Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki

radiotv10by radiotv10
21/08/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwatangaje ko Shampiyona ya 2025-2026 izatangira tariki 12 Nzeri 2025, ibintu byatumye ikipe ya APR FC ifite igikombe cya 2024-25, ishobora kuzatangira na ikirarane kubera irushanwa izaba igomba kwitabira.

Iyi shamiyona kandi izarangira tariki 24 Gicurasi 2026, mu gihe hari hatangajwe ko iyi Shampiyona yari gutangira ku ya 15 Kanama 2025 ariko biza kugongana n’imikino ya gicuti yateguwe na APR FC ‘Inkera y’Abahizi’ ndetse n’iya Rayon Sports FC ‘Rayon Day’.

Ibi byose byanagonganye n’uko ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ ifite imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi izaba mu ntangiriro z’ukwezi gutaha kwa Nzeri aho ku ya 06 izasura Nigeria, naho ku ya 09 igasura Zimbabwe.

APR FC ifite igikombe cya Shampiyona giheruka, izatangirana ikirarane kuko bishoboka ko izaba ikiri muri CECAFA Kagame Cup iteganyijwe gutangira ku ya 31 Kanama igasozwa ku ya 14 Nzeri 2025.

Umukozi umwe muri Rwanda Premier League yabwiye RADIOTV10 ko mu gihe APR FC yazitabira CECAFA yazatangirana ikirarane cyo ku munsi wa mbere wa shampiyona mu gihe yazaba yageze kure muri iryo rushanwa.

Ati “Iyi tariki ya 12 Nzeri, Amavubi azaba yaragarutse, ntitwapanga shampiyona mu mataliki ya FIFA, ariko APR FC ishobora kuzatangirana ikirarane kuko mu gihe izaba yageze kure muri CECEFA izaba itaragaruka, ariko biruta gukomeza gutegereza.”

Izindi mpungenge ni igihe Super Cup igomba guhuza APR FC na Rayon Sports FC izakinirwa, kuko ku busanzwe iki gikombe ari cyo cyabanzirizaga shampiyona, ariko icyo gihe APR FC izaba iri muri CECAFA.

Umwe mu bakozi ba FERWAFA yavuze ko ibya Super Cup bikiri amayobera. Yagize ati “Super Cup ishobora kuzaba hagati muri shampiyona cyangwa ntibe, kuko amatariki akomeje kugorana.”

Kugeza magingo aya, APR FC yemeje ko izitabira iri rushanwa CECAFA Kagame Cup rya 2025 riteganyijwe kubera i Dar Es Salaam muri Tanzania, ariko ubuyobozi bwa CECAFA ntiburatangaza amakipe yose yemeje kuzaryitabira yewe nta n’ibindi biryerekeyeho byari byatangazwa.

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − six =

Previous Post

Umugore w’umuhanzi Jose Chameleone arashaka 60% by’umutungo w’umugabo we muri gatanya asaba

Next Post

Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

Related Posts

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Nyuma yo guhanishwa na CAF imikino itanu no gucibwa amande angana n’amadolari ibihumbi 100 ($100,000), umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal,...

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.