Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
21/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu, gitangaza ko Indangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangwa, itazagaragaza amakuru menshi ya nyirayo, kuko izaba iriho ifoto na nimero gusa, kandi igafasha abantu kubona serivisi byihuse, ku buryo nk’iyo babonaga nyuma y’ukwezi bashobora kuzajya bayibona mu masaha abarirwa ku ntoki.

Byatangajwe na Manago Dieudonné, Umuyobozi Mukuru Ushinzwe ikorwa n’ikwirakwizwa ry’Irangamuntu-Koranabuhanga mu Kigo cy’Igihugu cy’Irangamuntu NIDA.

Avuga ko uyu mushinga w’Indangamuntu Koranabuhanga, watangiye mu mwaka wa 2023 ari na bwo hagiyeho itegeko riyiteganya, hagahita hatangira ibikorwa byo kwitegura kurishyira mu bikorwa.

Iyi Ndangamuntu ijyanye n’itegeko rijyanye no kubungabunga amakuru bwite y’umuntu ndetse n’Itegeko ryo muri uriya mwaka wa 2023 ry’Indangamuntu-Koranabuhanga.

Ati “Ni Indangamuntu rero ije tugeze mu gihe cy’ikoranabuhanga rigeze ku rwego rwo hejuru aho bifuza ko iyo ndangamuntu-koranabuhanga izagira uruhare rukomeye mu itangwa rya serivisi cyane cyane ko niba tuvuga ngo twateye imbere mu ikoranabuhanga, serivisi yakagombye guhabwa umuturage yihuse cyane mu buryo bwose bushoboka ugereranyije n’igihe tuvuyemo.”

Akomeza agira ati “Tuvuge niba wabonaga serivisi mu gihe cy’iminsi itanu cyangwa se mu gihe cy’ukwezi, ya serivisi washoboraga kubona mu gihe cy’ukwezi ukaba wayibona mu masaha nk’atatu cyangwa nk’atanu, cyangwa se ukaba wayibona ako kanya kubera ko hariho ikoranabuhanga ryorohereza itangwa rya serivisi.”

Akomeza avuga ko iyi Ndangamuntu izaza iha imbaraga ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga, nk’uko byifashishwa mu buryo bw’ubukungu, aho umuntu aba ashobora gukura amafaranga kuri konti ye atavuye aho ari, cyangwa umuntu akayoherereza undi yibereye mu rugo cyangwa ngo agire undi muntu umufasha mu rugendo rwo guhabwa iyo serivisi.

Ati “Muri iyo digital economy hakenewe iyo Ndangamuntu koranabuhanga kugira ngo yihutishe izo serivisi.”

 

Imiterere yayo irihariye

Manago Dieudonné avuga ko Indangamuntu yari isanzwe ikoreshwa na yo yari iy’ikoranabuhanga, ariko ko igiye gukoreshwa ubu ifite iryisumbuyeho.

Ati “Cyane cyane ko yari ishingiye ku bikumwe bibiri, wenda akarusho ni uko tugiye kujya ku ntoki icumi n’imboni z’amaso, n’isura, kandi ibyo byose bikaba bifite sisiteme ibigenzura.”

Avuga ko ibi bizanarandura uburiganya bwashoboraga kubaho bwatumaga hari umuntu ushobora gukoresha irangamuntu ebyiri.

Avuga ko iyi Ndangamuntu-Koranabuhanga, ku bayisanganywe, bazakomeza kugira nimero z’iyari isanzwe, kandi umuntu akazagira amahitamo y’uburyo yifuza kuyitunga.

Ati “Wowe nyiri ubwite ushobora guhitamo bakayigushyirira muri smart phone cyangwa bakayigupuritingira (Printing). Ni indangamuntu izaba iriho ifoto yawe na nimero y’irangamuntu, ntayandi makuru ariho. Wayita utayita, nimero yayo izakomeza kuba ya yindi, bitandukanye n’iyari iriho.”

Manago avuga ko mu gutanga iyi Ndangamuntu Koranabuhanga, umuntu azaba anafite uburyo bworoshye bwo gukosoza amakosa yaba yakozwe mu gukora iyi Ndangamuntu, kimwe no kujyanisha amakuru y’imyirondoro igezweho, ku buryo umuntu nazajya ashaka gukora ‘update’ y’aho atuye cyangwa andi makuru agezweho kuri we, bizajya bikorwa mu buryo bworoshye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki

Next Post

Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.