Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Havuzwe ahatekerezwa kuva igisubizo cy’umusaruro wabanye mwinshi abahinzi b’urutoki

radiotv10by radiotv10
22/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Havuzwe ahatekerezwa kuva igisubizo cy’umusaruro wabanye mwinshi abahinzi b’urutoki
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’urutoki bo mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe bataka kuburira isoko umusaruro wabo w’ibitoki, mu gihe Ubuyobozi bw’Akarere bubizeza kubashakira isoko mu Gihugu cy’abaturanyi cya Tanzania.

Aba bahinzi bavuga ko muri ibi bihe by’impeshyi ari bwo umusaruro w’ibitoki biribwa uboneka ku bwinshi, bigatuma bahura n’ibihombo kuko igiciro bagurirwaho kiba kiri hasi cyane ugereranyije n’ibyo baba bashoye.

Murunga Shadrack yagize ati “Iyo tugendeye ku mbaraga tuba twakoresheje ngo tubone igitoki kinini cy’ibiro mirongo irindwi, mirongo inani, ibilo ijana n’jana na makumyabiri, haba hagiyemo ifumbire nyinshi, hagiyemo amasaso menshi.

Ibyo rero iyo uhuje ibyo washoyemo igiciro kikagabanuka bya bishoro ntibivamo. Twifuza yuko nko mu gihe nk’iki tuba dufite ibitoki byinshi nkuko badusabye kuzikorera neza banatwigisha ukuntu twakongerera agaciro icyo gitoki none za mbaraga n’ibishoro twashyizemo bikabasha kuboneka.”

Ndayambaje Emmanuel ari na we ukuriye Koperative y’abahinzi b’urutoki muri Mushikiri na we yagize ati “Ibitoki bitangira kuboneka mu kwa Gatandatu kugeza mu kwa Cyenda biba ari byinshi tudashobora kubona abo tubigurisha mu mpenshyi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno avuga ko ubuyobozi buzi iki kibazo kandi bari kukiganirago kugira ngo kibonerwe umuti.

Ati “Ubundi babitwara i Kigali ariko twarimo tuganira na hano hakurya mu Gihugu cy’abaturanyi cya Tanzaniya hari igihe baba babikeneye cyangwa n’ahandi haba mu bigo by’amashuri, iryo soko bashobora kurigemuraho.”

Yavuze kandi ko hari uburyo bushobora kwifashishwa bwo guhunika umusaruro wabo. Ati “Ibyo twumvise bikorwa mu Ntara y’Amajyepfo ni byo tugiye kureba uko bahunika ibitoki no kureba ko babikoramo ibindi bintu nka Biswi n’ibindi, ni byo tugiye gufasha abahinzi mbere na mbere tubanze dukore urugendoshuri tunarebe uko bikorwa noneho dushyireho uburyo n’iwacu twabikora.”

Aba bahinzi b’umwuga b’urutoki muri uyu Murenge wa Mushikiri, bahinga ku buso buhuje bungana na Hegitari 380, aho ku munsi bashobora gusarura umusaruro ungana Toni 70 guhera mu kwezi kwa Gatandatu kugeza mu kwa Cyenda.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

Next Post

Eng.-Rwandan Parliament Speaker enjoys visit to Akagera National Park

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Rwandan Parliament Speaker enjoys visit to Akagera National Park

Eng.-Rwandan Parliament Speaker enjoys visit to Akagera National Park

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.