• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inama zigirwa abanyeshuri batsinzwe ibizamini bya Leta bisoza ayisumbuye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/09/2025
in MU RWANDA
0
Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Uburezi aragira inama abanyeshuri batabashije gutsinda ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye, kujya gusibira, kandi bagatangirana n’abandi kuko imyanya ihari mu mashuri.

Ni nyuma yuko Minisiteri y’Uburezi itangaje amanota y’abanyeshuri bakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025.

Iyi Minisiteri igaragaza ko mu bakandida 106 418 biyandikishije gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye, ababashije kubikora ari 106 079.

Muri aba bakoze, abatsinze ni 94 409 bangana na 89%, muri bo abahungu batsinze kuri 93,5% na ho abakobwa batsinda kuri 85,5%.

Minisitiri w’Uburezi Nsengimana Joseph, yavuze ko abatarabashije gutsinda bakwiye kujya gusibira kuko imyanya ku mashuri ihari.

Yagize ati “Njyewe inama nagira aba bana batabashije gutsinda, imyanya irahari rwose niba wasibiye dore ko ari n’abana bacyeya bashobora gusubira ku ishuri bagasibira hanyuma bagafashwa kugira ngo na bo bashobore gutsinda no gukomeza amashuri yabo.”

Yakomeje agira ati “Ndabibutsa yuko ibi bya learning pathway uyu mwaka bihera mu mwaka wa Kane w’amashuri yisumbuye bivuga yuko mu mwaka wa gatanu no mu wa gatandatu baracyakora za combination, ubwo rero abana basibiye uyu mwaka bashobora gusibira ntabwo bagiye muri system nshya.”

Minisitiri w’Uburezi yasabye abanyeshuri batsinzwe kujya gusibira

Ni ku nshuro ya mbere amanota y’abarangije amashuri yisumbuye atangajwe mu gihe abandi banyeshuri bataratangira umwaka w’amashuro, ari na ho MINEDUC ihera ivuga ko ibi byakozwe kugira ngo abatsinzwe bazasubiramo bazatangirane n’abandi.

Mu banyeshuri bigaga uburezi rusange, hari hiyandikishije 61 942 ariko hakora 61.737; muri bo abatsinze ni 83,8%.

Mu bigaga Tekiniki, Imyuga n’Ubumenyingiro; abakoze ikizamini cya Leta ni 36 141 hatsinda 35 393 bahwanye na 98%.

Mu banyeshuri bigaga amasomo mbonezamwuga hari hiyandikishije 8 222, hakora 8 201, muri bo abatsinze ni 89,8%.

Abanyeshuri 438 bigaga Ubuforomo bose baratsinze, mu banyeshuri 3 829 bigaga muri TTC, abatarabashije gutsinda ni barindwi gusa, na ho abigaga accountant (icungamutungo) 3 916 muri bo abatsinzwe ni 825.

Uko abanyeshuri batsinze ukurikije amasomo bigaga, ni uko mu 41 182 bigaga siyansi, abatsinze ni 81,45%; abigaga ubumenyamuntu 10 091 hatsinze kuri 90,78%; na ho mu banyeshuri 10 410 bigaga indimi hatsinze 86,1%.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Eng.- Advice for students who failed the national secondary school exams

Next Post

AFC/M23 yavuze amakuru yamenye agaragaza umugambi mubisha ubutegetsi bwa Congo bufite

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yavuze amakuru yamenye agaragaza umugambi mubisha ubutegetsi bwa Congo bufite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.