• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igikekwaho gutera impanuka y’ikamyo yagushije urubavu mu muhanda i Rusizi

radiotv10by radiotv10
05/09/2025
in MU RWANDA
0
Igikekwaho gutera impanuka y’ikamyo yagushije urubavu mu muhanda i Rusizi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikamyo yavaga i Kamembe yerecyeza i Bugarama mu Karere ka Rusizi, yakoreye impanuka muri uyu muhanda ubwo yari igeze ahantu harambitse, igwa mu muhanda rwagati, igusha urubavu, aho byemejwe ko yatewe n’imiyoborere mibi y’uwari uyitwaye.

Iyi kamyo yo mu bwoko bwa Mercedes Benz, yari irimo abantu batatu barimo umushoferi wari uyitwaye, n’abandi bantu babiri yari atwaye barimo umugore ndetse n’umwana, ndetse ikaba yari itwaye imizigo.

Iyi mpanuka yabereye muri uyu muhanda wa Kamembe-Bugarama, mu gice giherereye mu Mudugudu wa Gatambamo, Akagari ka Mushaka, Umurenge wa Rwimbogo.

SP Emanuel Kayigi, Umuvugizi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda yemeje amakuru y’iyi mpanuka, avuga ko abari bari muri iyi kamyo, bakomeretse gusa, ntawahasize ubuzima.

Yagize ati “Bakomeretse byoroheje, bajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Mushaka, baravurwa barataha.”

SP Emanuel Kayigi yakomeje agira ati “Impanuka yatewe n’imiyoborere mibi y’ikinyabiziga byakozwe n’uwari utwaye imodoka.”

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda yaboneyeho kwibutsa abatwara ibinyabiziga kwitwararika, byumwihariko abatwara imodoka ziba zipakiye imizigo myinshi nk’iyi kuko bisaba ubushishozi no kugendera ku muvuduko uringaniye kugira ngo hirindwe impanuka nk’izi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwimbogo, Nzayishima Joas, yavuze ko ubwo iyi mpanuka yari ikimara kuba, ubuyobozi n’abaturage bihutiye kujya gutabara abari muri iyi modoka.

Ati “Twahise dukora ubutabazi bwihuse tubageza ku kigo nderabuzima cya Mushaka.”

Uyu Muyobozi avuga ko umushoferi yari yakomeretse mu mutwe, mu gihe umugore wari urimo yavaga amaraso mu kanwa, mu gihe umwana wari urimo we yatakaga ko ari kuribwa akaboko.

Iyi modoka yagushije urubavu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 1 =

Previous Post

Dore amazina y’Abana b’Ingagi biswe n’abayabise barimo ab’amazina azwi ku Isi

Next Post

The new HIV prevention injection similar to a vaccine is bringing hope to Rwandans

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
The new HIV prevention injection similar to a vaccine is bringing hope to Rwandans

The new HIV prevention injection similar to a vaccine is bringing hope to Rwandans

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.