Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda hategerejwe umushyitsi ari we Perezida wa Mozambique

radiotv10by radiotv10
27/08/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mu Rwanda hategerejwe umushyitsi ari we Perezida wa Mozambique
Share on FacebookShare on Twitter

Daniel Francisco Chapo umaze umwaka atsindiye kuyobora Igihugu cya Mozambique, ategerejwe mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rugamije gukomeza guteza imbere umubano n’ubucuti hagati y’Ibihugu byombi.

Perezida Daniel Francisco Chapo aratangira uruzinduko rwe mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Kanama 2025, aho biteganyijwe ko azasura ibikorwa binyuranye, nk’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi asura akigera i Kigali.

Biteganyijwe kandi ko none tariki 27 Kanama, Perezida wa Mozambique aza kwakirwa na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame mu biro bye muri Village Urugwiro, banagirane ibiganiro.

Abakuru b’Ibihugu byombi kandi baranayobora ibiganiro bihuza abayobozi mu nzego Nkuru ku mpande zombi, bigamije gukomeza guteza imbere imikoranire n’ubufatanye busanzwe buhagaze neza.

Muri uru ruzinduko rw’iminsi ibiri, kuri uyu wa Kane tariki 28 Kanama 2025, Perezida Daniel Francisco Chapo azanasura icyanya cy’Inganda i Masoro, mu rwego rwo kureba ibyo Igihugu cye cyakwigira ku Rwanda mu rwego rw’ishoramari mu nganda.

Biteganyijwe kandi ko kuri uyu wa Kane, Perezida Daniel Francisco Chapo azanahura n’abo mu rwego rw’abikorera mu Rwanda barimo abashoramari bifuza gushora imari muri Mozambique kugira ngo bungurane ibitekerezo.

Uru ruzinduko rwa Perezida wa Mozambique, ruraza nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Kanama 2025, bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’iki Gihugu barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Ambasaderi Maria Manuela dos Santos Lucas, Minisitiri w’Ingabo, Gen Maj Cristóvão Artur Chume, Umugaba Mukuru w’ingabo za Mozambique, Gen Maj André Rafael Mahunguane n’Umuyobozi wa Polisi, CP Fabião Pedro Nhancololo, bageze mu Rwanda.

Aba bayobozi kandi banagiranye n’ibiganiro n’abo mu Rwanda, byayobowe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, General (Rtd) James Kabarebe, aho impande zombi zaganiriye n’ubundi ku mikoranire yagutse y’ibi Bihugu byombi.

U Rwanda na Mozambique, bisanzwe ari Ibihugu bifitanye imikoranire ihagaze neza, byumwihariko ishingiye ku bufatanye mu by’umutekano, aho u Rwanda rufite abasirikare n’abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado yari yarazengerejwe n’ibyihebe, ariko aho inzego z’umutekano z’u Rwanda zigereyeyo, ibintu bikaba byarahindutse.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, Gen (Rtd) James Kabarebe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane wa Mozambique, Amb. Maria Manuela dos Santos Lucas

Haraye habaye ibiganiro by’impande zombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Umusaza n’umukecuru b’i Rwamagana bashinjanya ingeso mbi bafitiwe impungenge n’abaturanyi

Next Post

Menya umubare w’aba mbere bamaze kwiyandikisha ngo bazahabwe Indangamuntu-Koranabuhanga y’u Rwanda

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
With the new Rwandan Digital ID, some services will be available within an hour instead of a month

Menya umubare w’aba mbere bamaze kwiyandikisha ngo bazahabwe Indangamuntu-Koranabuhanga y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.