Saturday, October 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya ingaruka zasizwe n’imvura itamenyerewe mu Rwanda yaguye ijoro ryose ivanzemo n’inkuba

radiotv10by radiotv10
19/08/2025
in MU RWANDA
0
Menya ingaruka zasizwe n’imvura itamenyerewe mu Rwanda yaguye ijoro ryose ivanzemo n’inkuba
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi yatangaje ko ibiza byaturutse ku mvura yaguye mu ijoro ryo ku ya 17 rishyira ku ya 18 Kanama, byahitanye ubuzima bw’abantu batatu, abandi 11 barakomereka, hanangirika ibikorwa binyuranye birimo inzu zasenyutse.

Kuva mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 17 Kanama imvura yaraye igwa yambukiranya umunsi wo ku wa Mbere tariki 18 Kanama, mu gihe muri uku kwezi kudasanzwe kugwamo imvura nk’uko byasobanuwe n’ Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Ngonga Aristarque.

Yagize ati “Ubusanzwe ukwezi kwa Kanama ntabwo kurangwamo imvura, ariko ku wa 16 Kanama twagize imvura igwa hirya no hino mu Gihugu ndetse no mu ijoro ryacyeye yaguye igeza no mu gitondo.”

Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi yagaragaje ko abantu batatu bo mu Karere ka Burera bitabye Imana ubwo hagwaga iyi mvura, aho bakubiswe n’inkuba, mu gihe abandi 11 barimo batatu bo mu Karere ka Kamonyi n’umunani bo mu Karere ka Nyamasheke bakomeretse.

Bamwe muri bo bakubiswe n’inkuba, abandi bakomereka biturutse ku kwangirika kw’inzu biturutse ku mvura nyinshi.

Iyi Minisiteri kandi yagaragaje ko iyi mvura yaguye muri riruya joro yangije inzu zirindwi zirimo esheshatu zo mu Karere ka Kamonyi n’indi yo mu Karere ka musanze.

Ni mu gihe muri kiriya cyumweru cyose, imvura yaguye yahitanye abantu batanu bose hamwe, aho babiri bahitanywe n’imvura yaguye hagati ya tariki 11 na 16 z’uku kwezi.

Iyi mvura kandi yaguye muri ibyo bihe yakomerekeje abantu bane, isenya inzu 11 zo mu Turere twa Musanze, Kamonyi, Nyamagabe ndetse na Nyamasheke.

MINEMA irashishikariza buri wese gushyira mu bikorwa ingamba zo gukumira no kwirinda ingaruka z’ibiza mu gihe cy’imvura kugira ngo barusheho kubungabunga ubuzima bwabo no kwirinda ibihombo bitandukanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + thirteen =

Previous Post

Is virginity still viewed as a symbol of purity among Rwandan girls?

Next Post

Eng.–Three people lost their lives during unusual rainfall in Rwanda, accompanied by thunder

Related Posts

Kayonza: Igikekwa ku rupfu rw’umugabo, umugore n’umwana wabo basanzwe mu nzu barapfuye

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

by radiotv10
03/10/2025
0

Mu Kagari ka Rukara mu Murenge wa Rukara Karere ka Kayonza, abacukura amabuye y'agaciro mu buryo butemewe n’amategeko, birukankanye umushumba...

Mujye muzirikana ko gukorera Abanyarwanda ariwo murimo wanyu w’ibanze-P.Kagame abwira abinjiye muri RDF

Mujye muzirikana ko gukorera Abanyarwanda ariwo murimo wanyu w’ibanze-P.Kagame abwira abinjiye muri RDF

by radiotv10
03/10/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yabwiye Abofisiye binjiye muri RDF, ko bagomba guhora basirikana...

Nyuma y’amabwiriza asaba abayobora amadini mu Rwanda kuba baraminuje Tewolojiya bamwe barabyubahirije

Nyuma y’amabwiriza asaba abayobora amadini mu Rwanda kuba baraminuje Tewolojiya bamwe barabyubahirije

by radiotv10
03/10/2025
0

Nyuma yuko mu itegeko rigena imitunganyirize n’imikorere y’Imiryango ishingiye ku myemerere mu Rwanda hashyizwemo ko abayobora amadini n’amatorero  bagomba kuba...

Tombola yari imaze kumenyekana mu Rwanda ‘Inzozi Lotto’ yahagaritswe hatanganzwa n’impamvu

Tombola yari imaze kumenyekana mu Rwanda ‘Inzozi Lotto’ yahagaritswe hatanganzwa n’impamvu

by radiotv10
03/10/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rwambuye uruhushya rwari rwahawe Inzozi Lotto rwo gukoresha Tombola y’Igihugu, kuko itubahirije inshingano ziri...

Amakuru mashya: Brian Kagame ni umwe mu barahirira kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda

Amakuru mashya: Brian Kagame ni umwe mu barahirira kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda

by radiotv10
03/10/2025
0

Brian Kagame, bucura wa Perezida Paul Kagame, ni umwe mu Bofisiye barangije amasomo ya gisirikare hanze y’u Rwanda, bagiye kurahirira...

IZIHERUKA

Kayonza: Igikekwa ku rupfu rw’umugabo, umugore n’umwana wabo basanzwe mu nzu barapfuye
MU RWANDA

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

by radiotv10
03/10/2025
0

ZACU TV yinjiye mu mikoranire na RwandAir inamurika filimi nshya zirimo izo kwitega muri 2026

ZACU TV yinjiye mu mikoranire na RwandAir inamurika filimi nshya zirimo izo kwitega muri 2026

03/10/2025
Ku nshuro ya kabiri Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahawe impando y’imodoka y’akataraboneka n’umugabo we

Ku nshuro ya kabiri Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahawe impando y’imodoka y’akataraboneka n’umugabo we

03/10/2025
10 Must-watch movies this weekend: From thrills to romance

10 Must-watch movies this weekend: From thrills to romance

03/10/2025
Mujye muzirikana ko gukorera Abanyarwanda ariwo murimo wanyu w’ibanze-P.Kagame abwira abinjiye muri RDF

Mujye muzirikana ko gukorera Abanyarwanda ariwo murimo wanyu w’ibanze-P.Kagame abwira abinjiye muri RDF

03/10/2025
Nyuma y’amabwiriza asaba abayobora amadini mu Rwanda kuba baraminuje Tewolojiya bamwe barabyubahirije

Nyuma y’amabwiriza asaba abayobora amadini mu Rwanda kuba baraminuje Tewolojiya bamwe barabyubahirije

03/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.–Three people lost their lives during unusual rainfall in Rwanda, accompanied by thunder

Eng.–Three people lost their lives during unusual rainfall in Rwanda, accompanied by thunder

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

ZACU TV yinjiye mu mikoranire na RwandAir inamurika filimi nshya zirimo izo kwitega muri 2026

Ku nshuro ya kabiri Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahawe impando y’imodoka y’akataraboneka n’umugabo we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.