Thursday, September 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inama zigirwa abanyeshuri batsinzwe ibizamini bya Leta bisoza ayisumbuye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/09/2025
in MU RWANDA
0
Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Uburezi aragira inama abanyeshuri batabashije gutsinda ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye, kujya gusibira, kandi bagatangirana n’abandi kuko imyanya ihari mu mashuri.

Ni nyuma yuko Minisiteri y’Uburezi itangaje amanota y’abanyeshuri bakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025.

Iyi Minisiteri igaragaza ko mu bakandida 106 418 biyandikishije gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye, ababashije kubikora ari 106 079.

Muri aba bakoze, abatsinze ni 94 409 bangana na 89%, muri bo abahungu batsinze kuri 93,5% na ho abakobwa batsinda kuri 85,5%.

Minisitiri w’Uburezi Nsengimana Joseph, yavuze ko abatarabashije gutsinda bakwiye kujya gusibira kuko imyanya ku mashuri ihari.

Yagize ati “Njyewe inama nagira aba bana batabashije gutsinda, imyanya irahari rwose niba wasibiye dore ko ari n’abana bacyeya bashobora gusubira ku ishuri bagasibira hanyuma bagafashwa kugira ngo na bo bashobore gutsinda no gukomeza amashuri yabo.”

Yakomeje agira ati “Ndabibutsa yuko ibi bya learning pathway uyu mwaka bihera mu mwaka wa Kane w’amashuri yisumbuye bivuga yuko mu mwaka wa gatanu no mu wa gatandatu baracyakora za combination, ubwo rero abana basibiye uyu mwaka bashobora gusibira ntabwo bagiye muri system nshya.”

Minisitiri w’Uburezi yasabye abanyeshuri batsinzwe kujya gusibira

Ni ku nshuro ya mbere amanota y’abarangije amashuri yisumbuye atangajwe mu gihe abandi banyeshuri bataratangira umwaka w’amashuro, ari na ho MINEDUC ihera ivuga ko ibi byakozwe kugira ngo abatsinzwe bazasubiramo bazatangirane n’abandi.

Mu banyeshuri bigaga uburezi rusange, hari hiyandikishije 61 942 ariko hakora 61.737; muri bo abatsinze ni 83,8%.

Mu bigaga Tekiniki, Imyuga n’Ubumenyingiro; abakoze ikizamini cya Leta ni 36 141 hatsinda 35 393 bahwanye na 98%.

Mu banyeshuri bigaga amasomo mbonezamwuga hari hiyandikishije 8 222, hakora 8 201, muri bo abatsinze ni 89,8%.

Abanyeshuri 438 bigaga Ubuforomo bose baratsinze, mu banyeshuri 3 829 bigaga muri TTC, abatarabashije gutsinda ni barindwi gusa, na ho abigaga accountant (icungamutungo) 3 916 muri bo abatsinzwe ni 825.

Uko abanyeshuri batsinze ukurikije amasomo bigaga, ni uko mu 41 182 bigaga siyansi, abatsinze ni 81,45%; abigaga ubumenyamuntu 10 091 hatsinze kuri 90,78%; na ho mu banyeshuri 10 410 bigaga indimi hatsinze 86,1%.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Eng.- Advice for students who failed the national secondary school exams

Next Post

AFC/M23 yavuze amakuru yamenye agaragaza umugambi mubisha ubutegetsi bwa Congo bufite

Related Posts

Kugenda n’indege ntibikwiye kuba iby’abakire gusa-Perezida yagaragaje impinduka zikenewe mu ngendo zo mu kirere

Kugenda n’indege ntibikwiye kuba iby’abakire gusa-Perezida yagaragaje impinduka zikenewe mu ngendo zo mu kirere

by radiotv10
04/09/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko urwego rw’ubwikorezi n’ingendo zo mu kirere, rukwiye gushyirwamo politiki n’imirongo bituma ikiguzi cyarwo kigabanuka, bityo...

Amakuru agezweho ku watangaje ibihuha bica igikuba cy’ibyo yavugaga ko byabaye i Musanze

by radiotv10
04/09/2025
0

Umugabo w’imyaka 36 y’amavuko uherutse gutangaza amakuru y’ibinyoma aca igikuba, akoresheje YouTube, avuga ko ko i Musanze hatewe igisasu, yatawe...

Ibyo wamenya ku ndege zitwara-Drone zizakora nka Taxi mu Rwanda bibaye bwa mbere muri Afurika

Ibyo wamenya ku ndege zitwara-Drone zizakora nka Taxi mu Rwanda bibaye bwa mbere muri Afurika

by radiotv10
04/09/2025
0

Mu Rwanda hamuritswe umushinga w’ikoreshwa ry’indege nto zitagira abapilote zizakora nka taxi zitwara abagenzi, aho iki Gihugu kibaye icya 21...

Eng.- VIDEO: Inside the RDF’s battle against terrorists in Cabo Delgado

Eng.- VIDEO: Inside the RDF’s battle against terrorists in Cabo Delgado

by radiotv10
04/09/2025
0

A video has been released showing the operations of Rwandan Defense Forces (RDF) alongside Mozambican forces in the fight against...

Ingabo z’u Rwanda zagobotse abayobozi b’ibanze muri Mozambique zibaha inyoroshyarugendo

Ingabo z’u Rwanda zagobotse abayobozi b’ibanze muri Mozambique zibaha inyoroshyarugendo

by radiotv10
04/09/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, zahaye amagare abayobozi bo mu nzego z’ibanze...

IZIHERUKA

Abahanzi babiri bakundana Chryso Ndasingwa na Sharon basezeranye imbere y’amategeko
IBYAMAMARE

Abahanzi babiri bakundana Chryso Ndasingwa na Sharon basezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
04/09/2025
0

Kugenda n’indege ntibikwiye kuba iby’abakire gusa-Perezida yagaragaje impinduka zikenewe mu ngendo zo mu kirere

Kugenda n’indege ntibikwiye kuba iby’abakire gusa-Perezida yagaragaje impinduka zikenewe mu ngendo zo mu kirere

04/09/2025
Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

Eng.- Amahoro Stadium ranked among the Top 10 best in Africa

04/09/2025
Ibikubiye mu itangazo ryasohowe na AFC/M23 ku biri kubera muri Uvira na Ituri

Ibikubiye mu itangazo ryasohowe na AFC/M23 ku biri kubera muri Uvira na Ituri

04/09/2025
Inkuru ibabaje kuri Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’

Inkuru ibabaje kuri Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’

04/09/2025
Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

04/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yavuze amakuru yamenye agaragaza umugambi mubisha ubutegetsi bwa Congo bufite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abahanzi babiri bakundana Chryso Ndasingwa na Sharon basezeranye imbere y’amategeko

Kugenda n’indege ntibikwiye kuba iby’abakire gusa-Perezida yagaragaje impinduka zikenewe mu ngendo zo mu kirere

Eng.- Amahoro Stadium ranked among the Top 10 best in Africa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.