Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya amasezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Mozambique mu muhango wayobowe n’Abakuru b’Ibihugu byombi

radiotv10by radiotv10
27/08/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya amasezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Mozambique mu muhango wayobowe n’Abakuru b’Ibihugu byombi
Share on FacebookShare on Twitter

Ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwa Perezida wa Mozambique Daniel Francisco Chapo, ari kugirira mu Rwanda, Guverinoma z’Ibihugu byombi zashyize umukono ku masezerano y’imikoranire arimo ayo kurwanya iterabwoba muri Mozambique.

Ni amasezerano yashyizweho umukono nyuma yuko Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo watangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, bakanagirana ibiganiro byo mu muhezo.

Amasezerano yasinywe hagati y’Ibihugu byombi, arimo ay’ubufatanye mu rwego rw’ubucuruzi bw’ibyoherezwa hanze ndetse n’ishoramari, yasinywe hagati y’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB n’Ikigo gishinzwe Guteza Imbere ishoramari n’ibyoherezwa hanze muri Mozambique.

Aya masezerano yashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru wa RDB, Jean-Guy Afrika na Ambasaderi wa Mozambique, Amade Miquidade.

Andi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Mozambique, ni ajyanye n’ubufatanye mu bya gisirikare mu kurwanya iterabwoba muri Mozambique, yashyizweho umukono n’Abaminisitiri b’Ingabo ku mpande z’Ibihugu byombi, Juvenal Marizamunda na mugenzi we wa Mozambique, Maj Gen Cristóvão Artur Chume.

Perezida Paul Kagame, mu ijambo rye aha ikaze mugenzi we Daniel Francisco Chapo wa Mozambique, yavuze ko Ibihugu byombi bihuriye ku mubano mwiza n’imikoranire bihamye.

Ati “Ikirenze ibyo turi inshuti nziza, turi abavandimwe. Dusanzwe dufitanye umurongo w’imikoranire mu nzego zinyuranye, ubu ikihutirwa ni ugushyira mu bikorwa aya masezerano y’ubwumvikane, kandi ibi ni byo amatsinda yacu azibandaho.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze kandi ko hamaze guterwa intambwe nziza mu mikoranire y’Ibihugu byombi byumwihariko mu bijyanye n’urwego rw’umutekano.

Ati “Nk’uko twabibonye, twavuguruye imikoranire yacu mu bijyanye n’amahoro n’umutekano ndetse n’ubucuruzi.”

Perezida Kagame kandi yagarutse ku bibazo byugarije Abanyafurika barimo n’Abanya-Mozambique birimo ibikorwa by’ubuhezanguni n’ibidindiza iterambere ry’abaturage, bityo ko haba hakwiye ubufatanye bw’Ibihugu nk’ubu buri hagati y’u Rwanda na Mozambique.

Ati “Ibyo ni ryo shoramari rya mbere dukwiye kuba dukora ubwacu. Ubufasha bw’amahanga, ntabwo butanga umuti w’amahoro arambye ndetse no ku iterambere ryacu.”

Umukuru w’u Rwanda, yavuze ko u Rwanda na Mozambique, byombi bifite icyo buri Gihugu cyafasha ikindi mu rugendo rw’iterambere, bityo ko uru ruzinduko ruzanarangwa n’ibiganiro bizahuza abayobozi ku mpande zombi, ari imwe mu nzira nziza yo gukomeza guteza imbere imikoranire myiza isanzwe hagati y’Ibihugu byombi.

Perezida Kagame yakiriye mugenzi we wa Mozambique
Bagiranye ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − three =

Previous Post

Amashusho: Museveni w’imyaka 80 yatunguranye imbere y’imbaga agaragaza ko agifite imbaraga

Next Post

Digital literacy: The skill every Rwandan student must have in 2025

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Digital literacy: The skill every Rwandan student must have in 2025

Digital literacy: The skill every Rwandan student must have in 2025

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.