Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

radiotv10by radiotv10
12/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Mark Cyubahiro Bagabe, avuga ko ubuhinzi bw’icyayi mu karere ka Nyaruguru bwazamuye imibereho y’ababukora, bityo ko bikwiye gutuma barushaho kongera ubuso babukoreraho, banarusheho gukirigita ifaranga ritubutse.

Dr Bagabe yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 11 Nzeri 2025 ubwo yasuraga abahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Nyaruguru anafungura   ku mugaragaro uruganda rushya rw’icyayi rwa Kibeho (Kibeho Tea Factory) ruherereye mu Murenge wa Kibeho.

Yagize ati “Ni ahanyu rero nk’abahinzi kugira ngo mwongere umusaruro, maze ibyiza by’uyu mushinga bizagere no ku baturage bo mu Murenge wa Munini na ho hateganyijwe urundi ruganda nk’uru mu minsi ya vuba.”

Yakomeje agira ati “Turabashishikariza gukomeza guhinga icyayi no kugikorera uko bikwiye kugira ngo tubone icyayi cyiza kuko ni cyo gituma tubona ibiciro byiza ku isoko mpuzamahanga.”

Uru ruganda rwitezweho kuzafasha abahinzi b’icyayi gukemura zimwe mu mbogamizi bajyaga bahura na zo zo gukora urugendo runini  bagemura umusaruro wabo ku nganda ndetse n’ikibazo cy’abakundaga kugaragaza ko nta kazi bafite.

Mukanemeye Clementine, umwe mu bahinzi b’icyayi, yagize ati “Wasangaga dukora urugendo tujyana umusaruro wacu ku nganda ahantu kure, tukanahura n’ikibazo cy’imihanda itameze neza, none ubu turaruhutse twabonye uruganda hafi ruzadufasha mu iterambere ryacu. Kuko ubu n’abana bacu bagiye kubona akazi haba mu ruganda ndetse no mu mirima y’icyayi.”

Kubana Eric na we ati “Wasangaga tubura ibyo gukora bitewe nuko akazi kabaga ari gake none ubu utazakabona mu mirima yanakabona ku ruganda, kandi aho uruganda ruri haba haje iterambere.”

Minisitiri Dr Bagabe yavuze ko Kibeho Tea Factory ari intangiriro y’amahirwe mashya ku bahinzi b’icyayi, ashimangira ko uru ruganda n’izindi ziri kubakwa zizagira uruhare rukomeye mu kuzamura ubukungu bw’Igihugu.

Uru ruganda rwubatswe na ‘Browns Plantations Rwanda Ltd ku bufatanye na Leta yu Rwanda, The Wood Foundation Africa ndetse na Guverinoma yu Bwongereza.

Uru ruganda ruteganya guhinga icyayi kuri hegitari zisaga 6 400 z’abahinzi bato, rukaba rufite ubushobozi bwo gutunganya toni 2 500 ku mwaka, aho ruteganya kuzajya rutunganya 7 500, mu gihe hazaba habonetse umusaruro uhagije.

Minisitiri Dr Bagabe yafunguye ku mugaragaro uruganda rushya muri Nyaruguru
Yasabye Abahinzi b’icyayi kubyaza umusaruro aya mahirwe
Ni uruganda rwitezweho gukomeza guhindura imibereho y’abaturage

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

Next Post

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.