• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Guverinoma yashyizeho igiciro ntarengwa cya Gaz cyari kimaze iminsi cyaratumbugiye

radiotv10by radiotv10
14/12/2021
in Uncategorized
0
Guverinoma yashyizeho igiciro ntarengwa cya Gaz cyari kimaze iminsi cyaratumbugiye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho igiciro ntarengwa cya Gaz cyari kimaze iminsi cyaratumbagiye aho ubu ikilo kimwe kizajya kigura 1 260 Frw mu Gihugu hose.

Hari hamaze iminsi humvikana abinubira ibiciro bya Gaz byari byaratumbagiye ku gipimo gikabije aho nk’ibilo 12 byaguraga agera ku bihumbi 19 000Frw mu gihe mu minsi yashize byaguraga atarengeje ibihumbi 13 Frw.

Guverinoma y’u Rwanda yari iherutse gutangaza ko igiye gusuzuma iby’iki kibazo ikagitangaho umurongo mu gihe cya vuba.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukuboza 2021, hatangajwe koi kilo cya Gaz kitagomba kurenza 1 260 Frw ku Kilo kimwe bivuze ko nk’ibilo 12 bizajya bigura ibihumbi 15 500Frw.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, Dr Ernest Nsabimana yatangarije RBA ko ibiciro bya Gaz bizajya bitangazwa buri kwezi.

U Rwanda ruracyafite ikibazo mu kubika Gaz ikomeje kuyobokwa na benshi mu kuyitekesha kuko ububiko buhari kugeza ubu bufite ubushobozi bwo kubika gaz yakoreshwa mu gihe cy’iminsi 5 gusa.

Bamwe mu basobanukiwe iby’ikoreshwa rya Gaz barimo n’abayicuruza, bavuga ko kugira ngo hashakwe umuti urambye kuri iki kibazo cya Gaz, hakenewe ububiko bwa gaz yakoreshwa nibura mu gihe cy’amezi 5.

Gusa RURA iherutse gutangaza ko mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo hari gutunganwa ahazubakwa ibigega byo kubikamo Gaz bizaba bifite ubushobozi bwo kubika Gaz ipima ibilo biri hagati ya Miliyoni 8 na Miliyoni 9.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + four =

Previous Post

Abanyarwanda 23% batswe Ruswa, muri Polisi yo mu Muhanda ruswa iri kuri 15%

Next Post

AMAFOTO: Ni Kimenyi musamusa…Muyango bwa mbere yagaragaje impfura yabo

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
AMAFOTO: Ni Kimenyi musamusa…Muyango bwa mbere yagaragaje impfura yabo

AMAFOTO: Ni Kimenyi musamusa…Muyango bwa mbere yagaragaje impfura yabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.