Thursday, August 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki

radiotv10by radiotv10
21/08/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwatangaje ko Shampiyona ya 2025-2026 izatangira tariki 12 Nzeri 2025, ibintu byatumye ikipe ya APR FC ifite igikombe cya 2024-25, ishobora kuzatangira na ikirarane kubera irushanwa izaba igomba kwitabira.

Iyi shamiyona kandi izarangira tariki 24 Gicurasi 2026, mu gihe hari hatangajwe ko iyi Shampiyona yari gutangira ku ya 15 Kanama 2025 ariko biza kugongana n’imikino ya gicuti yateguwe na APR FC ‘Inkera y’Abahizi’ ndetse n’iya Rayon Sports FC ‘Rayon Day’.

Ibi byose byanagonganye n’uko ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ ifite imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi izaba mu ntangiriro z’ukwezi gutaha kwa Nzeri aho ku ya 06 izasura Nigeria, naho ku ya 09 igasura Zimbabwe.

APR FC ifite igikombe cya Shampiyona giheruka, izatangirana ikirarane kuko bishoboka ko izaba ikiri muri CECAFA Kagame Cup iteganyijwe gutangira ku ya 31 Kanama igasozwa ku ya 14 Nzeri 2025.

Umukozi umwe muri Rwanda Premier League yabwiye RADIOTV10 ko mu gihe APR FC yazitabira CECAFA yazatangirana ikirarane cyo ku munsi wa mbere wa shampiyona mu gihe yazaba yageze kure muri iryo rushanwa.

Ati “Iyi tariki ya 12 Nzeri, Amavubi azaba yaragarutse, ntitwapanga shampiyona mu mataliki ya FIFA, ariko APR FC ishobora kuzatangirana ikirarane kuko mu gihe izaba yageze kure muri CECEFA izaba itaragaruka, ariko biruta gukomeza gutegereza.”

Izindi mpungenge ni igihe Super Cup igomba guhuza APR FC na Rayon Sports FC izakinirwa, kuko ku busanzwe iki gikombe ari cyo cyabanzirizaga shampiyona, ariko icyo gihe APR FC izaba iri muri CECAFA.

Umwe mu bakozi ba FERWAFA yavuze ko ibya Super Cup bikiri amayobera. Yagize ati “Super Cup ishobora kuzaba hagati muri shampiyona cyangwa ntibe, kuko amatariki akomeje kugorana.”

Kugeza magingo aya, APR FC yemeje ko izitabira iri rushanwa CECAFA Kagame Cup rya 2025 riteganyijwe kubera i Dar Es Salaam muri Tanzania, ariko ubuyobozi bwa CECAFA ntiburatangaza amakipe yose yemeje kuzaryitabira yewe nta n’ibindi biryerekeyeho byari byatangazwa.

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 10 =

Previous Post

Umugore w’umuhanzi Jose Chameleone arashaka 60% by’umutungo w’umugabo we muri gatanya asaba

Next Post

Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

Related Posts

Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe Rayon mu kirego yarezwe muri FIFA n’uwari umutoza wayo

Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe Rayon mu kirego yarezwe muri FIFA n’uwari umutoza wayo

by radiotv10
18/08/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yategetse Ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports kwishyura Robertinho ibihumbi 22,5 USD (arenga miliyoni 30...

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

by radiotv10
15/08/2025
0

Mu gikorwa cyiswe ‘Ijoro ry'Intare’ cyateguwe n'Abakunzi b'ikipe ya APR FC, abagera kuri 30 bakunda iyi kipe bakusanyije Miliyoni 418...

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

by radiotv10
15/08/2025
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwasabye abakunzi b’iyi kipe bakozwe ku mutima n’ifungwa rya bamwe muri bo bafite ibyo bakurikiranyweho, kubyihanganira,...

Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Eng.-Minister Mukazayire’s message to a talented American basketball player before his departure

by radiotv10
14/08/2025
0

The Minister of Sports, Nelly Mukazayire, received basketball player Nate Ament, a rising talent in the United States with Rwandan...

Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

by radiotv10
14/08/2025
0

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yakiriye umukinnyi wa Basketball Nate Ament uhanzwe amaso muri Leta Zunze Ubumwe za America ufite...

IZIHERUKA

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa
MU RWANDA

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

by radiotv10
21/08/2025
0

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

21/08/2025
Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

21/08/2025
Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

21/08/2025
Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

21/08/2025
APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki

APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki

21/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.