• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Ubuyobozi bwaremye agatima abataka imbogamizi bagihura nazo mu kwivuza

radiotv10by radiotv10
29/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Ubuyobozi bwaremye agatima abataka imbogamizi bagihura nazo mu kwivuza
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Mirenge ibiri yo mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bagikora urugendo rurerure bajya kwivuriza ku Bitaro Bikuru bya Rwamagana, mu gihe ubuyobozi bubizeza ko bwabakoreye ubuvugizi buzabazanira igisubizo.

Abagaragaza iki kibazo ni abo mu Murenge wa Fumbwe na Muyumbu,

bavuga ko iyi boherejwe kwivuriza mu Bitaro, bibasaba gukora ingendo ndende kandi iyo transfer ihabwa abantu baba ari indembe.

Manase Elinome yagize ati “Urabona hariya iyo utanze Mituweri kuri Centre de Sante baguha taransiferi bigasaba kujya i Rwamagana cyangwa i Masaka. Biba bibangamye kuko harimo urugendo kandi n’amatike aba ari menshi cyane.”

Munyana Mollia na we yagize ati “Hari n’ubwo uza ugasanga kubera uko abantu ari benshi ukibwiriza ugatega ukajya ahandi. Kujya muri Kigali na byo ntabwo byoroshye ni kure. Nigeze kujya hariya Kacyiru haba hari abantu benshi bishoboka ho uranararanya n’ejo bikagera.”

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa avuga ko nyuma yo kubona ari ikibazo kuri aba baturage ndetse no kuba umubare w’abaturage b’iyi Ntara ugenda wiyongera, byatumye ubuyobozi busaba Minisiteri y’Ubuzima ko hakubakwa ibindi Bitaro mu bice bya Sake mu Karere ka Ngoma na Nyagasambu muri Rwamagana.

Ati “Ubu twaganiriye na Minisiteri y’Ubuzima, turabiganira tugeranayo aho Nyagasambu urebye n’umubare ugenda uhatura uko bangana bakajya ku Bitaro bya Masaka, Kacyiru cyangwa se Rwamagana na ho biravuna ariko n’aho bagiye ugasanga babaye benshi tubona hano tuhakeneye ibitaro. Turi kureba uburyo byashyirwa muri gahunda y’ingengo y’Imari Minisiteri yarabyumvise biracyari mu biganiro ariko igikuru ni uko twese twumvise ko bikenewe igisigaye ari ugushaka amikoro.”

Mu Ntara y’Iburasirazuba Akarere ka Rwamagana ni ko gafite ubucucike bwinshi aho ifite abaturage 740/Km2. Iyi Ntara ibarirwamo Ibitaro 11.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 18 =

Previous Post

Icyo abasesenguzi babona kizasigwa n’uruzinduko rwa Perezida w’u Burusiya n’uwa N.Korea mu Bushinwa

Next Post

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.