Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Ubuyobozi bwaremye agatima abataka imbogamizi bagihura nazo mu kwivuza

radiotv10by radiotv10
29/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Ubuyobozi bwaremye agatima abataka imbogamizi bagihura nazo mu kwivuza
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Mirenge ibiri yo mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bagikora urugendo rurerure bajya kwivuriza ku Bitaro Bikuru bya Rwamagana, mu gihe ubuyobozi bubizeza ko bwabakoreye ubuvugizi buzabazanira igisubizo.

Abagaragaza iki kibazo ni abo mu Murenge wa Fumbwe na Muyumbu,

bavuga ko iyi boherejwe kwivuriza mu Bitaro, bibasaba gukora ingendo ndende kandi iyo transfer ihabwa abantu baba ari indembe.

Manase Elinome yagize ati “Urabona hariya iyo utanze Mituweri kuri Centre de Sante baguha taransiferi bigasaba kujya i Rwamagana cyangwa i Masaka. Biba bibangamye kuko harimo urugendo kandi n’amatike aba ari menshi cyane.”

Munyana Mollia na we yagize ati “Hari n’ubwo uza ugasanga kubera uko abantu ari benshi ukibwiriza ugatega ukajya ahandi. Kujya muri Kigali na byo ntabwo byoroshye ni kure. Nigeze kujya hariya Kacyiru haba hari abantu benshi bishoboka ho uranararanya n’ejo bikagera.”

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa avuga ko nyuma yo kubona ari ikibazo kuri aba baturage ndetse no kuba umubare w’abaturage b’iyi Ntara ugenda wiyongera, byatumye ubuyobozi busaba Minisiteri y’Ubuzima ko hakubakwa ibindi Bitaro mu bice bya Sake mu Karere ka Ngoma na Nyagasambu muri Rwamagana.

Ati “Ubu twaganiriye na Minisiteri y’Ubuzima, turabiganira tugeranayo aho Nyagasambu urebye n’umubare ugenda uhatura uko bangana bakajya ku Bitaro bya Masaka, Kacyiru cyangwa se Rwamagana na ho biravuna ariko n’aho bagiye ugasanga babaye benshi tubona hano tuhakeneye ibitaro. Turi kureba uburyo byashyirwa muri gahunda y’ingengo y’Imari Minisiteri yarabyumvise biracyari mu biganiro ariko igikuru ni uko twese twumvise ko bikenewe igisigaye ari ugushaka amikoro.”

Mu Ntara y’Iburasirazuba Akarere ka Rwamagana ni ko gafite ubucucike bwinshi aho ifite abaturage 740/Km2. Iyi Ntara ibarirwamo Ibitaro 11.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + four =

Previous Post

Icyo abasesenguzi babona kizasigwa n’uruzinduko rwa Perezida w’u Burusiya n’uwa N.Korea mu Bushinwa

Next Post

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.