Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Umukwe yahindutse umutekamitwe ku munsi w’ubukwe bitera ababyeyi b’umukobwa ikimwaro

radiotv10by radiotv10
20/09/2025
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Umukwe yahindutse umutekamitwe ku munsi w’ubukwe bitera ababyeyi b’umukobwa ikimwaro
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wo mu Murenge wa Nyabitekeri n’umuryango we bari mu gahinda nyuma yo gutegereza umusore wari gusezerana n’umukobwa wabo bagaheba nyamara bari bamaze kwitegura ubukwe nyuma bakaza gusanga ari umugabo wubatse wagenzwaga no kubarya amafaranga.

Byabaye kuri uyu wa gatanu, ubwo Niyomuhoza Vestine wari witeguye gusezerana n’uwamubwiye  ko yitwa Nshimiyimana Peter wo mu Murenge wa Shangi yamaze kwitegura azi ko bagiye guhurira ku murenge wa Bushenge ngo bashyingirwe yamuhamagara agasanga yahinduye gahunda .

Vestine ngo  wari amaze umwaka ari mu rukundo n’uwo musore avuga ko bajyanye ku murenge kwiyandikisha ngo bazasezerane ariko ntibahasange gitifu hanyuma umusore akamubwira ko ari kubikurikirana birangira amubwiye ko bazashyingirwa kuri 19 Nzeri 2025.

Ati “Twari tumaze umwaka tumenyanye, iwabo nari ntarajya yo yambwiraga ko tuzajyayo nyuma yo gusezerana, yajyaga ahantungira urutoki. Bwa mbere twari twajyanye ku murenge dusanga gitifu yagiye ku karere, njyewe ndataha asigarana irangamuntu yanjye bukeye ajyayo nkajya numva ari kumwe n’abantu b’abayobozi, bakamubaza imyirondoro yanjye ndi kuri terefone birangiye niteguye ko nzasezerana kuri iyi tariki. Ubwo twari twaguze  umunsi kandi ayo yose ni njyewe wayatanze”

Mbere y’uko itariki yo gusezerana igera Vestina avuga ko hari amafaranga we n’umuryango we bagiye baha uyu musore ababwira ko yagize ibibazo runaka bakayamuha biyumvisha ko bari gufasha umukwe wabo

Agira ati “ ku wa gatatu yatubwiye ko bamufungiye i Ntendezi ngo kubera umuntu bakubitiye  mu myumbati ye, atubwira ko bamuciye ibihumbi 80 duhita tuyamuha ako kanya, yandiye ibihumbi mirongo 60 yo kwandikisha mu murenge, namuhaye ibihumbi 100 ambwira ngo ari kubaka i Muhanga. Uyu munsi nabyutse niteguye nk’umugeni uko uzi aba yambaye n’ubu ni ko nkyambaye. byageze nka saa sita tumuhamagaye aravuga ngo abantu baraye bamuteye akubitamo umwe agwa hasi bamujyana kwa muganga , avuga ko ari ibyo ari kwirukankamo ngo tuzasezeranya nyuma y’iminsi itatu. Ndifuza ko ubuyobozi bwamfasha akansubiza ibyange akanakurikiranwa kuko yansebeje.”

Mukarurangwa Consolee wari kuzaba umushyingira w’uyu mukobwa (maraine) avuga ko byaje kugaragara ko uwo mukwe ari umutekamutwe wishakiraga amafaranga kandi ko ubwo butekamitwe bwashyize uyu muryango mu gihombo kuko bari biteguye ubukwe banatumiye abantu ibiribwa n’ibinyobwa bikarangira bikoreshejwe uko bitateganyijwe.

Ati “Yakomeje acuma amasaha ayegeza imbere bigera aho avuga ngo dutegereze nyuma y’iminsi itatu, twabonye ari ubwambuzi bushukana. ubwo nyine iwabo w’umukobwa bagaburiye abantu bari batumiye barataha.”

