Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Havuzwe ahatekerezwa kuva igisubizo cy’umusaruro wabanye mwinshi abahinzi b’urutoki

radiotv10by radiotv10
22/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Havuzwe ahatekerezwa kuva igisubizo cy’umusaruro wabanye mwinshi abahinzi b’urutoki
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’urutoki bo mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe bataka kuburira isoko umusaruro wabo w’ibitoki, mu gihe Ubuyobozi bw’Akarere bubizeza kubashakira isoko mu Gihugu cy’abaturanyi cya Tanzania.

Aba bahinzi bavuga ko muri ibi bihe by’impeshyi ari bwo umusaruro w’ibitoki biribwa uboneka ku bwinshi, bigatuma bahura n’ibihombo kuko igiciro bagurirwaho kiba kiri hasi cyane ugereranyije n’ibyo baba bashoye.

Murunga Shadrack yagize ati “Iyo tugendeye ku mbaraga tuba twakoresheje ngo tubone igitoki kinini cy’ibiro mirongo irindwi, mirongo inani, ibilo ijana n’jana na makumyabiri, haba hagiyemo ifumbire nyinshi, hagiyemo amasaso menshi.

Ibyo rero iyo uhuje ibyo washoyemo igiciro kikagabanuka bya bishoro ntibivamo. Twifuza yuko nko mu gihe nk’iki tuba dufite ibitoki byinshi nkuko badusabye kuzikorera neza banatwigisha ukuntu twakongerera agaciro icyo gitoki none za mbaraga n’ibishoro twashyizemo bikabasha kuboneka.”

Ndayambaje Emmanuel ari na we ukuriye Koperative y’abahinzi b’urutoki muri Mushikiri na we yagize ati “Ibitoki bitangira kuboneka mu kwa Gatandatu kugeza mu kwa Cyenda biba ari byinshi tudashobora kubona abo tubigurisha mu mpenshyi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno avuga ko ubuyobozi buzi iki kibazo kandi bari kukiganirago kugira ngo kibonerwe umuti.

Ati “Ubundi babitwara i Kigali ariko twarimo tuganira na hano hakurya mu Gihugu cy’abaturanyi cya Tanzaniya hari igihe baba babikeneye cyangwa n’ahandi haba mu bigo by’amashuri, iryo soko bashobora kurigemuraho.”

Yavuze kandi ko hari uburyo bushobora kwifashishwa bwo guhunika umusaruro wabo. Ati “Ibyo twumvise bikorwa mu Ntara y’Amajyepfo ni byo tugiye kureba uko bahunika ibitoki no kureba ko babikoramo ibindi bintu nka Biswi n’ibindi, ni byo tugiye gufasha abahinzi mbere na mbere tubanze dukore urugendoshuri tunarebe uko bikorwa noneho dushyireho uburyo n’iwacu twabikora.”

Aba bahinzi b’umwuga b’urutoki muri uyu Murenge wa Mushikiri, bahinga ku buso buhuje bungana na Hegitari 380, aho ku munsi bashobora gusarura umusaruro ungana Toni 70 guhera mu kwezi kwa Gatandatu kugeza mu kwa Cyenda.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

Next Post

Eng.-Rwandan Parliament Speaker enjoys visit to Akagera National Park

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Rwandan Parliament Speaker enjoys visit to Akagera National Park

Eng.-Rwandan Parliament Speaker enjoys visit to Akagera National Park

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.