabiri, kuko amazi yahise agenda.

Aba baturage bavuga ko ubwo bahabwaga amavomeri, byabashimishije kuko bumvaga baruhutse urugendo rurerure bakoraga bajya kuvoma amazi  nayo atari meza mu bishanga.

Kankindi yagize ati “Aya mavomo bayaduha twari tumaze igihe kinini tuyakeneye kuko twavomaga amazi mabi cyane yo mu bishanga, baduhaye amazi twarishimye cyane tugira ngo turuhutse izo ngendo, ariko twayavomyeho gato aba arabuze none twasubiye uko twari tumeze.”

Mukamugema Anasthasie na we ati “Baduhaye amazi tuyavomaho igihe gito aba aragiye ku buryo niyo hari aho aje aza nka rimwe mu kwezi akongera akagenda.”

Aba baturage bakora urugendo rurerure bajya gushaka amazi bamwe bagahitamo gukoresha amazi mabi y’ibishanga, bagasaba ko  amavomo bahawe yashyirwamo amazi.

Kabarisa Elisa ati “Biba bibabaje kuba amavomo ari imbere y’inzu zacu ari baringa bibaye byiza baduha amazi tukaruhuka ru rugendo rwo kuvoma kure.”

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura WASAC ishami rya Gisagara, Mugabire Theogene avuga ko iki kibazo giterwa no kuba abakeneye amazi baba ari benshi, cyane cyane mu bihe by’izuba.

Ati “Umuyoboro utanga amazi hariya ni isaranganya. Ni uko mu gihe cy’impeshyi bose baba bayakeneye ari benshi akaba macye.”

Akomeza agira ati “Turateganya ko uruganda ruteganwa kubakwa ruzatanga amazi ahagije mu Turere twa Nyaruguru, Huye na Gisagara bikazakemura ikibazo mu buryo burambye bigatuma abo baturage batongera kubura amazi.”

Mu Karere ka Gisagara hari amasooko mato atanga metero kibe 240 z’amazi ku munsi, mu gihe hakenewe byibura metero kibe 350 ku munsi. Abaturage bagerwaho n’amazi meza mu Karere ka Gisagara, bari ku gipimo cya 78%.

Amavomero bahawe ngo amazi meza aherukamo cyera
Bavuga ko bibabaje kubona aya mavomera imbere y’inzu zabo ariko bakayasiga bakajya kuvoma mu bishanga

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − eleven =

Previous Post

Rwanda’s dance revolution: From Amaraba to Afro-Fusion

Next Post

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

by radiotv10
24/11/2025
0

In many homes, disagreements between parents often come from one simple but powerful source: the desire to raise children the...

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Rwanda has become one of Africa’s most inspiring destinations, a place where natural beauty, safety, culture, and progress blend into...

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Faustin Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, bagirana ibiganiro byagarutse ku mikoranire irimo...

IZIHERUKA

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura
AMAHANGA

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

by radiotv10
24/11/2025
0

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

24/11/2025
Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.