Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

radiotv10by radiotv10
13/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije REMA, kigaragaza ko guteka hadakoreshejwe Gaz mu bigo by’amashuri 20 byo mu Ntara y’Amajyepfo byatumye mu myaka itatu hagabanuka toni ibihumbi 625 z’imyuka ihumanya ikirere.

Guverinoma y’u Rwanda yahagurukiye gahunda yo kubungabunga ibidukikije nk’imwe mu nzira yo gutura aheza kandi buri wese afite amahirwe yo kubaho nta nkomyi.

Mu kubigeraho, u Rwanda rwihaye intego yo kuba rwagabanyije ikoreshwa ry’inkwi, amakara n’ibindi bicanwa bikomoka ku bimera nka bimwe mu byangiza ibidukikije bikanatanga umwuka uhumanya ikirere, rukava ku kigero cya 79,9% rwariho muri 2018 rukagera kuri 42% mu mwaka wa 2024.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije (REMA) cyatangije uburyo bwo gushishikariza ibigo by’amashuri guteka bakoresheje Gaze nka bamwe mu bohereza imyuka myinshi biturutse ku buryo bakoresha.

Bateka Majyambere Jean d’Amour uyobora ishuri ryitiriwe Mutagatifu Bernadette, yavuze ko gukoresha Gaze byagabanyije amafaranga yasohorwaga n’ikigo mu kugura ibicanwa.

Yagize ati “Inkwi za Miliyoni twarazitekeshaga mu mezi atatu zikaba zirashize, ariko Gaze ngura Miliyoni ebyiri tuyicana mu mezi atandatu, ukabona rero ko ikiguzi dutanga mu bijyanye n’ibicanwa cyaragabanutse.”

Nyabyenda Silas uri mu bakozi batekera abanyeshuri, yavuze ko gutekesha Gaze byabarinze imvune bahuraga na zo, ndetse n’indwara z’amaso bitewe n’imyotsi.

Yagize ati “Mbere byaratugoraga iyo twabaga turi gusatura turimo dukoresha inkwi, amaso yari agiye kuzatwica kubera imyotsi, ikindi guteka dukoresheje Gaz byaturinze imvune ubu umuntu asigaye abasha kuruhuka, nta mvune tugihura na zo zo gusatura inkwi cyangwa kuzikorera.”

Songa Remy, Umukozi muri REMA, uyobora Umushinga Green Amayaga, avuga ko iyi nzira yo kuyobora gutekesha Gaze mu bigo by’amashuri, yagize uruhare rufatika mu kugabanya ibyuka bihumanya ikirere.

Yagize ati “Iyo abantu bagiye gutegurira abana ibyo kurya bakoresheje inkwi, batema ibiti kandi ibiti bidufasha ya myuka ihumanya ikirere ari na yo itera imihindagurikire y’ibihe mu kirere, iyo batemye igiti kiba gihagaritse wa mumaro wacyo wo kugabanya imyuka ihumanya. Rero mu buryo bwo guhagarika imihindagurikire y’ibihe izo Gas zarafashije cyane kuko zarinze ibiti gutemwa, maze ibyo biti bikomeza kufufasha mu gufata ya myuka ihumanya ikirere. Rero izo Gas zadufashije kugabanya toni ibihumbi 625 z’imyuka ihumanya ikirere.”

U Rwanda rwihaye intego ko kugeza muri 2030 ruzaba rwagabanyije imyuka ihumanye yoherezwa mu kirere ku gipimo cya 38% nk’uko bigaragara muri Gahunda y’Igihugu yo kugabanya Imyuka ihumanye yoherezwa mu Kirere (Nationally Determined Contributions, NDC).

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 12 =

Previous Post

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

Next Post

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.