Friday, September 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Amapoto yaje bizeye ko akurikirwa n’amashanyarazi none birirwa bayabona yaratangiye gusazira hasi aho arambaraye

radiotv10by radiotv10
22/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Amapoto yaje bizeye ko akurikirwa n’amashanyarazi none birirwa bayabona yaratangiye gusazira hasi aho arambaraye
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu Murenge wa Mata mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko bamaze igihe basabwa guhabwa umuriro w’amashanyarazi, ndetse amapoto akaba yari yazanywe bizeye ko bagiye kugezwaho iki gikorwa remezo, none imyaka ibiri irihiritse aryamye hasi.

Uretse ayo mapoto kandi, ngo n’imyobo yagombaga gushingwamo yari yaracacukuwe, ariko bategereza ko ashingwa amaso ahera mu kirere.

Niyoyite Gilbert ati “Bari bamaze iminsi batwemerera umuriro baraza bacukura imyobo yo gushyiramo amapoto na yo barayazana bagenda bayashira hirya no hino ku mihanda ndetse no mu mirima aho bateganyaga kunyuza umuriro w’amashanyarazi ariko kuri ubu imyaka igiye kuba ibiri  imyobo yarasibamye ndetse n’amapoto yatangiye gusaza.”

Uwimana Cansilida na we ati “Amapoto anyanyagiye hirya no hino ku misozi, ahubwo dufite impungenge ko bazanayiba bakayatubaza kuko ahamaze imyaka ibiri, n’umuriro ntitwawubonye, nubundi turacyari mu kizima kandi duturiye uruganda rw’icyayi rwo rufite umuriro.”

Aba baturage bavuga ko bakora urugendo runini bajya gushaka umuriro mu matelefone yabo ndetse no mu gihe bakeneye gukora ibikenera umuriro w’amashanyarazi.

Kayiranga Vedaste ati “Ubu kugira ngo tubone umuriro bidusaba kujya i Kibeho gushaka umuriro wa telefone cyangwa kwiyogoshesha. Turacyacana udutadowa kugira ngo tubone urumuri kandi amapoto aryamye hasi yakabaye ashingwa tukabona umuriro.”

Gasigwa Landfried, Umuyobozi wa Sosiyete y’Igihugu y’Ingufu REG ishami rya Nyaruguru avuga ko iby’abaturage bavuga ko amapoto amaze imyaka ibiri atari byo, uyu mwaka uzarangira bafite umuriro.

Ati “Iby’amapoto amaze imyaka ibiri si byo kuko amapoto yahashyizwe  muri uyu mwaka turimo kandi agiye gukoreshwa mu gutanga umuriro mu Kagari ka Gorwe, kuberako mu Karere ka Nyaruguru hari project ihari yo gukwirakwiza amashanyarazi aho atageze hose, aha ngaha na ho hazubakwa umuyoboro y’amashanyarazi ndetse bahabwe na cash powers. Byose biteganyijwe muri uyu mwaka nta gihindutse.”

Amapoto amaze igihe arambaye hasi

Bavuga ko birirwa bayabona nk’umutako

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 5 =

Previous Post

Ibitazibagirana ku munsi wa mbere wa Shampiyona y’Isi y’Amagare i Kigali bwa mbere muri Afurika

Next Post

Ngororero: Bavuze impamvu y’ibikorwa bibabangamira bigaragara ahantu hatinywa na benshi

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

by radiotv10
26/09/2025
0

Umuryango Mpuzamahanga w’Ubutabazi (Croix Rouge/Red Cross) ishami ryawo mu Rwanda, ryatanze umucyo ku ifoto igaragaza umukorerabushake wawo ari kuganira n’umwe...

Kayonza: Bahawe ubutaka bwo guhingaho ariko bafite ikindi basaba

Kayonza: Bahawe ubutaka bwo guhingaho ariko bafite ikindi basaba

by radiotv10
26/09/2025
0

Abahinzi b’ibigori bo mu Murenge wa Ruramira mu Karere ka Kayonza, bahawe ubutaka bwo guhingaho, barasaba n’ubwanikiro kuko ubwo bakoresha...

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

by radiotv10
25/09/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) kuba ryarahisemo ko Shampiyona y’Isi ibera mu Rwanda, ndetse akaba...

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

by radiotv10
25/09/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye bashyira mu majwi bamwe mu banyerondo gukorana n’abagira uruhare...

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

by radiotv10
25/09/2025
0

Ikirego cya Muganga Chantal wari wareze Dr Nsabimana Ernest wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, amushinja kuba barigeze gukundana akamwizeje kuzamugira...

IZIHERUKA

Amb.Gen.Patrick Nyamvumba yasuye Rayon muri Tanzania ayiha ubutumwa bw’ingenzi ku ntego yayijyanyeyo
FOOTBALL

Amb.Gen.Patrick Nyamvumba yasuye Rayon muri Tanzania ayiha ubutumwa bw’ingenzi ku ntego yayijyanyeyo

by radiotv10
26/09/2025
0

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

26/09/2025
Kayonza: Bahawe ubutaka bwo guhingaho ariko bafite ikindi basaba

Kayonza: Bahawe ubutaka bwo guhingaho ariko bafite ikindi basaba

26/09/2025
Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda

25/09/2025
Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

25/09/2025
Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

25/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngororero: Bavuze impamvu y’ibikorwa bibabangamira bigaragara ahantu hatinywa na benshi

Ngororero: Bavuze impamvu y’ibikorwa bibabangamira bigaragara ahantu hatinywa na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amb.Gen.Patrick Nyamvumba yasuye Rayon muri Tanzania ayiha ubutumwa bw’ingenzi ku ntego yayijyanyeyo

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

Kayonza: Bahawe ubutaka bwo guhingaho ariko bafite ikindi basaba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.