• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

radiotv10by radiotv10
27/08/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza ukurikiranyweho ibyaha birimo icyo gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi, yagarutse imbere y’Urukiko asaba kurekurwa ngo kuko iminsi 30 yafatiwe yo gufungwa by’agateganyo yarangiye atararegerwa Urukiko ruzamuburanisha mu mizi.

Ni iburanisha ryabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Kanama 2025 mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ari na rwo rwafashe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo cyatangajwe tariki 18 Nyakanga 2025.

Uyu wiyemerera ko ari umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, avuga ko kuva igihe yafatiwe kiriya cyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, mu gihe Ubushinjacyaha bwari butaramuregera mu mizi, ndetse butaranasabye ko yongerwa, bityo agasaba Urukiko gufata icyemezo cyo kumurekura.

Me Gatera Gashabana wunganira uregwa, yabwiye Urukiko ko umukiliya we afunzwe binyuranyije n’amategeko, kuko iminsi 30 yari yafatiwe yo gufungwa by’agateganyo yarangiye tariki 17 Kanama 2025 kandi ko icyo gihe hari hataratangwa ikirego cyo mu mizi.

Ubusanzwe itegeko riteganya ko iyo uregwa yafatiwe iki cyemezo, ariko Ubushinjacyaha bwabona ko izarangira atararegerwa Urukiko mu mizi, busaba Urukiko rwagifashe kongera iriya minsi.

Me Gashabana avuga ko ibyo bitabaye, ahubwo umukiliya we agakomeza gufungwa kandi Ubushinjacyaha butaramuregera Urukiko ruzamuburanisha mu mizi, bityo ko akwiye kurekurwa.

Ubushinjacyaha bwo buvuga ko ibi bisabwa n’uruhande rw’uregwa bidafite ishingiro, kuko umunsi wa 30 muri iriya yafatiwe uregwa, wuzuye ari ku Cyumweru kandi akaba ari umunsi w’ikiruhuko, kandi ko bucyeye bwaho hatanzwe ikirego, kandi ko byemewe n’amategeko.

Ni mu gihe uruhande rw’uregwa rwo ruvuga ko icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo kiba ari icyemezo kidasanzwe, kandi ko iminsi 30 ivugwa igomba kubarwa hatitawe ku y’ibiruhuko cyangwa igize impera z’icyumweru (weekend).

Ingabire Victoire yasabye Urukiko kumurekura agakurikiranwa ari hanze, kandi ko ntacyo yasabwa n’amategeko ashobora kuzarengaho kuko yiteguye kubahiriza ibyo azategekwa byose.

Yagaragaje impamvu yifuza gukurikiranwa ari hanze zirimo ibibazo by’umuryango ashaka gukurikirana, nko kuba umugabo we arembye kandi yagakwiye kumuba hafi no kumukurikirana.

Nyuma yo kumva ibyatangajwe n’impande zombi, Urukiko rwapfundikiye iburanisha, rwemeza ko ruzasoma icyemezo cyarwo kuri uyu wa 28 Kanama 2025.

Ingabire Victoire kuri uyu wa Kabiri ubwo yitabaga Urukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 8 =

Previous Post

Imibare mishya iteye inkeke y’abahitanywe n’icyorezo cyibasiye impunzi z’Abanya-Sudani muri Tchad

Next Post

Umusaza n’umukecuru b’i Rwamagana bashinjanya ingeso mbi bafitiwe impungenge n’abaturanyi

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Umusaza n’umukecuru b’i Rwamagana bashinjanya ingeso mbi bafitiwe impungenge n’abaturanyi

Umusaza n’umukecuru b’i Rwamagana bashinjanya ingeso mbi bafitiwe impungenge n’abaturanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.