Tuesday, April 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Guverinoma yashyizeho igiciro ntarengwa cya Gaz cyari kimaze iminsi cyaratumbugiye

radiotv10by radiotv10
14/12/2021
in Uncategorized
0
Guverinoma yashyizeho igiciro ntarengwa cya Gaz cyari kimaze iminsi cyaratumbugiye
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho igiciro ntarengwa cya Gaz cyari kimaze iminsi cyaratumbagiye aho ubu ikilo kimwe kizajya kigura 1 260 Frw mu Gihugu hose.

Hari hamaze iminsi humvikana abinubira ibiciro bya Gaz byari byaratumbagiye ku gipimo gikabije aho nk’ibilo 12 byaguraga agera ku bihumbi 19 000Frw mu gihe mu minsi yashize byaguraga atarengeje ibihumbi 13 Frw.

Guverinoma y’u Rwanda yari iherutse gutangaza ko igiye gusuzuma iby’iki kibazo ikagitangaho umurongo mu gihe cya vuba.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukuboza 2021, hatangajwe koi kilo cya Gaz kitagomba kurenza 1 260 Frw ku Kilo kimwe bivuze ko nk’ibilo 12 bizajya bigura ibihumbi 15 500Frw.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, Dr Ernest Nsabimana yatangarije RBA ko ibiciro bya Gaz bizajya bitangazwa buri kwezi.

U Rwanda ruracyafite ikibazo mu kubika Gaz ikomeje kuyobokwa na benshi mu kuyitekesha kuko ububiko buhari kugeza ubu bufite ubushobozi bwo kubika gaz yakoreshwa mu gihe cy’iminsi 5 gusa.

Bamwe mu basobanukiwe iby’ikoreshwa rya Gaz barimo n’abayicuruza, bavuga ko kugira ngo hashakwe umuti urambye kuri iki kibazo cya Gaz, hakenewe ububiko bwa gaz yakoreshwa nibura mu gihe cy’amezi 5.

Gusa RURA iherutse gutangaza ko mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo hari gutunganwa ahazubakwa ibigega byo kubikamo Gaz bizaba bifite ubushobozi bwo kubika Gaz ipima ibilo biri hagati ya Miliyoni 8 na Miliyoni 9.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + thirteen =

Previous Post

Abanyarwanda 23% batswe Ruswa, muri Polisi yo mu Muhanda ruswa iri kuri 15%

Next Post

AMAFOTO: Ni Kimenyi musamusa…Muyango bwa mbere yagaragaje impfura yabo

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Money or Passion: What should we follow in 2025?
MU RWANDA

Saving on Bank vs Saving on Mobile Money: Which Is Better?

by radiotv10
14/04/2026
0

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

14/04/2026
Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

13/04/2026
Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

13/04/2026
Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

13/04/2026
13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Ni Kimenyi musamusa…Muyango bwa mbere yagaragaje impfura yabo

AMAFOTO: Ni Kimenyi musamusa…Muyango bwa mbere yagaragaje impfura yabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Saving on Bank vs Saving on Mobile Money: Which Is Better?

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.