Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuryango wibarutse impanga eshatu zasanze abana batatu usanganywe urasaba ubufasha

radiotv10by radiotv10
24/09/2025
in MU RWANDA
0
Umuryango wibarutse impanga eshatu zasanze abana batatu usanganywe urasaba ubufasha
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango utuye mu Kagari ka Nzove mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Gasabo, umaze umwaka n’igice wibarutse impanga z’abana batatu, urasaba ubufasha abagiraneza kugira ngo ubashe kubarera, kuko batangiye kurwara indwara z’imirire mibi nka Bwaki.

Uyu muryango wa Mbonigaba Celestin na Mukasimugomwa Console utuye mu Mudugudu wa Ruyenzi, Akagari ka Nzove, uvuga ko izi mpanga z’abana batatu, zaje zisanga abandi bana batatu wari usanganywe.

Ni abana baje n’ubundi uyu muryango usanzwe uriho mu buzima bwo gupfundikanya, dore ko umubyeyi umwe muri bo yari asanzwe akora akazi k’ubuzunguzayi.

Mukasimugomwa Console yagize ati “Ubuzima bumeze nabi cyane nabyaye aba bana batatu nari umuzunguzayi, ubuzima bwaje kuba bubi mbura icyo kubaha. Mfitemo umwe uri mu mirire mibi n’abandi bari konka ibere rimwe kuko irindi rirwaye.”

Muri aba bana harimo n’abarwaye indwara zituruka ku mirire mibi ku buryo hari n’abagaragaza umusatsi wacuramye.

Ise ubabyara avuga ko imibereho yabo ntaho ishingiye kuko usibye kugobokwa n’abagiraneza ntahandi bakura ikibatunga.

Ati “Ndasaba ubufasha kuko abana barimo barandwarana Bwaki, ntaho ngira ndambika umusaya dore aho mba ni ahangaha ni habi. Turasaba ubufasha abana babone icyo bashyira mu nda.”

Abaturanyi b’uyu muryango, na bo babona Leta ikwiye gufasha uyu muryango kugira ngo babashe kureba abana babo.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kinyinya buravuga ko bwamusabye ko ashaka ikiraro cyo kororeramo inka kugira ngo bayimuhe ariko kugeza n’ubu atarakibona.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge, Dusabeyezu Emmanuel ati “Twari twamwemereye ko tumuha inka nabona aho ayororera, aramutse ahabonye twayimuha, iyo ibyaye nkakuriya urabakorera nta kundi hari n’abandi dufite dufasha bafite ibibazo bikomeye kurusha we.”

Uyu muryango ucumbitse mu nzu nto y’icyumba kimwe n’uruganiro by’umukecuru ufite inzu y’ibyo iri muri aka gace.

Nyina w’aba bana avuga ko batangiye kubarwarana Bwaki
Bamwe batangiye kugira imisatsi icuramye nk’ikimenyetso cy’imirire mibi
Na se arasaba ubufasha

NTAMBARA Garleon
RADIOTV 10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 4 =

Previous Post

Eng.-President Kagame highlights the benefits of strong relations between Rwanda and Egypt

Next Post

Uko byagenze ngo umwarimu afatirwe ku ishuri yigishaho i Rubavu n’ibyo akekwaho

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Uko byagenze ngo umwarimu afatirwe ku ishuri yigishaho i Rubavu n'ibyo akekwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.