Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere abarangije ayisumbuye mu Rwanda bagiye kumenya amanota mbere yuko amashuri atangira

radiotv10by radiotv10
20/08/2025
in MU RWANDA
0
Bwa mbere abarangije ayisumbuye mu Rwanda bagiye kumenya amanota mbere yuko amashuri atangira
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko amanota y’abakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025, azajya hanze mbere yuko uku kwezi kurangira, ibintu bibaye ku nshuro ya mbere, bizanafasha abashaka guhita bakomeza mu mashuri makuru na za Kaminuza, gutangirana n’abandi bitabasabye gutegereza umwaka wose nk’uko byari bisanzwe.

Byatangajwe na Minisitiri w’Uburezi, Dr Joseph Nsengimana nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Kanama 2025 hatangajwe amanota y’abarangije amashuri abanza n’abarangije icyiciro rusange cy’ayisumbuye.

Ni amanota yagiye hanze habura ibyumweru bitatu ngo umwaka w’amashuri wa 2025-2026 utangire, bizanorohereza abanyeshuri bagiye mu byiciro byisumbuyeho gutangirira rimwe na bagenzi babo.

Dr Nsengimana, avuga ko nyuma yo gutangaza aya manota y’abarangije amashuri abanza n’abarangije icyiciro rusange cy’ayisumbuye, hakurikiraho gutangaza ay’abarangije amashuri yisumbuye.

Yagize ati “Amanota y’abarangije A Level [amashuri yisumbuye] bazayabona mu mpera z’uku kwezi, ni ukuvuga bitarenze uku kwezi kwa munani.”

Avuga ko ari ubwa mbere aya manota agiye gusohoka mbere ugereranyije n’igihe yajyaga agira hanze, ku buryo bizanafasha abifuza guhita bakameza mu mashuri makuru na za kaminuza gukomeza, hatabayeho gutegereza umwaka wose.

Ati “Ubundi uko byari bisanzwe ntabwo bayabonaga mu kwezi kwa munani, bayabonaga nko mu kwezi kwa cumi cyangwa kwa cumi na rimwe, ariko icyo twakoze kwari ukugira ngo dukore ibishoboka kugira ngo ibizamini bikorwe, bikosorwe, amanota aboneke, abana bashobore gukomeza kwiga aho kugira ngo barindire umwaka wose.”

Minisitiri w’Uburezi avuga ko muri ibi byumweru bibiri Ikigo gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) kizaba kiri gushyira ku murongo amanota y’abarangije iki cyiciro cy’amashuri yisumbuye, ku buryo mu mpera z’uku kwezi azatangazwa.

Ni mu gihe amanota y’abarangije amashuri yisumbuye umwaka ushize wa 2023-2024 yagiye hanze mu kwezi k’Ukuboza 2025, hashize amezi atatu amashuri makuru na za kaminuza batangiye amasomo, kuko aya mashuri na yo atangira mu kwezi kwa Nzeri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 2 =

Previous Post

Hatangajwe ibigaragaza ko ubutegetsi bwa Congo bwiteguye gukaza imirwano buhanganyemo na AFC/M23

Next Post

Menya amasomo abanyeshuri batsinzwe kurusha ayandi mu bizamini bya Leta

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya amasomo abanyeshuri batsinzwe kurusha ayandi mu bizamini bya Leta

Menya amasomo abanyeshuri batsinzwe kurusha ayandi mu bizamini bya Leta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.