Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?

radiotv10by radiotv10
08/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Haravugwa iki ku Banyamakuru bo kuri YouTube baherutse gufungwa?
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamakuru batatu bakora ibiganiro ku miyoboro ya YouTube, baherutse gutabwa muri yombi mu Karere ka Bugesera, amakuru aravuga ko bashobora gufungurwa nyuma yuko habayeho ubwumvikane hagati yabo n’uwo bakekwaho gukorera ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa n’ubujura.

Aba bakora ibiganiro kuri YouTube harimo uwitwa P. Onika na Janvier Romeo bakorera YouTube Channel ya 3D TV, na Muhire Pascal ukorera YouTube Channel yitwa Mayisha Entertainment, bafunzwe mu cyumweru gishize tariki 03 Nzeri 2025.

Aba banyamakuru bari batawe muri yombi bakekwaho urugomo rwo gukubita cyangwa gukomeretsa, no kwangiza ibikoresho by’aho bari banywereye.

Umunyamakuru Mbarubukeye Peacemaker uzwi nka Pundit dukesha aya makuru, mu kiganiro yatambukije kuri YouTube Channel yitwa ‘Ukuri kutavuzwe’, avuga ko aba banyamakuru bumvikanye n’uwo bakoreye biriya byaha, ndetse ko biteganyijwe ko bafungurwa kuri uyu wa 09 Nzeri 2025.

Uyu munyamakuru avuga ko uwakubiswe yagaragaje ko ubwo yakubitwaga n’abo banyamakuru yari afite telefone yaguze ibihumbi 350 Frw, ndetse akaba yari afite andi mafaranga mu mufuka ibihumbi 50 Frw, na yo yaburiye muri urwo rugomo yakorewe.

Uyu munyamakuru avuga ko mu bwumvikane bwabaye hagati y’aba banyamakuru n’uwo mugabo bakubise, yabaciye andi ibihumbi 600 Frw by’impozamarira, yose hamwe akaba Miliyoni 1 Frw bagomba kumuha.

Pundit ukunze gukurikirana inkuru z’ubutabera byumwihariko ibiba bivugwa ku byamamare, avuga ko nyuma yuko habayeho ubwo bwuvikane, inzego z’ubutabera zabyemeye, ndetse aba banyamakuru bakaba bemerewe gusohoka muri Kasho.

Pundit kandi avuga ko aba banyamakuru n’uriya mugabo bakekwaho gukubita no gukomeretsa, bapfuye ko uyu wakorewe urugomo, yaje mu kabari bariho banyweramo, agasuhuza umukobwa nyiri ako kabari, akanamusoma, bikazamurira umujinya abo banyamakuru ngo kuko basanzwe ari inshuti z’uwo mukobwa.

Uburyo bw’ubuhuza n’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha hagati y’Ubushinjacyaha n’uregwa, bukomeje kwimakazwa n’Ubutabera bw’u Rwanda, mu rwego rwo gukemura ibibazo bimwe bitarinze ko bigera mu Nkiko.

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitille Mukantaganzwa mu kiganiro yatanze ubwo hatangizwaga Umwaka w’Ubucamanza wa 2025-2026, yavuze ko mu mwaka ushize wa 2024-2025, imanza 15 012 zaciwe hakoreshejwe ubu buryo.

Muri izo harimo 3 166 z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi zakemuwe hakoreshejwe ubuhuza n’imanza 11 846 z’inshinjabyaha, zakemuwe hakoreshejwe ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha hagati y’Ubushinjacyaha n’uregwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 2 =

Previous Post

Abazi nyakwigendera Lt.Gen.Kabandana watabarutse bagize ibyo bamuvugaho azibukirwaho

Next Post

Ibyifuzo n’imigabo n’imigambi y’Abambasaderi bashya bashyikirije impapuro Perezida Kagame

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyifuzo n’imigabo n’imigambi y’Abambasaderi bashya bashyikirije impapuro Perezida Kagame

Ibyifuzo n’imigabo n’imigambi y’Abambasaderi bashya bashyikirije impapuro Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.