• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki

radiotv10by radiotv10
21/08/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwatangaje ko Shampiyona ya 2025-2026 izatangira tariki 12 Nzeri 2025, ibintu byatumye ikipe ya APR FC ifite igikombe cya 2024-25, ishobora kuzatangira na ikirarane kubera irushanwa izaba igomba kwitabira.

Iyi shamiyona kandi izarangira tariki 24 Gicurasi 2026, mu gihe hari hatangajwe ko iyi Shampiyona yari gutangira ku ya 15 Kanama 2025 ariko biza kugongana n’imikino ya gicuti yateguwe na APR FC ‘Inkera y’Abahizi’ ndetse n’iya Rayon Sports FC ‘Rayon Day’.

Ibi byose byanagonganye n’uko ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ ifite imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi izaba mu ntangiriro z’ukwezi gutaha kwa Nzeri aho ku ya 06 izasura Nigeria, naho ku ya 09 igasura Zimbabwe.

APR FC ifite igikombe cya Shampiyona giheruka, izatangirana ikirarane kuko bishoboka ko izaba ikiri muri CECAFA Kagame Cup iteganyijwe gutangira ku ya 31 Kanama igasozwa ku ya 14 Nzeri 2025.

Umukozi umwe muri Rwanda Premier League yabwiye RADIOTV10 ko mu gihe APR FC yazitabira CECAFA yazatangirana ikirarane cyo ku munsi wa mbere wa shampiyona mu gihe yazaba yageze kure muri iryo rushanwa.

Ati “Iyi tariki ya 12 Nzeri, Amavubi azaba yaragarutse, ntitwapanga shampiyona mu mataliki ya FIFA, ariko APR FC ishobora kuzatangirana ikirarane kuko mu gihe izaba yageze kure muri CECEFA izaba itaragaruka, ariko biruta gukomeza gutegereza.”

Izindi mpungenge ni igihe Super Cup igomba guhuza APR FC na Rayon Sports FC izakinirwa, kuko ku busanzwe iki gikombe ari cyo cyabanzirizaga shampiyona, ariko icyo gihe APR FC izaba iri muri CECAFA.

Umwe mu bakozi ba FERWAFA yavuze ko ibya Super Cup bikiri amayobera. Yagize ati “Super Cup ishobora kuzaba hagati muri shampiyona cyangwa ntibe, kuko amatariki akomeje kugorana.”

Kugeza magingo aya, APR FC yemeje ko izitabira iri rushanwa CECAFA Kagame Cup rya 2025 riteganyijwe kubera i Dar Es Salaam muri Tanzania, ariko ubuyobozi bwa CECAFA ntiburatangaza amakipe yose yemeje kuzaryitabira yewe nta n’ibindi biryerekeyeho byari byatangazwa.

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 5 =

Previous Post

Umugore w’umuhanzi Jose Chameleone arashaka 60% by’umutungo w’umugabo we muri gatanya asaba

Next Post

Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.