Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?

radiotv10by radiotv10
08/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamakuru batatu bakora ibiganiro ku miyoboro ya YouTube, baherutse gutabwa muri yombi mu Karere ka Bugesera, amakuru aravuga ko bashobora gufungurwa nyuma yuko habayeho ubwumvikane hagati yabo n’uwo bakekwaho gukorera ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa n’ubujura.

Aba bakora ibiganiro kuri YouTube harimo uwitwa P. Onika na Janvier Romeo bakorera YouTube Channel ya 3D TV, na Muhire Pascal ukorera YouTube Channel yitwa Mayisha Entertainment, bafunzwe mu cyumweru gishize tariki 03 Nzeri 2025.

Aba banyamakuru bari batawe muri yombi bakekwaho urugomo rwo gukubita cyangwa gukomeretsa, no kwangiza ibikoresho by’aho bari banywereye.

Umunyamakuru Mbarubukeye Peacemaker uzwi nka Pundit dukesha aya makuru, mu kiganiro yatambukije kuri YouTube Channel yitwa ‘Ukuri kutavuzwe’, avuga ko aba banyamakuru bumvikanye n’uwo bakoreye biriya byaha, ndetse ko biteganyijwe ko bafungurwa kuri uyu wa 09 Nzeri 2025.

Uyu munyamakuru avuga ko uwakubiswe yagaragaje ko ubwo yakubitwaga n’abo banyamakuru yari afite telefone yaguze ibihumbi 350 Frw, ndetse akaba yari afite andi mafaranga mu mufuka ibihumbi 50 Frw, na yo yaburiye muri urwo rugomo yakorewe.

Uyu munyamakuru avuga ko mu bwumvikane bwabaye hagati y’aba banyamakuru n’uwo mugabo bakubise, yabaciye andi ibihumbi 600 Frw by’impozamarira, yose hamwe akaba Miliyoni 1 Frw bagomba kumuha.

Pundit ukunze gukurikirana inkuru z’ubutabera byumwihariko ibiba bivugwa ku byamamare, avuga ko nyuma yuko habayeho ubwo bwuvikane, inzego z’ubutabera zabyemeye, ndetse aba banyamakuru bakaba bemerewe gusohoka muri Kasho.

Pundit kandi avuga ko aba banyamakuru n’uriya mugabo bakekwaho gukubita no gukomeretsa, bapfuye ko uyu wakorewe urugomo, yaje mu kabari bariho banyweramo, agasuhuza umukobwa nyiri ako kabari, akanamusoma, bikazamurira umujinya abo banyamakuru ngo kuko basanzwe ari inshuti z’uwo mukobwa.

Uburyo bw’ubuhuza n’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha hagati y’Ubushinjacyaha n’uregwa, bukomeje kwimakazwa n’Ubutabera bw’u Rwanda, mu rwego rwo gukemura ibibazo bimwe bitarinze ko bigera mu Nkiko.

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitille Mukantaganzwa mu kiganiro yatanze ubwo hatangizwaga Umwaka w’Ubucamanza wa 2025-2026, yavuze ko mu mwaka ushize wa 2024-2025, imanza 15 012 zaciwe hakoreshejwe ubu buryo.

Muri izo harimo 3 166 z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi zakemuwe hakoreshejwe ubuhuza n’imanza 11 846 z’inshinjabyaha, zakemuwe hakoreshejwe ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha hagati y’Ubushinjacyaha n’uregwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho

Next Post

Ibyifuzo n’imigabo n’imigambi y’Abambasaderi bashya bashyikirije impapuro Perezida Kagame

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyifuzo n’imigabo n’imigambi y’Abambasaderi bashya bashyikirije impapuro Perezida Kagame

Ibyifuzo n’imigabo n’imigambi y’Abambasaderi bashya bashyikirije impapuro Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.