Tuesday, November 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamasheke: Batekereza kurandura icyayi bitewe n’uruganda rutinda kubishyura bikabatera ubukene

radiotv10by radiotv10
23/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamasheke: Batekereza kurandura icyayi bitewe n’uruganda rutinda kubishyura bikabatera ubukene
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’icyayi bo mu mirenge ya Cyato na Kanjongo babarizwa muri koperative COTHECYAKA bahangayikishijwe no kuba uruganda rwa Cyato tea plantation and factory ltd bagemuraho umusaruro rukomeje kubashyira mu bukene aho bamara amezi atatu batarabona amafaranga ku buryo bigera aho bamwe batekereza kurandura icyayi.

Ababwiye Radio&tv10 iki kibazo bavuga ko baheruka kubona amafaranga ku musaruro wabo muri Gicurasi uyu mwaka hakaba hashize amezi atatu batazi igituma uruganda rutabaha amafaranga.

Nkundabagenzi Adrien ati “Twebwe byaraturenze, tumaze amezi atatu tutabona mafaranga, twabuze n’urugero twabivugamo”.

kutishyura abahinzi k’uru ruganda  bavuga ko atari iby’ubu kuko mu mwaka ushize nabwo byari byamanuye ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) n’ubuyobozi bw’akarere bigahabwa umurongo ariko uru ruganda ntirwubahirize imyanzuro yari yafashwe .

Nyirakadende Monique ati “Bari bakoze inama abayobozi bo muri NAEB baje, icyo gihe batubwira ko bazajya batwishyura buri kwezi ariko ntibabyubahiriza kuko ubu duheruka amafaranga yo mu kwa 5”.

Umukozi ushinzwe ubuzima bwa buri munsi bwa koperative COTHECYAKA Mushimiyimana Theoneste avuga ko bakora fagitire buri kwezi bakayishyikiriza uruganda ariko ntibamenye impamvu rutishyura abahinzi ndetse akavuga ko hari n’undi mwenda wo kuva muri 2023 uru ruganda rutarishyura koperative.

Ati “Kuva mu kwezi kwa 6 tubaha amababi ariko ntibatwishyura. Hari amafaranga twita 45%, ni yo baturimo amezi atatu. Hakaba n’andi twita 5% , ayo yo kuva muri 2023 ntago barishyuraho n’igiceri na kimwe, nyamara mu nama yabaye mu kwa 11 muri 2024, bari bemereye NAEB n’akarere ko bitari kurenga ukwa 12 k’uwo mwaka bataramara kuyishyura”.

Mu kugaragaza zimwe mu ngaruka baterwa no kumara igihe bategereje amafaranga y’umusaruro baba batazi igihe azabagereraho, aba bahinzi bavuga ko bibatera ubukene no kubura icyo bahemba ababakorera mu cyayi bamwe bakavuga ko hari aho bigera bagatekereza kurandura icyayi ngo bahinge indi myaka yabatungira imiryango.

Nsengumuremyi Francois ati “Tubayeho nabi rwose kuko n’abasoromyi dukoresha baratwishyuza tukabura ubwishyu, ubu twaragurishije amatungo twararangije. Dusigariye aho dusanga rero icyayi ntacyo kitumariye kuko ureba ugasanga ni ikidutera ubukene gusa nta kindi”.

Nyirakadende Monique nawe ati “Ahubwo hari n’uburyo, umuntu afite ubushobozi bwo kukirandura yakirandura ni uko bitashoboka. Kuko tubona ntacyo kitumariye, iyo tuza guhinga ibindi ubu biba bitunze abana”.

Umuyobozi w’uruganda rwa Cyato tea plantation and factory ltd rutungwa agatoki n’abahinzi ku kubateza ubukene Ingabire Assoumpta wumvikana nk’utifuza gutanga amakuru arambuye kuri iki kibazo avuga ko uru ruganda rwaba rwatangiye kwishyura aba bahinzi ariko ntavuga ingano y’amafaranga rumaze kwishyura mu yo rwishyuzwa y’amazi atatu.

Ati “Ngira ngo ibyiza ni uko mwaza tukabivugana turi kumwe hano. Byose byaratangiye kubishyura. Kubikubwira kuri terefone mu by’ukuri nta mutekano bifite”.

Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Muhayeyezu Joseph Desire avuga ko akarere katari kazi ko ari aha bigeze, icyakora ko ubuyobozi bugiye kujya busaba uruganda raporo ya buri kwezi igaragaza ko abahinzi bishyuwe

Ati “Ntabwo twari tubizi ko bigeze ahongaho. turongera tuvugane n’uruganda rwubahirize amasezerano rwari rufitanye n’abahinzi. Umuhinzi ukorera icyayi agashyiramo ifumbire yakagombye kubona umusaruro buri kwezi. Ingamba tugiye gushyiraho nk’akarere ni uko turajya dusaba raporo ya buri kwezi igaragaza ko uruganda rwishyuye abaturage”.

Inyandiko za koperative COTHECYAKA zigaragaza ko uru ruganda rwari rufitiye umwenda abahinzi ku musaruro w’icyayi kuva muri Kamena kugera muri Kanama 2025 urenga ho gato miriyoni 45 ku yo bita 45%, mu gihe ayitwa 5% rufiteho umwenda wo kuva muri 2023 rwishyuzwa miriyoni 30 zirengaho gato yose hamwe akaba 75,337,246 Frw.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Top 5 peak speeds recorded so far at the UCI Road World Championships in Kigali

Next Post

Ibikubiye mu ibaruwa y’ubwegure bwa Vital Kamerhe wari Perezida w’Inteko ya Congo

Related Posts

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

by radiotv10
11/11/2025
0

Sosiyete y’Igihigu Ishinzwe Ingufu-REG yasobanuye ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ryabaye ku Cyumweru mu bice hafi ya byose by’Igihugu, ryaturutse ku...

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusaza w’imyaka 72 wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, wakoraga akazi ko gucukura imva, bamusanze ku nzira...

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

by radiotv10
10/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bahawe amatara akoresha imirasire y’izuba, nyuma...

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

Ikigo gisuzuma ubuziranenge bw'Ibinyabiziga by’umwihariko ibirimo moto zidakoresha amashanyarazi zizajya zipimwa imyuka zisohora, kigiye gutangira gukora, kikaba giherereye mu Murenge...

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

In today’s fast-changing world, having a degree alone isn’t enough. Many opportunities require practical skills that schools don’t always teach....

IZIHERUKA

Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo
AMAHANGA

Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo

by radiotv10
11/11/2025
0

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

11/11/2025
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

11/11/2025
Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

10/11/2025
Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

10/11/2025
Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

10/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibikubiye mu ibaruwa y’ubwegure bwa Vital Kamerhe wari Perezida w’Inteko ya Congo

Ibikubiye mu ibaruwa y’ubwegure bwa Vital Kamerhe wari Perezida w’Inteko ya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.