• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda hategerejwe umushyitsi ari we Perezida wa Mozambique

radiotv10by radiotv10
27/08/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mu Rwanda hategerejwe umushyitsi ari we Perezida wa Mozambique
Share on FacebookShare on Twitter

Daniel Francisco Chapo umaze umwaka atsindiye kuyobora Igihugu cya Mozambique, ategerejwe mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rugamije gukomeza guteza imbere umubano n’ubucuti hagati y’Ibihugu byombi.

Perezida Daniel Francisco Chapo aratangira uruzinduko rwe mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Kanama 2025, aho biteganyijwe ko azasura ibikorwa binyuranye, nk’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi asura akigera i Kigali.

Biteganyijwe kandi ko none tariki 27 Kanama, Perezida wa Mozambique aza kwakirwa na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame mu biro bye muri Village Urugwiro, banagirane ibiganiro.

Abakuru b’Ibihugu byombi kandi baranayobora ibiganiro bihuza abayobozi mu nzego Nkuru ku mpande zombi, bigamije gukomeza guteza imbere imikoranire n’ubufatanye busanzwe buhagaze neza.

Muri uru ruzinduko rw’iminsi ibiri, kuri uyu wa Kane tariki 28 Kanama 2025, Perezida Daniel Francisco Chapo azanasura icyanya cy’Inganda i Masoro, mu rwego rwo kureba ibyo Igihugu cye cyakwigira ku Rwanda mu rwego rw’ishoramari mu nganda.

Biteganyijwe kandi ko kuri uyu wa Kane, Perezida Daniel Francisco Chapo azanahura n’abo mu rwego rw’abikorera mu Rwanda barimo abashoramari bifuza gushora imari muri Mozambique kugira ngo bungurane ibitekerezo.

Uru ruzinduko rwa Perezida wa Mozambique, ruraza nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Kanama 2025, bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’iki Gihugu barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Ambasaderi Maria Manuela dos Santos Lucas, Minisitiri w’Ingabo, Gen Maj Cristóvão Artur Chume, Umugaba Mukuru w’ingabo za Mozambique, Gen Maj André Rafael Mahunguane n’Umuyobozi wa Polisi, CP Fabião Pedro Nhancololo, bageze mu Rwanda.

Aba bayobozi kandi banagiranye n’ibiganiro n’abo mu Rwanda, byayobowe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, General (Rtd) James Kabarebe, aho impande zombi zaganiriye n’ubundi ku mikoranire yagutse y’ibi Bihugu byombi.

U Rwanda na Mozambique, bisanzwe ari Ibihugu bifitanye imikoranire ihagaze neza, byumwihariko ishingiye ku bufatanye mu by’umutekano, aho u Rwanda rufite abasirikare n’abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado yari yarazengerejwe n’ibyihebe, ariko aho inzego z’umutekano z’u Rwanda zigereyeyo, ibintu bikaba byarahindutse.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, Gen (Rtd) James Kabarebe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane wa Mozambique, Amb. Maria Manuela dos Santos Lucas

Haraye habaye ibiganiro by’impande zombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 6 =

Previous Post

Umusaza n’umukecuru b’i Rwamagana bashinjanya ingeso mbi bafitiwe impungenge n’abaturanyi

Next Post

Menya umubare w’aba mbere bamaze kwiyandikisha ngo bazahabwe Indangamuntu-Koranabuhanga y’u Rwanda

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
With the new Rwandan Digital ID, some services will be available within an hour instead of a month

Menya umubare w’aba mbere bamaze kwiyandikisha ngo bazahabwe Indangamuntu-Koranabuhanga y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.