Saturday, October 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igihugu cya mbere kuri SIDA cyasubije abavuga ko gukurirwaho inkunga na America bizatuma ikaza umurego

radiotv10by radiotv10
25/08/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Igihugu cya mbere kuri SIDA cyasubije abavuga ko gukurirwaho inkunga na America bizatuma ikaza umurego
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Afurika y’Epfo yatangaje kuba Leta Zunze Ubumwe za America yarakuye inkunga ingana na miliyoni 427 USD, bitazasenya gahunda yayo yo kurwanya virusi itera SIDA, yugarije iki Gihugu kurusha ahandi ku isi.

Ni mu gihe inzobere mu buzima zo ziburira ko mu myaka iri imbere imibare y’abandura Virus itera SIDA muri iki Gihugu izikuba inshuro nyinshi.

Yvette Raphael, umwe mu bayobora umuryango ukora Ubuvugizi mu kurwanya SIDA uzwi nka ‘Advocacy for Prevention of HIV and AIDS’  avuga ko batewe impungenge n’uko iki Gihugu gishobora gusubira inyuma mu gukumira ubu bwandu.

Ati “Dufite ubwoba ko umubare w’abanduye virusi itera SIDA ushobora kongera kuzamuka. Dufite ubwoba ko abantu bazongera gupfa. Duhangayikishijwe n’umubare w’impinja zishobora kuvukana virusi ya SIDA kubera kubura imiti irinda ababyeyi kwanduza abana. Uko biri, inkunga twahabwaga na USAID yajyaga iziba icyuho Leta yacu itabashaga gukemura.”

Afurika y’Epfo, ni cyo Gihugu gifite abantu benshi ku Isi banduye bafite ubwandu bwa virusi itera SIDA.

Ubwo Perezida wa America, Donald Trump yagabanyaga ingengo y’imari yagenerega Ibihugu, mu kurwanya SIDA, ingaruka zahise zigaragara muri iki Gihugu, aho amavuriro atangaga imiti ku buntu yahise afunga, ibyatumye abarwayi barenga ibihumbi 220 bahura n’ikibazo cyo kudakomeza kubona imiti igabanya ubukana bwa virusi itera SIDA buri munsi.

Bamwe mu barwayi bavuga ko birukanywe mu bitaro bya Leta, nubwo inzego z’ubuzima zihamya ko bidakwiye kuba bibaho.

Abandi bakavuga batangiye kugura imiti igabanya ubukana bwa virusi ya SIDA ku isoko ritemewe (black market), aho igiciro cy’ibinini cyikubye hafi kabiri ku gisanzwe.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

FARDC na FDLR bahengereye abaturage baryamye bagaba ibitero mu bice birimo i Goma

Next Post

Why critical thinking is missing subject in our schools?

Related Posts

Abatunze imbwa mu Bwongereza hari ikosa rishobora kuzajya ribacisha Miliyoni 9Frw

Abatunze imbwa mu Bwongereza hari ikosa rishobora kuzajya ribacisha Miliyoni 9Frw

by radiotv10
11/10/2025
0

Abatunze imbwa mu Bwongereza bibukijwe ko kutagaragaza imyirondo yuzuye ku karango kambikwa iri tungo, bishoboka kubacisha amande y’ibuhumbi bitanu by’Ama-Pounds...

Muri Congo rwongeye kwambikana M23 iteguza gufata akandi gace

Amakuru aramutse i Walikare muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

by radiotv10
10/10/2025
0

Mu gace ka Kibati muri Gurupoma ya Luberike muri Teritwari ya Walikare mu Ntara ya Kivu ya Ruhuru, haramutse imirwano...

BREAKING: Trump birangiye abuze Igihembo yifuzaga ku Isi gihabwa utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’Igihugu kimwe

BREAKING: Trump birangiye abuze Igihembo yifuzaga ku Isi gihabwa utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’Igihugu kimwe

by radiotv10
10/10/2025
0

Umuyobozi w’abatavuga rumwe na Leta muri Venezuela, Maria Corina Machado, ni we watsindiye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel aho kuba Perezida...

Uko utubari twatumye hahindurwa umuvinyo ukoreshwa mu misa za Kiliziya Gatulika

Uko utubari twatumye hahindurwa umuvinyo ukoreshwa mu misa za Kiliziya Gatulika

by radiotv10
10/10/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Kenya yafashe icyemezo cyo guhindura divayi yakoreshwaga mu gutura igitambo cy’Ukarisitiya kuri Alitari, nyuma yuko iyakoreshwaga yari...

Ibivugwa nyuma y’intambwe ikomeye mu guhagarika intambara ya Israel na Hamas

Ibivugwa nyuma y’intambwe ikomeye mu guhagarika intambara ya Israel na Hamas

by radiotv10
10/10/2025
0

Nyuma yuko impande zombi hagati ya Israel na Hamas zemeranyijwe guhagarika intambara imaze imyaka ibiri, izi mpande zanagaragaje ko zishimiye...

IZIHERUKA

Abanyabigwi muri Volleyball mu Rwanda banakiniye Igihugu bongeye kugaragara bakina umukino ntangarugero
SIPORO

Abanyabigwi muri Volleyball mu Rwanda banakiniye Igihugu bongeye kugaragara bakina umukino ntangarugero

by radiotv10
11/10/2025
0

Supporting Young Women Entrepreneurs Builds Stronger Families, Communities, and Economies

Supporting Young Women Entrepreneurs Builds Stronger Families, Communities, and Economies

11/10/2025
‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

11/10/2025
Nyuma y’ibyabaye Amavubi agiye muri Afurika y’Epfo gutegura umukino udafite igisobanuro

Nyuma y’ibyabaye Amavubi agiye muri Afurika y’Epfo gutegura umukino udafite igisobanuro

11/10/2025
Abatunze imbwa mu Bwongereza hari ikosa rishobora kuzajya ribacisha Miliyoni 9Frw

Abatunze imbwa mu Bwongereza hari ikosa rishobora kuzajya ribacisha Miliyoni 9Frw

11/10/2025
It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

11/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Why critical thinking is missing subject in our schools?

Why critical thinking is missing subject in our schools?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyabigwi muri Volleyball mu Rwanda banakiniye Igihugu bongeye kugaragara bakina umukino ntangarugero

Supporting Young Women Entrepreneurs Builds Stronger Families, Communities, and Economies

‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.