Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

radiotv10by radiotv10
27/08/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza ukurikiranyweho ibyaha birimo icyo gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi, yagarutse imbere y’Urukiko asaba kurekurwa ngo kuko iminsi 30 yafatiwe yo gufungwa by’agateganyo yarangiye atararegerwa Urukiko ruzamuburanisha mu mizi.

Ni iburanisha ryabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Kanama 2025 mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ari na rwo rwafashe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo cyatangajwe tariki 18 Nyakanga 2025.

Uyu wiyemerera ko ari umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, avuga ko kuva igihe yafatiwe kiriya cyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, mu gihe Ubushinjacyaha bwari butaramuregera mu mizi, ndetse butaranasabye ko yongerwa, bityo agasaba Urukiko gufata icyemezo cyo kumurekura.

Me Gatera Gashabana wunganira uregwa, yabwiye Urukiko ko umukiliya we afunzwe binyuranyije n’amategeko, kuko iminsi 30 yari yafatiwe yo gufungwa by’agateganyo yarangiye tariki 17 Kanama 2025 kandi ko icyo gihe hari hataratangwa ikirego cyo mu mizi.

Ubusanzwe itegeko riteganya ko iyo uregwa yafatiwe iki cyemezo, ariko Ubushinjacyaha bwabona ko izarangira atararegerwa Urukiko mu mizi, busaba Urukiko rwagifashe kongera iriya minsi.

Me Gashabana avuga ko ibyo bitabaye, ahubwo umukiliya we agakomeza gufungwa kandi Ubushinjacyaha butaramuregera Urukiko ruzamuburanisha mu mizi, bityo ko akwiye kurekurwa.

Ubushinjacyaha bwo buvuga ko ibi bisabwa n’uruhande rw’uregwa bidafite ishingiro, kuko umunsi wa 30 muri iriya yafatiwe uregwa, wuzuye ari ku Cyumweru kandi akaba ari umunsi w’ikiruhuko, kandi ko bucyeye bwaho hatanzwe ikirego, kandi ko byemewe n’amategeko.

Ni mu gihe uruhande rw’uregwa rwo ruvuga ko icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo kiba ari icyemezo kidasanzwe, kandi ko iminsi 30 ivugwa igomba kubarwa hatitawe ku y’ibiruhuko cyangwa igize impera z’icyumweru (weekend).

Ingabire Victoire yasabye Urukiko kumurekura agakurikiranwa ari hanze, kandi ko ntacyo yasabwa n’amategeko ashobora kuzarengaho kuko yiteguye kubahiriza ibyo azategekwa byose.

Yagaragaje impamvu yifuza gukurikiranwa ari hanze zirimo ibibazo by’umuryango ashaka gukurikirana, nko kuba umugabo we arembye kandi yagakwiye kumuba hafi no kumukurikirana.

Nyuma yo kumva ibyatangajwe n’impande zombi, Urukiko rwapfundikiye iburanisha, rwemeza ko ruzasoma icyemezo cyarwo kuri uyu wa 28 Kanama 2025.

Ingabire Victoire kuri uyu wa Kabiri ubwo yitabaga Urukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Imibare mishya iteye inkeke y’abahitanywe n’icyorezo cyibasiye impunzi z’Abanya-Sudani muri Tchad

Next Post

Umusaza n’umukecuru b’i Rwamagana bashinjanya ingeso mbi bafitiwe impungenge n’abaturanyi

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusaza n’umukecuru b’i Rwamagana bashinjanya ingeso mbi bafitiwe impungenge n’abaturanyi

Umusaza n’umukecuru b’i Rwamagana bashinjanya ingeso mbi bafitiwe impungenge n’abaturanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.