• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Havuzwe ahatekerezwa kuva igisubizo cy’umusaruro wabanye mwinshi abahinzi b’urutoki

radiotv10by radiotv10
22/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Havuzwe ahatekerezwa kuva igisubizo cy’umusaruro wabanye mwinshi abahinzi b’urutoki
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’urutoki bo mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe bataka kuburira isoko umusaruro wabo w’ibitoki, mu gihe Ubuyobozi bw’Akarere bubizeza kubashakira isoko mu Gihugu cy’abaturanyi cya Tanzania.

Aba bahinzi bavuga ko muri ibi bihe by’impeshyi ari bwo umusaruro w’ibitoki biribwa uboneka ku bwinshi, bigatuma bahura n’ibihombo kuko igiciro bagurirwaho kiba kiri hasi cyane ugereranyije n’ibyo baba bashoye.

Murunga Shadrack yagize ati “Iyo tugendeye ku mbaraga tuba twakoresheje ngo tubone igitoki kinini cy’ibiro mirongo irindwi, mirongo inani, ibilo ijana n’jana na makumyabiri, haba hagiyemo ifumbire nyinshi, hagiyemo amasaso menshi.

Ibyo rero iyo uhuje ibyo washoyemo igiciro kikagabanuka bya bishoro ntibivamo. Twifuza yuko nko mu gihe nk’iki tuba dufite ibitoki byinshi nkuko badusabye kuzikorera neza banatwigisha ukuntu twakongerera agaciro icyo gitoki none za mbaraga n’ibishoro twashyizemo bikabasha kuboneka.”

Ndayambaje Emmanuel ari na we ukuriye Koperative y’abahinzi b’urutoki muri Mushikiri na we yagize ati “Ibitoki bitangira kuboneka mu kwa Gatandatu kugeza mu kwa Cyenda biba ari byinshi tudashobora kubona abo tubigurisha mu mpenshyi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno avuga ko ubuyobozi buzi iki kibazo kandi bari kukiganirago kugira ngo kibonerwe umuti.

Ati “Ubundi babitwara i Kigali ariko twarimo tuganira na hano hakurya mu Gihugu cy’abaturanyi cya Tanzaniya hari igihe baba babikeneye cyangwa n’ahandi haba mu bigo by’amashuri, iryo soko bashobora kurigemuraho.”

Yavuze kandi ko hari uburyo bushobora kwifashishwa bwo guhunika umusaruro wabo. Ati “Ibyo twumvise bikorwa mu Ntara y’Amajyepfo ni byo tugiye kureba uko bahunika ibitoki no kureba ko babikoramo ibindi bintu nka Biswi n’ibindi, ni byo tugiye gufasha abahinzi mbere na mbere tubanze dukore urugendoshuri tunarebe uko bikorwa noneho dushyireho uburyo n’iwacu twabikora.”

Aba bahinzi b’umwuga b’urutoki muri uyu Murenge wa Mushikiri, bahinga ku buso buhuje bungana na Hegitari 380, aho ku munsi bashobora gusarura umusaruro ungana Toni 70 guhera mu kwezi kwa Gatandatu kugeza mu kwa Cyenda.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + ten =

Previous Post

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

Next Post

Eng.-Rwandan Parliament Speaker enjoys visit to Akagera National Park

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Eng.-Rwandan Parliament Speaker enjoys visit to Akagera National Park

Eng.-Rwandan Parliament Speaker enjoys visit to Akagera National Park

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.