Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

radiotv10by radiotv10
15/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite
Share on FacebookShare on Twitter

Mbere yuko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ahura na Vladmir Putin w’u Burusiya, yavuze ko afite impungenge ko ikiganiro bagirana gishobora kudatanga umusaruro mu kurangiza intambara imaze imyaka irenga itatu.

Uyu Mukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America yavuze ko atiyumvishaga uburyo iyi ntambara ishobora kugeza uyu munsi itararangira.

Icyakora ngo mugenzi we aramuzi ko atajya akina. Ubu ngo iherezo ryayo riri hafi. Ati “Ndatekereza ko iza kuba inama nziza, ariko inama y’ingenzi izaba iya kabiri. Hazabaho inama ya Perezida Putin, Zelenskyy nanjye. Dushobora kuzatumira n’Abanyaburayi. Turareba uko bigenda.

Ndatekereza ko Perezida Putin na Zelensky bashaka amahoro. Tuzareba uko babyitwaramo.

Ibi nibikunda; ndaba mpagaritse intamba esheshatu mu mezi atandatu. Ni byiza cyane. Ubundi mbere natekereza ko iyi ntambara ari yo yoroshye kuyihagarika, ariko nasanze ikomeye cyane.

Ndatekereza ko noneho ubu Perezida Putin ashaka kumvikana, kuko iyo nza kuba ntari Perezida; ubu aba yarafashe Ukraine yose.”

Yakomejenagira ati “Iyi nama igiye kureba muri Alaska kubera ko ari ho horoshye cyane. Ndatekereza ko biza kuba ari byiza, ariko ndibaza ko nko mu minota ibiri, itatu cyangwa itanu tukimara kwicara; ndaba natangiye kumenya niba iyi nama iza kugenda neza cyangwa nabi. Nigenda nabi; irasozwa vuba, ariko nirangira neza irarangira tugize ibyo twumvikana.”

Nubwo Perezida Trump avuga ibi; Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Viktorovich Lavrov akigera muri Alaska; yavuze ko Igihugu ntacyo cyiteze kidasanzwe.

Ati “Ntidushobora kugira icyo twitega mbere y’inama, tuzi ko hari ibyo dusaba kandi ni byo dushikamyeho, turanabisobanura rwose, hari byinshi byakozwe igihe intumwa idasanzwe ya Perezida Trump yazaga i Moscow. Perezida w’u Burusiya yarabisobanuye. Witkoff yavugaga mu mwanya wa Perezida trump. Ndatekereza ko tuza gukomera ibi biganiro by’ingenzi.”

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ingabo mu Bwongereza, John Healey yavuze ko bizeye ubushobozi bwa Perezida Trump.

Abanyaburayi bose bategereje kumva ikiva muri iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu byombi, aho bavuga ko mu biganirwaho uyu munsi hatarimo gufata umwanzuro wo gutanga ubutaka bwa Ukraine nk’ikiguzi cyo guhagarika intambara.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − nine =

Previous Post

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

Next Post

Language war: Kinyarwanda, French or English? Identity conflicts in homes, schools, and jobs

Related Posts

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Language war: Kinyarwanda, French or English? Identity conflicts in homes, schools, and jobs

Language war: Kinyarwanda, French or English? Identity conflicts in homes, schools, and jobs

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.