Thursday, August 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akagari kavuzweho gufungirwamo abaturage hari abandi barimo umugore utwite bahafungiwe bazira isuku nke

radiotv10by radiotv10
21/08/2025
in MU RWANDA
0
Umuyobozi uvugwaho gufungira abaturage mu biro by’Akagari yatawe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, baravuga ko bagenzi babo umunani barimo umugore utwite bafungiwe ku Biro by’Akagari mu cyumba kimwe ari abagabo n’abagore, ngo bazizwa kutagira ubwiherero bumeze neza n’isuku nke.

Aba bantu bafunzwe kuva ku isaha ya saa sita z’amanywa zo ku wa Gatatu ku mpamvu zirimo kutagira ubwiherero no kugaragaza isuku nke.

Umugore witwa Uwingeneye Anonsiyata ufite inda nk’uko bivugwa n’umugabo we Niyonkuru Vincent, ari mu bagore batatu bafunganywe n’abagabo batanu.

Niyonkuru Vincent ati “Bamufashe saa sita nibwo nari nkiva mu kazi abantu barambwira ngo baramujyanye. Ikibazo ngo ni ubwiherero budasakaye kandi nari ndi gushaka amafaranga yo kugura ibati ngo mbusakare. Aratwite afite inda igeze mu mezi kandi ijya imukoroga.”

Undi muturage wahaye amakuru atabariza bagenzi be bafunzwe muri ubwo buryo, yabwiye RADIOTV10 ko babafungiye hamwe ari abagabo n’abagore ndeste ko babujijwe uburenganzira bwo kujya ku bwiherero.

Ati “Ikibabaje ni uko abagore n’abagabo babavanze, kandi bakaba banze ko banjya kuri wese.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gikundamvura, Sindayiheba Aphrodis yemereye RADIOTV10 ko aba baturage bafungiwe mu Biro by’Akagari, mu rwego rwo kugira ngo baganirizwe ngo bisubireho ku bijyanye n’isuku.

Yagize ati “Abaturage bahari ku buryo buzwi, ni gahunda turimo yo kuganiriza abaturage bafite isuku nke, harimo n’abatagira ubwiherero cyangwa abafite ubukoze nabi, n’umwanda muri rusange cyangwa isuku nke. Rero bari kuganirizwa buri wese ukwe akaniyemeza ingamb aagiye gufata.”

Ubwo iyi nkuru yandikwaga, hari amakuru yamenyekanye ko abagore batatu bari kumwe n’abagabo batanu bo bari bamaze kurekurwa batashye.

Si ubwa mbere abaturage bo muri aka Kagari bumvikanye bataka gufungirwa mu biro byako kuko hari abo Umunyamakuru aherutse gusanga babiri bari bafunzwe na Gitifu w’aka kagari, aho ngo bari basabwe gutanga amafaranga ngo barekurwe umwe akayatanga undi akararamo.

Icyo gihe Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel yari yavuze ko gufungira abaturage mu Kagari muri ubwo buryo biramutse ari byo kwaba ari ukubahohotera kandi ko bitemewe ndetse ko byari bigiye gukurikiranwa, icyakora na nyuma uyu muyobozi yakomeje kuhafungira abaturage.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 12 =

Previous Post

Umubare w’abandura icyorezo cya Korera muri Sudan ukomeje gutumbagira

Next Post

Ikivugwaho gutera isubikwa ry’urubanza ruregwamo abarimo abasirikare ba RDF n’abanyamakuru

Related Posts

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

by radiotv10
21/08/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs, Olivier Nduhungirehe, has urged the international community and African partners to act with urgency in...

Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

by radiotv10
21/08/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo kuzamura igipimo cy’inyungu fatizo kiva kuri 6,50% gishyirwa kuri 6,75% mu rwego rwo...

Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

by radiotv10
21/08/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yabonanye n’Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Murimo, Ahunna Eziakonwa,...

Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

by radiotv10
21/08/2025
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu, gitangaza ko Indangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangwa, itazagaragaza amakuru menshi ya nyirayo, kuko izaba iriho ifoto na nimero...

Eng.-Some vehicle owners exempted from the new emission test starting in Rwanda

Eng.-Some vehicle owners exempted from the new emission test starting in Rwanda

by radiotv10
21/08/2025
0

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) announced that vehicle owners who already hold a valid Automobile Inspection Certificate (Contrôle technique)...

IZIHERUKA

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa
MU RWANDA

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

by radiotv10
21/08/2025
0

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

21/08/2025
Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

21/08/2025
Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

21/08/2025
Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

21/08/2025
APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki

APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki

21/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Ikivugwaho gutera isubikwa ry’urubanza ruregwamo abarimo abasirikare ba RDF n’abanyamakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.