• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntituri ba Gashozantambara ariko twaba ba Karwanantambara- Perezida Kagame yasubije abashinja RDF ibinyoma

radiotv10by radiotv10
26/08/2025
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ntituri ba Gashozantambara ariko twaba ba Karwanantambara- Perezida Kagame yasubije abashinja RDF ibinyoma
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yavuze ko abashinja ibinyoma RDF bakwiye kwibuka ko inshingano zayo ari ukurinda u Rwanda n’abarutuye, kandi ko idashobora guteza umutekano mucye ahandi, icyakora ko uwahirahira ashaka kuyinjiza mu ntambara ihora yiteguye kuyirwana.

Umukuru w’Igihugu yabivuze mu butumwa yageneye abasirikare, abapolisi n’abakora mu rwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS) barenga 6 000 kuri uyu wa Mbere tariki 25 Kanama mu Kigo cya Gisirikare i Gabiro.

Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yibukije abahora bashinja ibinyoma ingabo z’u Rwanda ko zishoza intambara hanze, hari byinshi birengagiza, kuko uretse kuba zirinda umutekano w’u Rwanda n’abarutuye zijya no gutanga umusanzu kugarura amahoro aho aba yabuze. Ati “Mozambique, Repubulika ya Centrafrique, Sudani y’Epfo.”

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yacuze ikinyoma ko Ingabo z’u Rwanda zifasha umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo barwanirira uburenganzira bwabo, ndetse amwe mu mahanga ajyendera muri iyo nzira ibusanye na yo yinjira mu mugambi wo gushinja u Rwanda ibi birego bihabanye n’ukuri.

Perezida Kagame yavuze ko iyo RDF iza kuba iri muri Congo, ibyo bibazo by’umutekano bitari kuba bigihari, kuko aho igeze hose, ikora ibishoboka kugira ngo umutekano n’amahoro biboneke, bityo ko na DRC iyo ibishaka yari gusaba u Rwanda umusanzu, ibibazo bikarangira.

Ati “N’abo mu Burasirazuba bwa Congo iyo badusaba imfashanyo tuba twarayibahaye, usibye kutuzanaho ibibazo, ariko iyo bashaka ko dufatanya kugira ngo bagire umutekano natwe tuwugire, rwose ni yo yari intego yacu igihe cyose.”

Perezida Kagame yavuze ko uretse intambara z’amasasu, hari n’izindi zigenda zaduka, nk’izo ku mbuga nkoranyambaga, z’abahora begeka ku Rwanda ibirego bidafite ishingiro, bityo ko abantu bakwiye kuzirwana na zo, kandi aboneraho gusaba n’abakora mu nzego z’umutekano na bo kwinjira muri urwo rugamba nubwo rudasaba imbunda, ariko ko bo baba bazi n’ukuri kurusha abandi.

Ati “Urugamba rwo guharabika ni rwo rusa nk’aho rugezweho kuri twe, ariko na rwo murufitiye intwaro sinzi impamvu namwe mutarurwana. Mwananirwa kuvuga mwabishatse? […] Ibyo byamunanira, yazana intambara mukamurasa. Ntimukirirwe mwivuna, muhangayika. Aho tuzajya gushoza intambara mu kindi Gihugu […] Ntabwo turi ba Gashozantambara ariko kuba ba Karwanantambara bo turi bo. Biterwa n’aho tuyirwanira n’uko yaje n’ibitureba muri iyo ntambara.”

Perezida Kagame yibukije ko nta na rimwe u Rwanda ruzifuriza ibibazo ikindi Gihugi, icyakora ko ikizahirahira gishaka kuruzanira ibibazo, Ingabo zarwo zambariye guhangana na byo.

Perezida Kagame yagaragarijwe bumwe mu bumenyi buhabwa abasirikare

Isasu rigomba kugenda ryanditseho izina ry’umwanzi

Umugaba Mukuru wa RDF yibukije Ingabo z’u Rwanda ko iki Gihugu kigenda gihura n’abashaka kugihungabanya, byumwihariko bikorwa n’abasize bagihekuye bakomeje gukomera ku migambi yabo mibisha.

Yavuze ko nta myaka itanu ishira hatabayeho abashaka guhungabanya ibyo u Rwanda rugezeho, bityo ko Ingabo z’iki Gihugu zigomba guhora ziteguye, kandi ko ari na ko biri.

Ati “Tugomba guhora twiteguye kuko ukugirira nabi ntitumenya aho avuye, ntitumeya igihe abishakiye.”

Kwitegura bigomba kujyana n’ubumenyi bugomba kuba bufitwe n’abasirikare byumwihariko bwo kurwana urugamba, byumwihariko ubwo kurasa, kugira ngo ubushobozi bucye Igihugu gifite butahatikirira kubera gukoresha nabi ibikoresho nk’amasasu.

Ati “Niba ari ugukoresha imbunda, ugomba kwiga kuzikoresha kugira ngo urase umwanzi, kurasa uwakuzanyeho intambara, ntabwo ari ugufata imbarutso ukarasa amasasu, aho ntabwo uba warwanye.

Ririya sasu rigomba kugenda ryanditseho izina ry’uwo warigeneye. Gufora murabizi, urafora rikagenda ugahamya, iyo ugiye gutangira rimwe, abiri, atatu, udahamya haba hari ikibazo, yaba ku masomo cyangwa kuri wowe.”

Yabibukije ko ibikoresho byifashishwa kurwana urugamba bisigaye bihenze, ku buryo hari n’isasu rimwe rishobora kugera mu bihumbi 5 by’amadorali (arenga miliyoni 7 Frw).

Ati “Hari igisasu kimwe gisigaye kigura nk’amadalorali ibihumbi bitatu, bitanu ari rimwe [ntabwo nirirwa njya mu magambo menshi abisobanura]. Niba hari icyo ugomba guhanura mu kirere, ukohereza kimwe, ukohereza ikindi ugahusha, ubwo kimwe ibihumbi bitanu, wohereje ikindi na cyo ni bitanu urahushije, wohereje ikindi, ubwo bibaye ibihumbi cumi na bitanu by’amadora ushakisha…Iyo ntambara uzayirwana ute? Ayo mikoro azava he? Ni ukuvuga ngo urafasha umwanzi. Umwanzi ashobora no kukwihorera ya masasu ahenze akabanza akagushiraho.”

Perezida Kagame yabwiye abasirikare ko muri uru rwego hadakoreshwa indagu, ahubwo bagomba kwiyumvamo ubushobozi n’ubumenyi bibafasha kuzuza neza inshingano zabo.

Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda ubwo yakirwaga n’Umugaba Mukuru wa RDF
Perezida Kagame yagaragarijwe uko abasirikare bahabwa ubumenyi
Yageneye ubutumwa abasirikare b’u Rwanda
Hari kandi bamwe mu basirikare bakuru barimo n’abari mu kiruhuko cy’izabukuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 10 =

Previous Post

Amarira yabaye menshi nyuma y’igitero cya Israel cyahitanye abarimo abanyamakuru b’ibitangazamakuru mpuzamahanga

Next Post

Rwanda’s Foreign Minister in Singapore for 5th Africa-Singapore Exchange

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Rwanda’s Foreign Minister in Singapore for 5th Africa-Singapore Exchange

Rwanda’s Foreign Minister in Singapore for 5th Africa-Singapore Exchange

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.