Monday, October 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
21/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu, gitangaza ko Indangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangwa, itazagaragaza amakuru menshi ya nyirayo, kuko izaba iriho ifoto na nimero gusa, kandi igafasha abantu kubona serivisi byihuse, ku buryo nk’iyo babonaga nyuma y’ukwezi bashobora kuzajya bayibona mu masaha abarirwa ku ntoki.

Byatangajwe na Manago Dieudonné, Umuyobozi Mukuru Ushinzwe ikorwa n’ikwirakwizwa ry’Irangamuntu-Koranabuhanga mu Kigo cy’Igihugu cy’Irangamuntu NIDA.

Avuga ko uyu mushinga w’Indangamuntu Koranabuhanga, watangiye mu mwaka wa 2023 ari na bwo hagiyeho itegeko riyiteganya, hagahita hatangira ibikorwa byo kwitegura kurishyira mu bikorwa.

Iyi Ndangamuntu ijyanye n’itegeko rijyanye no kubungabunga amakuru bwite y’umuntu ndetse n’Itegeko ryo muri uriya mwaka wa 2023 ry’Indangamuntu-Koranabuhanga.

Ati “Ni Indangamuntu rero ije tugeze mu gihe cy’ikoranabuhanga rigeze ku rwego rwo hejuru aho bifuza ko iyo ndangamuntu-koranabuhanga izagira uruhare rukomeye mu itangwa rya serivisi cyane cyane ko niba tuvuga ngo twateye imbere mu ikoranabuhanga, serivisi yakagombye guhabwa umuturage yihuse cyane mu buryo bwose bushoboka ugereranyije n’igihe tuvuyemo.”

Akomeza agira ati “Tuvuge niba wabonaga serivisi mu gihe cy’iminsi itanu cyangwa se mu gihe cy’ukwezi, ya serivisi washoboraga kubona mu gihe cy’ukwezi ukaba wayibona mu masaha nk’atatu cyangwa nk’atanu, cyangwa se ukaba wayibona ako kanya kubera ko hariho ikoranabuhanga ryorohereza itangwa rya serivisi.”

Akomeza avuga ko iyi Ndangamuntu izaza iha imbaraga ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga, nk’uko byifashishwa mu buryo bw’ubukungu, aho umuntu aba ashobora gukura amafaranga kuri konti ye atavuye aho ari, cyangwa umuntu akayoherereza undi yibereye mu rugo cyangwa ngo agire undi muntu umufasha mu rugendo rwo guhabwa iyo serivisi.

Ati “Muri iyo digital economy hakenewe iyo Ndangamuntu koranabuhanga kugira ngo yihutishe izo serivisi.”

 

Imiterere yayo irihariye

Manago Dieudonné avuga ko Indangamuntu yari isanzwe ikoreshwa na yo yari iy’ikoranabuhanga, ariko ko igiye gukoreshwa ubu ifite iryisumbuyeho.

Ati “Cyane cyane ko yari ishingiye ku bikumwe bibiri, wenda akarusho ni uko tugiye kujya ku ntoki icumi n’imboni z’amaso, n’isura, kandi ibyo byose bikaba bifite sisiteme ibigenzura.”

Avuga ko ibi bizanarandura uburiganya bwashoboraga kubaho bwatumaga hari umuntu ushobora gukoresha irangamuntu ebyiri.

Avuga ko iyi Ndangamuntu-Koranabuhanga, ku bayisanganywe, bazakomeza kugira nimero z’iyari isanzwe, kandi umuntu akazagira amahitamo y’uburyo yifuza kuyitunga.

Ati “Wowe nyiri ubwite ushobora guhitamo bakayigushyirira muri smart phone cyangwa bakayigupuritingira (Printing). Ni indangamuntu izaba iriho ifoto yawe na nimero y’irangamuntu, ntayandi makuru ariho. Wayita utayita, nimero yayo izakomeza kuba ya yindi, bitandukanye n’iyari iriho.”

Manago avuga ko mu gutanga iyi Ndangamuntu Koranabuhanga, umuntu azaba anafite uburyo bworoshye bwo gukosoza amakosa yaba yakozwe mu gukora iyi Ndangamuntu, kimwe no kujyanisha amakuru y’imyirondoro igezweho, ku buryo umuntu nazajya ashaka gukora ‘update’ y’aho atuye cyangwa andi makuru agezweho kuri we, bizajya bikorwa mu buryo bworoshye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki

Next Post

Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

Related Posts

Former genocide convict Emmanuel Ndindabahizi dies in Benin while serving life sentence

Former genocide convict Emmanuel Ndindabahizi dies in Benin while serving life sentence

by radiotv10
13/10/2025
0

Former Minister of Finance Emmanuel Ndindabahizi, who served only three months in the transitional government, has passed away in Benin...

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

by radiotv10
13/10/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwashyize hanze itangazo rimenyesha Abanyarwanda bose bifuza kwinjiramo ku rwego rwa Ofisiye, itariki yo gutangira...

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

by radiotv10
13/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu muhanda Kigali-Muhanga, habaye impanuka yabereye mu Karere ka Kamonyi, yabangamiye urujya n’uruza rw’ibinyabiziga muri...

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

by radiotv10
13/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko hagiye gutangira ibikorwa byo kwiyandikisha ku nkumi n'abasore bifuza kuyinjiramo ku rwego rw’abapolisi bato, birimo...

Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

by radiotv10
13/10/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yongeye gukangurira abantu gukora imyitozo ngororamubiri, agaragaza iyo bakora kugira ngo bagabanye ibyago kugeza kuri...

IZIHERUKA

Former genocide convict Emmanuel Ndindabahizi dies in Benin while serving life sentence
MU RWANDA

Former genocide convict Emmanuel Ndindabahizi dies in Benin while serving life sentence

by radiotv10
13/10/2025
0

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

13/10/2025
AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

13/10/2025
Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Amayobera ku cyatumye uruhande ruhanganye na AFC/M23 rufata icyemezo gitunguranye

13/10/2025
Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

13/10/2025
Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

13/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Former genocide convict Emmanuel Ndindabahizi dies in Benin while serving life sentence

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.