Tuesday, August 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya ingaruka zasizwe n’imvura itamenyerewe mu Rwanda yaguye ijoro ryose ivanzemo n’inkuba

radiotv10by radiotv10
19/08/2025
in MU RWANDA
0
Menya ingaruka zasizwe n’imvura itamenyerewe mu Rwanda yaguye ijoro ryose ivanzemo n’inkuba
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi yatangaje ko ibiza byaturutse ku mvura yaguye mu ijoro ryo ku ya 17 rishyira ku ya 18 Kanama, byahitanye ubuzima bw’abantu batatu, abandi 11 barakomereka, hanangirika ibikorwa binyuranye birimo inzu zasenyutse.

Kuva mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 17 Kanama imvura yaraye igwa yambukiranya umunsi wo ku wa Mbere tariki 18 Kanama, mu gihe muri uku kwezi kudasanzwe kugwamo imvura nk’uko byasobanuwe n’ Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Ngonga Aristarque.

Yagize ati “Ubusanzwe ukwezi kwa Kanama ntabwo kurangwamo imvura, ariko ku wa 16 Kanama twagize imvura igwa hirya no hino mu Gihugu ndetse no mu ijoro ryacyeye yaguye igeza no mu gitondo.”

Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi yagaragaje ko abantu batatu bo mu Karere ka Burera bitabye Imana ubwo hagwaga iyi mvura, aho bakubiswe n’inkuba, mu gihe abandi 11 barimo batatu bo mu Karere ka Kamonyi n’umunani bo mu Karere ka Nyamasheke bakomeretse.

Bamwe muri bo bakubiswe n’inkuba, abandi bakomereka biturutse ku kwangirika kw’inzu biturutse ku mvura nyinshi.

Iyi Minisiteri kandi yagaragaje ko iyi mvura yaguye muri riruya joro yangije inzu zirindwi zirimo esheshatu zo mu Karere ka Kamonyi n’indi yo mu Karere ka musanze.

Ni mu gihe muri kiriya cyumweru cyose, imvura yaguye yahitanye abantu batanu bose hamwe, aho babiri bahitanywe n’imvura yaguye hagati ya tariki 11 na 16 z’uku kwezi.

Iyi mvura kandi yaguye muri ibyo bihe yakomerekeje abantu bane, isenya inzu 11 zo mu Turere twa Musanze, Kamonyi, Nyamagabe ndetse na Nyamasheke.

MINEMA irashishikariza buri wese gushyira mu bikorwa ingamba zo gukumira no kwirinda ingaruka z’ibiza mu gihe cy’imvura kugira ngo barusheho kubungabunga ubuzima bwabo no kwirinda ibihombo bitandukanye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Is virginity still viewed as a symbol of purity among Rwandan girls?

Next Post

Eng.–Three people lost their lives during unusual rainfall in Rwanda, accompanied by thunder

Related Posts

Eng.-New nehicle emission tests to begin soon in Rwanda

Eng.-New nehicle emission tests to begin soon in Rwanda

by radiotv10
19/08/2025
0

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) has confirmed that a new vehicle emission testing program will officially begin on August...

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

by radiotv10
19/08/2025
1

Ikigo cy'lgihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) cyatangaje itariki izatangirizwaho ku mugaragaro gahunda yo gupima imyotsi y’ibinyabiziga mu buryo bwisumbuyeho, ireba...

Kamonyi: Umukozi w’ikigo cy’imari washatse kukiba 3.500.000Frw agatahurwa hamenyekanye uko yabyitwayemo

Hasobanuwe iby’urupfu rw’umusore wishwe nyuma yo gukiza abarwaniraga mu kabari n’ibyagezweho mu iperereza

by radiotv10
19/08/2025
0

Polisi yo mu Ntara y’Amajyepfo yatangaje ko yataye muri yombi abantu umunani bo mu Karere ka Kamonyi bakekwaho kugira uruhare...

Eng.–Three people lost their lives during unusual rainfall in Rwanda, accompanied by thunder

Eng.–Three people lost their lives during unusual rainfall in Rwanda, accompanied by thunder

by radiotv10
19/08/2025
0

The Ministry of Emergency Management has announced that disasters caused by the heavy rainfall that poured throughout the night of...

Is virginity still viewed as a symbol of purity among Rwandan girls?

Is virginity still viewed as a symbol of purity among Rwandan girls?

by radiotv10
19/08/2025
0

In many cultures around the world, virginity has long been viewed as a symbol of purity, honor, and family values...

IZIHERUKA

Eng.-New nehicle emission tests to begin soon in Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-New nehicle emission tests to begin soon in Rwanda

by radiotv10
19/08/2025
0

Umujenerali ufite amateka mu ishyaka riyoboye u Burundi byamenyekanye ko afunze n’icyo azira

Umujenerali ufite amateka mu ishyaka riyoboye u Burundi byamenyekanye ko afunze n’icyo azira

19/08/2025
Ibisobanuro by’Igihugu cya Kenya ku ishyirwaho ry’ugihagarariye mu gace kagenzurwa na AFC/M23

Ibisobanuro by’Igihugu cya Kenya ku ishyirwaho ry’ugihagarariye mu gace kagenzurwa na AFC/M23

19/08/2025
Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

Hamenyakanye igihe cyo gutangira gusuzumishirizaho ibinyabiziga ikizamini gishya mu Rwanda

19/08/2025
Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

19/08/2025
Kamonyi: Umukozi w’ikigo cy’imari washatse kukiba 3.500.000Frw agatahurwa hamenyekanye uko yabyitwayemo

Hasobanuwe iby’urupfu rw’umusore wishwe nyuma yo gukiza abarwaniraga mu kabari n’ibyagezweho mu iperereza

19/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.–Three people lost their lives during unusual rainfall in Rwanda, accompanied by thunder

Eng.–Three people lost their lives during unusual rainfall in Rwanda, accompanied by thunder

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-New nehicle emission tests to begin soon in Rwanda

Umujenerali ufite amateka mu ishyaka riyoboye u Burundi byamenyekanye ko afunze n’icyo azira

Ibisobanuro by’Igihugu cya Kenya ku ishyirwaho ry’ugihagarariye mu gace kagenzurwa na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.