• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuryango wibarutse impanga eshatu zasanze abana batatu usanganywe urasaba ubufasha

radiotv10by radiotv10
24/09/2025
in MU RWANDA
0
Umuryango wibarutse impanga eshatu zasanze abana batatu usanganywe urasaba ubufasha
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango utuye mu Kagari ka Nzove mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Gasabo, umaze umwaka n’igice wibarutse impanga z’abana batatu, urasaba ubufasha abagiraneza kugira ngo ubashe kubarera, kuko batangiye kurwara indwara z’imirire mibi nka Bwaki.

Uyu muryango wa Mbonigaba Celestin na Mukasimugomwa Console utuye mu Mudugudu wa Ruyenzi, Akagari ka Nzove, uvuga ko izi mpanga z’abana batatu, zaje zisanga abandi bana batatu wari usanganywe.

Ni abana baje n’ubundi uyu muryango usanzwe uriho mu buzima bwo gupfundikanya, dore ko umubyeyi umwe muri bo yari asanzwe akora akazi k’ubuzunguzayi.

Mukasimugomwa Console yagize ati “Ubuzima bumeze nabi cyane nabyaye aba bana batatu nari umuzunguzayi, ubuzima bwaje kuba bubi mbura icyo kubaha. Mfitemo umwe uri mu mirire mibi n’abandi bari konka ibere rimwe kuko irindi rirwaye.”

Muri aba bana harimo n’abarwaye indwara zituruka ku mirire mibi ku buryo hari n’abagaragaza umusatsi wacuramye.

Ise ubabyara avuga ko imibereho yabo ntaho ishingiye kuko usibye kugobokwa n’abagiraneza ntahandi bakura ikibatunga.

Ati “Ndasaba ubufasha kuko abana barimo barandwarana Bwaki, ntaho ngira ndambika umusaya dore aho mba ni ahangaha ni habi. Turasaba ubufasha abana babone icyo bashyira mu nda.”

Abaturanyi b’uyu muryango, na bo babona Leta ikwiye gufasha uyu muryango kugira ngo babashe kureba abana babo.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kinyinya buravuga ko bwamusabye ko ashaka ikiraro cyo kororeramo inka kugira ngo bayimuhe ariko kugeza n’ubu atarakibona.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge, Dusabeyezu Emmanuel ati “Twari twamwemereye ko tumuha inka nabona aho ayororera, aramutse ahabonye twayimuha, iyo ibyaye nkakuriya urabakorera nta kundi hari n’abandi dufite dufasha bafite ibibazo bikomeye kurusha we.”

Uyu muryango ucumbitse mu nzu nto y’icyumba kimwe n’uruganiro by’umukecuru ufite inzu y’ibyo iri muri aka gace.

Nyina w’aba bana avuga ko batangiye kubarwarana Bwaki
Bamwe batangiye kugira imisatsi icuramye nk’ikimenyetso cy’imirire mibi
Na se arasaba ubufasha

NTAMBARA Garleon
RADIOTV 10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 2 =

Previous Post

Eng.-President Kagame highlights the benefits of strong relations between Rwanda and Egypt

Next Post

Uko byagenze ngo umwarimu afatirwe ku ishuri yigishaho i Rubavu n’ibyo akekwaho

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Uko byagenze ngo umwarimu afatirwe ku ishuri yigishaho i Rubavu n'ibyo akekwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.