Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abafana ba APR bakwiye kugira impungenge cyangwa bikomeze byitwe Pre-Season?

radiotv10by radiotv10
23/08/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abafana ba APR bakwiye kugira impungenge cyangwa bikomeze byitwe Pre-Season?
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya APR FC imaze gutsindwa imikino ibiri mu irushanwa yateguye ryiswe ‘Inkera y’Abahizi’, bituma abiganjemo abakunzi bayo batangira kugira impungenge ku mwaka utaha w’imikino.

Ikipe ya APR FC ijya gutegura iri rushanwa, byari mu rwego rwo kurushaho gukaza imyiteguro ku mwaka utaha w’imikino. Ni irushanwa ryitabiriwe n’amakipe 4 arimo na APR yariteguye.

Muri ayo makipe harimo Police FC, AS Kigali zo mu Rwanda ndetse na AZAM FC yo muri Tanzania.

Umukino wa mbere ikipe ya APR yakinnye na AS Kigali ku wa Kabiri w’iki cyumweru, yawutsinzwe kuri Penaliti nyuma y’aho iminota 90 isanzwe amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1.

Umukino wa kabiri ikipe y’Ingabo z’u Rwanda yakinnye kuri uyu wa Kane tariki 21 Kanama, na wo yawutsinzwe na Police FC ibitego 3-2.

 

Impungenge ku bafana?

Bamwe mu bafana b’ikipe ya APR FC ntibishimiye uyu musaruro wabonetse muri iyi mikino 2 kabone nubwo ari imikino yo kwitegura intangiriro z’umwaka w’imikino.

Gutsindwa na AS KIGALI yatangiye imyitozo nyuma y’iminsi 22 APR iyitangiye, AS Kigali yagabanyirijwe ingengo y’imari, AS Kigali yagize ibibazo by’imishahara umwaka ushize n’ubu bikaba bigihari byanagize ingaruka ku migurire y’Abakinnyi cyane ko nta mukinnyi waka recrutement bafashe, AS KIGALI yatijwe Abakinnyi ba APR itari igikeneye nka Dushimimana Olivier Muzungu na Tuyisenge Arsène, hari bamwe mu bakunzi ba APR batabashije kubyakira neza.

Nyuma yo gutsindwa na AS KIGALI, APR FC yongeye gutsindwa na Police FC ibitego 3-2 kandi irushwa, bituma ubu iyi kipe y’Ingabo  ari yo iri ku mwanya wa nyuma mu makipe ane ari gukina iri rushanwa ndetse bikaba bidashoboka ko yatwara iki gikombe kuko buri kipe isigaje umukino umwe kandi APR n’iyo yatsinda umukino isigaje, ntiyageza ku manota 6 ikipe ya AS KIGALI ifite.

As Kigali iherutse gutsinda APR kuri shampiyona

Hari ubwo Pre-Season iba mbi ariko saison ikaba nziza

Ahanini impungenge mu bafana ba APR FC ziraturuka ku kuba iyi kipe ari yo ishora amafaranga menshi ku isoko ry’Abakinnyi ndetse n’imishahara yabo ikaba iri hejuru.

APR FC uyu mwaka yaguze Abakinnyi 9 bashyabarimo Abanyarwanda 6 n’abanyamahanga 3. Ibi rero bituma Umufana yumva ko gutsinda bikwiye gutangirira muri pre-season  dore ko muri iri rushanwa, aba bakinnyi bose bahari kandi imimino bayigaragayemo.

Icyakora nubwo benshi mu bafana batishimiye umusaruro n’imikinire y’ikipe yabo muri iri rushanwa, Umutoza wa APR FC Abderrahim Taleb atanga ihumure ku bafana avuga ko nubwo intsinzi iryoha, ariko no gutsindwa hari ubwo biguha kwitekerezaho, amakosa wakoze akaba amasomo yo kwigiraho no gukosora ari na cyo gituma imikino nk’iyi ibaho.

Ikipe ya APR FC izakina umukino wa nyuma w’irushamwa ry’inkera y’abahizi ku cyumweru muri Stade Amahoro, nyuma izitegure kwerekeza mu mikino ya CECAFA Kagame Cup byitezwe ko izatangira tariki ya 2 Nzeli uyu mwaka.

Usibye iyi mikino ibiri yikurikiranya APR FC itsinzwe muri iri rushanwa, mu yindi mikino ya gicuti yakinnye, APR yanganyije inshuro ebyiri na Gorilla, itsinda Power Dynamos yo muri Zambia 2-0, itsindwa na Police FC 2-1, itsinda Bugesera 2-0, itsinda Gasogi 4-1 ndetse inatsinda Intare 4-0.

Usibye amarushanwa y’imbere mu gihugu APR iri kwitegura kuzakina, iyi kipe izanahagararira u Rwanda mu mikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo CAF Champions League, aho mu mpera z’ukwezi mwa 9 bazakina na Pyramids yo muri Egypt, ikaba ari na yo ifite iki gikombe.

APR FC ni iya nyuma mu irushanwa yiteguriye

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

With the new Rwandan Digital ID, some services will be available within an hour instead of a month

Next Post

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.