Friday, September 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

radiotv10by radiotv10
12/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Mark Cyubahiro Bagabe, avuga ko ubuhinzi bw’icyayi mu karere ka Nyaruguru bwazamuye imibereho y’ababukora, bityo ko bikwiye gutuma barushaho kongera ubuso babukoreraho, banarusheho gukirigita ifaranga ritubutse.

Dr Bagabe yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 11 Nzeri 2025 ubwo yasuraga abahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Nyaruguru anafungura   ku mugaragaro uruganda rushya rw’icyayi rwa Kibeho (Kibeho Tea Factory) ruherereye mu Murenge wa Kibeho.

Yagize ati “Ni ahanyu rero nk’abahinzi kugira ngo mwongere umusaruro, maze ibyiza by’uyu mushinga bizagere no ku baturage bo mu Murenge wa Munini na ho hateganyijwe urundi ruganda nk’uru mu minsi ya vuba.”

Yakomeje agira ati “Turabashishikariza gukomeza guhinga icyayi no kugikorera uko bikwiye kugira ngo tubone icyayi cyiza kuko ni cyo gituma tubona ibiciro byiza ku isoko mpuzamahanga.”

Uru ruganda rwitezweho kuzafasha abahinzi b’icyayi gukemura zimwe mu mbogamizi bajyaga bahura na zo zo gukora urugendo runini  bagemura umusaruro wabo ku nganda ndetse n’ikibazo cy’abakundaga kugaragaza ko nta kazi bafite.

Mukanemeye Clementine, umwe mu bahinzi b’icyayi, yagize ati “Wasangaga dukora urugendo tujyana umusaruro wacu ku nganda ahantu kure, tukanahura n’ikibazo cy’imihanda itameze neza, none ubu turaruhutse twabonye uruganda hafi ruzadufasha mu iterambere ryacu. Kuko ubu n’abana bacu bagiye kubona akazi haba mu ruganda ndetse no mu mirima y’icyayi.”

Kubana Eric na we ati “Wasangaga tubura ibyo gukora bitewe nuko akazi kabaga ari gake none ubu utazakabona mu mirima yanakabona ku ruganda, kandi aho uruganda ruri haba haje iterambere.”

Minisitiri Dr Bagabe yavuze ko Kibeho Tea Factory ari intangiriro y’amahirwe mashya ku bahinzi b’icyayi, ashimangira ko uru ruganda n’izindi ziri kubakwa zizagira uruhare rukomeye mu kuzamura ubukungu bw’Igihugu.

Uru ruganda rwubatswe na ‘Browns Plantations Rwanda Ltd ku bufatanye na Leta yu Rwanda, The Wood Foundation Africa ndetse na Guverinoma yu Bwongereza.

Uru ruganda ruteganya guhinga icyayi kuri hegitari zisaga 6 400 z’abahinzi bato, rukaba rufite ubushobozi bwo gutunganya toni 2 500 ku mwaka, aho ruteganya kuzajya rutunganya 7 500, mu gihe hazaba habonetse umusaruro uhagije.

Minisitiri Dr Bagabe yafunguye ku mugaragaro uruganda rushya muri Nyaruguru
Yasabye Abahinzi b’icyayi kubyaza umusaruro aya mahirwe
Ni uruganda rwitezweho gukomeza guhindura imibereho y’abaturage

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 11 =

Previous Post

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

Next Post

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Related Posts

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

by radiotv10
12/09/2025
0

Umusore n’inkumi bo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bagombaga gukora ubukwe, bajyanywe mu Bitaro nyuma yo gutegwa...

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

by radiotv10
12/09/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Kibaya-Cyunuzi mu Karere ka Ngoma, bavuga ko batahwemye kugaragaza imbogamizi zo kuba badafite aho banika...

Rwanda Expresses Solidarity with Qatar Following Iran’s Missile Attack

Rwanda condemns Israel strike in Doha, affirms solidarity with Qatar

by radiotv10
12/09/2025
0

The Government of Rwanda has unequivocally condemned the airstrike carried out by Israel in Doha, Qatar, on September 9, 2025,...

IZIHERUKA

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo
MU RWANDA

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

12/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

12/09/2025
Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

12/09/2025
Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

12/09/2025
Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.