• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igihugu cya mbere kuri SIDA cyasubije abavuga ko gukurirwaho inkunga na America bizatuma ikaza umurego

radiotv10by radiotv10
25/08/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Igihugu cya mbere kuri SIDA cyasubije abavuga ko gukurirwaho inkunga na America bizatuma ikaza umurego
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Afurika y’Epfo yatangaje kuba Leta Zunze Ubumwe za America yarakuye inkunga ingana na miliyoni 427 USD, bitazasenya gahunda yayo yo kurwanya virusi itera SIDA, yugarije iki Gihugu kurusha ahandi ku isi.

Ni mu gihe inzobere mu buzima zo ziburira ko mu myaka iri imbere imibare y’abandura Virus itera SIDA muri iki Gihugu izikuba inshuro nyinshi.

Yvette Raphael, umwe mu bayobora umuryango ukora Ubuvugizi mu kurwanya SIDA uzwi nka ‘Advocacy for Prevention of HIV and AIDS’  avuga ko batewe impungenge n’uko iki Gihugu gishobora gusubira inyuma mu gukumira ubu bwandu.

Ati “Dufite ubwoba ko umubare w’abanduye virusi itera SIDA ushobora kongera kuzamuka. Dufite ubwoba ko abantu bazongera gupfa. Duhangayikishijwe n’umubare w’impinja zishobora kuvukana virusi ya SIDA kubera kubura imiti irinda ababyeyi kwanduza abana. Uko biri, inkunga twahabwaga na USAID yajyaga iziba icyuho Leta yacu itabashaga gukemura.”

Afurika y’Epfo, ni cyo Gihugu gifite abantu benshi ku Isi banduye bafite ubwandu bwa virusi itera SIDA.

Ubwo Perezida wa America, Donald Trump yagabanyaga ingengo y’imari yagenerega Ibihugu, mu kurwanya SIDA, ingaruka zahise zigaragara muri iki Gihugu, aho amavuriro atangaga imiti ku buntu yahise afunga, ibyatumye abarwayi barenga ibihumbi 220 bahura n’ikibazo cyo kudakomeza kubona imiti igabanya ubukana bwa virusi itera SIDA buri munsi.

Bamwe mu barwayi bavuga ko birukanywe mu bitaro bya Leta, nubwo inzego z’ubuzima zihamya ko bidakwiye kuba bibaho.

Abandi bakavuga batangiye kugura imiti igabanya ubukana bwa virusi ya SIDA ku isoko ritemewe (black market), aho igiciro cy’ibinini cyikubye hafi kabiri ku gisanzwe.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 16 =

Previous Post

FARDC na FDLR bahengereye abaturage baryamye bagaba ibitero mu bice birimo i Goma

Next Post

Why critical thinking is missing subject in our schools?

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Why critical thinking is missing subject in our schools?

Why critical thinking is missing subject in our schools?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.