• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya amasezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Mozambique mu muhango wayobowe n’Abakuru b’Ibihugu byombi

radiotv10by radiotv10
27/08/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya amasezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Mozambique mu muhango wayobowe n’Abakuru b’Ibihugu byombi
Share on FacebookShare on Twitter

Ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwa Perezida wa Mozambique Daniel Francisco Chapo, ari kugirira mu Rwanda, Guverinoma z’Ibihugu byombi zashyize umukono ku masezerano y’imikoranire arimo ayo kurwanya iterabwoba muri Mozambique.

Ni amasezerano yashyizweho umukono nyuma yuko Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo watangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, bakanagirana ibiganiro byo mu muhezo.

Amasezerano yasinywe hagati y’Ibihugu byombi, arimo ay’ubufatanye mu rwego rw’ubucuruzi bw’ibyoherezwa hanze ndetse n’ishoramari, yasinywe hagati y’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB n’Ikigo gishinzwe Guteza Imbere ishoramari n’ibyoherezwa hanze muri Mozambique.

Aya masezerano yashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru wa RDB, Jean-Guy Afrika na Ambasaderi wa Mozambique, Amade Miquidade.

Andi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Mozambique, ni ajyanye n’ubufatanye mu bya gisirikare mu kurwanya iterabwoba muri Mozambique, yashyizweho umukono n’Abaminisitiri b’Ingabo ku mpande z’Ibihugu byombi, Juvenal Marizamunda na mugenzi we wa Mozambique, Maj Gen Cristóvão Artur Chume.

Perezida Paul Kagame, mu ijambo rye aha ikaze mugenzi we Daniel Francisco Chapo wa Mozambique, yavuze ko Ibihugu byombi bihuriye ku mubano mwiza n’imikoranire bihamye.

Ati “Ikirenze ibyo turi inshuti nziza, turi abavandimwe. Dusanzwe dufitanye umurongo w’imikoranire mu nzego zinyuranye, ubu ikihutirwa ni ugushyira mu bikorwa aya masezerano y’ubwumvikane, kandi ibi ni byo amatsinda yacu azibandaho.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze kandi ko hamaze guterwa intambwe nziza mu mikoranire y’Ibihugu byombi byumwihariko mu bijyanye n’urwego rw’umutekano.

Ati “Nk’uko twabibonye, twavuguruye imikoranire yacu mu bijyanye n’amahoro n’umutekano ndetse n’ubucuruzi.”

Perezida Kagame kandi yagarutse ku bibazo byugarije Abanyafurika barimo n’Abanya-Mozambique birimo ibikorwa by’ubuhezanguni n’ibidindiza iterambere ry’abaturage, bityo ko haba hakwiye ubufatanye bw’Ibihugu nk’ubu buri hagati y’u Rwanda na Mozambique.

Ati “Ibyo ni ryo shoramari rya mbere dukwiye kuba dukora ubwacu. Ubufasha bw’amahanga, ntabwo butanga umuti w’amahoro arambye ndetse no ku iterambere ryacu.”

Umukuru w’u Rwanda, yavuze ko u Rwanda na Mozambique, byombi bifite icyo buri Gihugu cyafasha ikindi mu rugendo rw’iterambere, bityo ko uru ruzinduko ruzanarangwa n’ibiganiro bizahuza abayobozi ku mpande zombi, ari imwe mu nzira nziza yo gukomeza guteza imbere imikoranire myiza isanzwe hagati y’Ibihugu byombi.

Perezida Kagame yakiriye mugenzi we wa Mozambique
Bagiranye ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − two =

Previous Post

Amashusho: Museveni w’imyaka 80 yatunguranye imbere y’imbaga agaragaza ko agifite imbaraga

Next Post

Digital literacy: The skill every Rwandan student must have in 2025

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Digital literacy: The skill every Rwandan student must have in 2025

Digital literacy: The skill every Rwandan student must have in 2025

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.