Nyiragacondo Fausta ari na we mubyeyi w’umukobwa avuga ko icyabateye kumugirira icyizere ari uko yababwira ko ari imfubyi itagira ababyeyi none bikaba birangiye abateje urubwa nyuma yo kubavanaho amafaranga agera mu bihumbi 300.

Ati “Urubwa rwangiyeho, Umusore yaje ambwira ko yashimye umukobwa wanjye  kandi ko azamukwa ariko akaba atagira ababyeyi twumva ko nta kibazo kirimo kuko yavugaga ko azaza gusaba nyuma yo kuva mu murenge, ubwo rero uyu munsi umwana yambaye na bagenzi be bari kumuherekeza bari bamaze kwitegura, nari namaze guhamagaza moto zo kubageza ku murenge , byaje kurangira amubwiye ngo hari ibyo ari kwirukankamo, birangira ijiro riguye tugira ikimwaro n’umubabaro.”

Radio&tv10 yashakishije uyu musore kuri nimero za terefone zigera kuri ebyiri yavuganiragaho n’uyu mukobwa icyakora uwayitabye wavuze ko yitwa Nshyimiyimana Eraste avuga ko atazi uwo mukobwa ko haba habaye ho kwibeshya.

Ati “Mumubaze neza bayobozi, njyewe ndi umugabo ndubatse, uwo mukobwa ntawe nzi.”

Byaje kumenyekana ko uyu wigiraga umukwe ari umugabo wubatse ndetse utuye ahatandukanye n’aho yabwiraga uyu mukobwa ko ari ho iwabo nk’uko umwe mu batanze amakuru abivuga

Ati “Yabeshyaga ko i wabo ari aho bita Kabaga ariko amakuru maze kumenya ni uko ari uwo mu mudugudu wa Taba mu kagari ka Shangi kandi ni umugabo wubatse ufite umugore n’abana.”

Uwitwa Niyonzima Eric wajyaga aherekeza uwo musore i wabo w’umukobwa kugeza ubu yamaze gutabwa muri yombi, Niyomuhoza Vestina avuga ko ari we wabanje kumubeshya ko bakundana nawe akajya amurya amafaranga nyuma aza kumurangira Nshimiyimana Peter.

Vestine ati “Twakundanye hafi umwaka, nawe yagiye andya amafaranga ambwira ngo bamwibye, ngo nta nyina agira arangije antangamo pase kuri mugenzi we.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bushenge ari naho uyu musore yabwiraga umukobwa ko bari gushyingirirwa Hyacinthe Habumugisha avuga ko nta bukwe bari bafite kuri uyu munsi ,ahubwo akagira inama abaturage muri rusange kutagwa mu mitego y’abatekamutwe bashuka abakobwa muri ubwo buryo.

Ati “Nta bageni twari dufite uyu munsi, ntabo pe!. Icyo twabivugaho ni uko urubyiruko rwagaruka ku muco ku bijyanye n’imihango y’ubukwe, mu gihe baba bakundanye imiryango ikabimenya hagasabwa irembo, bakabaza n’abaranga. Ikindi bakwiye gufata igihe cyo kumenyana neza, ntibahubukire kwizera urukundo no gutanga amafaranga.”

Uyu muyobozi asoza yibutsa abakenera serivise zo kwandikisha ubukwe ku murenge ko bagomba kuza ari babiri kugira ngo hatabamo uburiganya nk’ubwo.

Niyomuhoza wari wamaze kwitegura kujya ku Murenge yatahiye kwitegura
Nshimiyimana Peter yanenzwe
Niyonzima Eric wabanje ku gutereta uwo mukobwa nyuma akamutangamo passe yatawe muri yombi

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Ingorane z’uwabyaye akiri muto ziyongereyeho ingaruka zo kongererwa imyaka igakubwa gatatu

Next Post

Eng.-Minister Nduhungirehe’s response to a Belgian MP regarding her criticism of Rwanda

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Minister Nduhungirehe’s response to a Belgian MP regarding her criticism of Rwanda

Eng.-Minister Nduhungirehe’s response to a Belgian MP regarding her criticism of Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.