Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

radiotv10by radiotv10
27/08/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza ukurikiranyweho ibyaha birimo icyo gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi, yagarutse imbere y’Urukiko asaba kurekurwa ngo kuko iminsi 30 yafatiwe yo gufungwa by’agateganyo yarangiye atararegerwa Urukiko ruzamuburanisha mu mizi.

Ni iburanisha ryabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Kanama 2025 mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ari na rwo rwafashe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo cyatangajwe tariki 18 Nyakanga 2025.

Uyu wiyemerera ko ari umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, avuga ko kuva igihe yafatiwe kiriya cyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, mu gihe Ubushinjacyaha bwari butaramuregera mu mizi, ndetse butaranasabye ko yongerwa, bityo agasaba Urukiko gufata icyemezo cyo kumurekura.

Me Gatera Gashabana wunganira uregwa, yabwiye Urukiko ko umukiliya we afunzwe binyuranyije n’amategeko, kuko iminsi 30 yari yafatiwe yo gufungwa by’agateganyo yarangiye tariki 17 Kanama 2025 kandi ko icyo gihe hari hataratangwa ikirego cyo mu mizi.

Ubusanzwe itegeko riteganya ko iyo uregwa yafatiwe iki cyemezo, ariko Ubushinjacyaha bwabona ko izarangira atararegerwa Urukiko mu mizi, busaba Urukiko rwagifashe kongera iriya minsi.

Me Gashabana avuga ko ibyo bitabaye, ahubwo umukiliya we agakomeza gufungwa kandi Ubushinjacyaha butaramuregera Urukiko ruzamuburanisha mu mizi, bityo ko akwiye kurekurwa.

Ubushinjacyaha bwo buvuga ko ibi bisabwa n’uruhande rw’uregwa bidafite ishingiro, kuko umunsi wa 30 muri iriya yafatiwe uregwa, wuzuye ari ku Cyumweru kandi akaba ari umunsi w’ikiruhuko, kandi ko bucyeye bwaho hatanzwe ikirego, kandi ko byemewe n’amategeko.

Ni mu gihe uruhande rw’uregwa rwo ruvuga ko icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo kiba ari icyemezo kidasanzwe, kandi ko iminsi 30 ivugwa igomba kubarwa hatitawe ku y’ibiruhuko cyangwa igize impera z’icyumweru (weekend).

Ingabire Victoire yasabye Urukiko kumurekura agakurikiranwa ari hanze, kandi ko ntacyo yasabwa n’amategeko ashobora kuzarengaho kuko yiteguye kubahiriza ibyo azategekwa byose.

Yagaragaje impamvu yifuza gukurikiranwa ari hanze zirimo ibibazo by’umuryango ashaka gukurikirana, nko kuba umugabo we arembye kandi yagakwiye kumuba hafi no kumukurikirana.

Nyuma yo kumva ibyatangajwe n’impande zombi, Urukiko rwapfundikiye iburanisha, rwemeza ko ruzasoma icyemezo cyarwo kuri uyu wa 28 Kanama 2025.

Ingabire Victoire kuri uyu wa Kabiri ubwo yitabaga Urukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Imibare mishya iteye inkeke y’abahitanywe n’icyorezo cyibasiye impunzi z’Abanya-Sudani muri Tchad

Next Post

Umusaza n’umukecuru b’i Rwamagana bashinjanya ingeso mbi bafitiwe impungenge n’abaturanyi

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusaza n’umukecuru b’i Rwamagana bashinjanya ingeso mbi bafitiwe impungenge n’abaturanyi

Umusaza n’umukecuru b’i Rwamagana bashinjanya ingeso mbi bafitiwe impungenge n’abaturanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.