Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abafana ba APR bakwiye kugira impungenge cyangwa bikomeze byitwe Pre-Season?

radiotv10by radiotv10
23/08/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abafana ba APR bakwiye kugira impungenge cyangwa bikomeze byitwe Pre-Season?
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya APR FC imaze gutsindwa imikino ibiri mu irushanwa yateguye ryiswe ‘Inkera y’Abahizi’, bituma abiganjemo abakunzi bayo batangira kugira impungenge ku mwaka utaha w’imikino.

Ikipe ya APR FC ijya gutegura iri rushanwa, byari mu rwego rwo kurushaho gukaza imyiteguro ku mwaka utaha w’imikino. Ni irushanwa ryitabiriwe n’amakipe 4 arimo na APR yariteguye.

Muri ayo makipe harimo Police FC, AS Kigali zo mu Rwanda ndetse na AZAM FC yo muri Tanzania.

Umukino wa mbere ikipe ya APR yakinnye na AS Kigali ku wa Kabiri w’iki cyumweru, yawutsinzwe kuri Penaliti nyuma y’aho iminota 90 isanzwe amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1.

Umukino wa kabiri ikipe y’Ingabo z’u Rwanda yakinnye kuri uyu wa Kane tariki 21 Kanama, na wo yawutsinzwe na Police FC ibitego 3-2.

 

Impungenge ku bafana?

Bamwe mu bafana b’ikipe ya APR FC ntibishimiye uyu musaruro wabonetse muri iyi mikino 2 kabone nubwo ari imikino yo kwitegura intangiriro z’umwaka w’imikino.

Gutsindwa na AS KIGALI yatangiye imyitozo nyuma y’iminsi 22 APR iyitangiye, AS Kigali yagabanyirijwe ingengo y’imari, AS Kigali yagize ibibazo by’imishahara umwaka ushize n’ubu bikaba bigihari byanagize ingaruka ku migurire y’Abakinnyi cyane ko nta mukinnyi waka recrutement bafashe, AS KIGALI yatijwe Abakinnyi ba APR itari igikeneye nka Dushimimana Olivier Muzungu na Tuyisenge Arsène, hari bamwe mu bakunzi ba APR batabashije kubyakira neza.

Nyuma yo gutsindwa na AS KIGALI, APR FC yongeye gutsindwa na Police FC ibitego 3-2 kandi irushwa, bituma ubu iyi kipe y’Ingabo  ari yo iri ku mwanya wa nyuma mu makipe ane ari gukina iri rushanwa ndetse bikaba bidashoboka ko yatwara iki gikombe kuko buri kipe isigaje umukino umwe kandi APR n’iyo yatsinda umukino isigaje, ntiyageza ku manota 6 ikipe ya AS KIGALI ifite.

As Kigali iherutse gutsinda APR kuri shampiyona

Hari ubwo Pre-Season iba mbi ariko saison ikaba nziza

Ahanini impungenge mu bafana ba APR FC ziraturuka ku kuba iyi kipe ari yo ishora amafaranga menshi ku isoko ry’Abakinnyi ndetse n’imishahara yabo ikaba iri hejuru.

APR FC uyu mwaka yaguze Abakinnyi 9 bashyabarimo Abanyarwanda 6 n’abanyamahanga 3. Ibi rero bituma Umufana yumva ko gutsinda bikwiye gutangirira muri pre-season  dore ko muri iri rushanwa, aba bakinnyi bose bahari kandi imimino bayigaragayemo.

Icyakora nubwo benshi mu bafana batishimiye umusaruro n’imikinire y’ikipe yabo muri iri rushanwa, Umutoza wa APR FC Abderrahim Taleb atanga ihumure ku bafana avuga ko nubwo intsinzi iryoha, ariko no gutsindwa hari ubwo biguha kwitekerezaho, amakosa wakoze akaba amasomo yo kwigiraho no gukosora ari na cyo gituma imikino nk’iyi ibaho.

Ikipe ya APR FC izakina umukino wa nyuma w’irushamwa ry’inkera y’abahizi ku cyumweru muri Stade Amahoro, nyuma izitegure kwerekeza mu mikino ya CECAFA Kagame Cup byitezwe ko izatangira tariki ya 2 Nzeli uyu mwaka.

Usibye iyi mikino ibiri yikurikiranya APR FC itsinzwe muri iri rushanwa, mu yindi mikino ya gicuti yakinnye, APR yanganyije inshuro ebyiri na Gorilla, itsinda Power Dynamos yo muri Zambia 2-0, itsindwa na Police FC 2-1, itsinda Bugesera 2-0, itsinda Gasogi 4-1 ndetse inatsinda Intare 4-0.

Usibye amarushanwa y’imbere mu gihugu APR iri kwitegura kuzakina, iyi kipe izanahagararira u Rwanda mu mikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo CAF Champions League, aho mu mpera z’ukwezi mwa 9 bazakina na Pyramids yo muri Egypt, ikaba ari na yo ifite iki gikombe.

APR FC ni iya nyuma mu irushanwa yiteguriye

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 4 =

Previous Post

With the new Rwandan Digital ID, some services will be available within an hour instead of a month

Next Post

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.