Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite

radiotv10by radiotv10
15/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump mbere yo guhura na Putin yagaragaje amakenga afite
Share on FacebookShare on Twitter

Mbere yuko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ahura na Vladmir Putin w’u Burusiya, yavuze ko afite impungenge ko ikiganiro bagirana gishobora kudatanga umusaruro mu kurangiza intambara imaze imyaka irenga itatu.

Uyu Mukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America yavuze ko atiyumvishaga uburyo iyi ntambara ishobora kugeza uyu munsi itararangira.

Icyakora ngo mugenzi we aramuzi ko atajya akina. Ubu ngo iherezo ryayo riri hafi. Ati “Ndatekereza ko iza kuba inama nziza, ariko inama y’ingenzi izaba iya kabiri. Hazabaho inama ya Perezida Putin, Zelenskyy nanjye. Dushobora kuzatumira n’Abanyaburayi. Turareba uko bigenda.

Ndatekereza ko Perezida Putin na Zelensky bashaka amahoro. Tuzareba uko babyitwaramo.

Ibi nibikunda; ndaba mpagaritse intamba esheshatu mu mezi atandatu. Ni byiza cyane. Ubundi mbere natekereza ko iyi ntambara ari yo yoroshye kuyihagarika, ariko nasanze ikomeye cyane.

Ndatekereza ko noneho ubu Perezida Putin ashaka kumvikana, kuko iyo nza kuba ntari Perezida; ubu aba yarafashe Ukraine yose.”

Yakomejenagira ati “Iyi nama igiye kureba muri Alaska kubera ko ari ho horoshye cyane. Ndatekereza ko biza kuba ari byiza, ariko ndibaza ko nko mu minota ibiri, itatu cyangwa itanu tukimara kwicara; ndaba natangiye kumenya niba iyi nama iza kugenda neza cyangwa nabi. Nigenda nabi; irasozwa vuba, ariko nirangira neza irarangira tugize ibyo twumvikana.”

Nubwo Perezida Trump avuga ibi; Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Viktorovich Lavrov akigera muri Alaska; yavuze ko Igihugu ntacyo cyiteze kidasanzwe.

Ati “Ntidushobora kugira icyo twitega mbere y’inama, tuzi ko hari ibyo dusaba kandi ni byo dushikamyeho, turanabisobanura rwose, hari byinshi byakozwe igihe intumwa idasanzwe ya Perezida Trump yazaga i Moscow. Perezida w’u Burusiya yarabisobanuye. Witkoff yavugaga mu mwanya wa Perezida trump. Ndatekereza ko tuza gukomera ibi biganiro by’ingenzi.”

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ingabo mu Bwongereza, John Healey yavuze ko bizeye ubushobozi bwa Perezida Trump.

Abanyaburayi bose bategereje kumva ikiva muri iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu byombi, aho bavuga ko mu biganirwaho uyu munsi hatarimo gufata umwanzuro wo gutanga ubutaka bwa Ukraine nk’ikiguzi cyo guhagarika intambara.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + nine =

Previous Post

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

Next Post

Language war: Kinyarwanda, French or English? Identity conflicts in homes, schools, and jobs

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Language war: Kinyarwanda, French or English? Identity conflicts in homes, schools, and jobs

Language war: Kinyarwanda, French or English? Identity conflicts in homes, schools, and jobs

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.