Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amashirakinyoma kuri Video yatumye umugabo ahabwa urw’amenyo kubera iby’imperuka n’ibyo benshi batamenye

radiotv10by radiotv10
28/09/2025
in MU RWANDA
0
Amashirakinyoma kuri Video yatumye umugabo ahabwa urw’amenyo kubera iby’imperuka n’ibyo benshi batamenye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo witwa Patrick Kamanzi yaburiye abantu ko hari igihuha cyakwirakwijwe ku isi cy’abayobya abantu ko Yesu agiye kugaruka bakanavuga itariki bizaberaho, ariko abantu bakatamo agace ka gato k’amashusho y’uwo muburo, kazenguruka henshi bituma bamwita umuyobe.

Amashusho yakwirakwiye, yumvikanamo uyu mugabo avuga ko isi izarangira tariki 23 Nzeri uyu mwaka, ariko ikitarabashije kumenyekana, ni itangiriro ry’aya mashusho.

Ni videwo yazengurutse ku mbugankoranyambaga, Tiktok, Instagram, X na facebook yavugishije benshi, abakuru n’abato bavuga ko uwabitangaje akwiye gusaba imbabazi.

Muri aka gace k’amashusho, uyu mugabo yumvikana agira ati “Ni uko amakuru aragiye mu buryo buteye ubwoba, iburengerazuba, iburasirazuba, ikusi n’ikasikazi mu mpande enye z’isi, byahereye South Afrika nkuko twabibabwiye tunabereka uwabitangiye Evangeliste Joshua dushyiraho nibyo yavuze ntabwo tubigarura birarenga, bijya no mubazungu bijya no mu bandi bose, bimaze kwamamara kandi siwe wenyine hari benshi bemeza neza ko kuva ku tariki 23 na 24 hazaba ikintu gikomeye ku isi, ubwo Yesu azaza gutwara itorero.”

Ako gace ka videwo bakase gakomeza avuga ko hari abo yakurikiye bemeje ko bagombaga kwinjira mu buzima bwo kwiyeza mbere y’iyo tariki guhera sasita z’ijoro za 23 Nzeri ngo bari bari mu masengesho yo kwiriza no gusenga biyeza basaba Imana batura ibyaha byabo.

Yanavuze ko hagombaga kuba harimo film ya Yesu kugera izamuka ry‘itorero ribaye ngo television bari kuyisiga irimo kwaka yonyine, akongerago ngo “Ni uko babyizera…”

Abantu bahise bakeka ko ari we wazanye icyo gihuha ariko bashutswe n’agace k’amashusho bakase muri byinshi yavuze.

 

Byaturutse he?

Ubundi uyu mugabo yitwa Patrick Kamanzi ukorera kuri murandasi ku rubuga rwa Youtube ku izina rya 12 Ouvriers yacishijeho ikiganiro gifite umutwe ugira uti “Ni iki kizaba koko ku itariki ya 23/09/2025 ku isi yose MWITONDE MUTAGWA MU MOSHYA.”

Ni igihuha yari yabonye kibeshya abantu itariki Yesu ngo yari kugarukaho cyari cyakwiriye isi yose cyaturutse mu babwirizabutumwa bo muri Afrika y’Epfo barimo uwitwa Evangeliste Joshua.

Muri iyi nkuru yakoze, yavugaga ko hari igihuha kiri kubeshya abantu ko Yesu agiye kuza gutwara abe ati “Benedata igihuha kiranyaruka igisigaye ni uko wabivuga mu bitangazamakuru bikomeye naho ubundi isi yose iri mu gihuha gikomeye ku itariki 23 kivuga ngo Yesu nibwo azaza.”

Akomeza yibaza ibibazo anabivugaho byinshi ati “Ese azaza gutwara itorero, ese azaza aje kwima ingoma ye? bo baravuga ko azaza gutwara itorero, ngo abantu amamiliyoni bazamuke basanganire Yesu mu kirere.”

Uyu mugabo yemeza ko isaha iyo ari yo yose Yesu yaza gutwara itorero rye ariko kandi akanavugako atari muri ba bandi bavuze igihe n’amatariki.

Ati “Ni abapasitoro bakomeye narababeretse mu biganiro byabanje, bagiye bavuga ko Yesu azagaruka mu kwezi kwa cyenda uyu mwaka cyangwa utaha, ariko ibyo simbyemera na bibiliya ubwayo ntabwo ibyemera.”

Yakomeje ararikira abantu kuva ku bihuha. Ati “Bavandimwe nshuti za Yesu va ku bihuha, va mu byo urimo kumva, tesha agaciro ibyo bintu, ha agaciro ijambo ry’ukuri ari yo bibiliya Kristo yadusigiye.”

Amashusho yakwirakwiye igaca ibintu ku mbuga nkoranyambaga, ni agace gato bakasemo kagaragaza asa nk’aho yemeza igihuha kandi we yaraburiraga abantu kuko yakomeje asobanura aho byavuye anavuga ko ikizakurikiraho nibitaba ari ishyano kuko umugambi ngo wa satani ari ukugusha abakristo baba bizeye icyo gihuha.

Avuga ko abo batanze ariya matangazo yo kubeshya abantu ko Yesu agiye kuza, ari umugambi bafite uwo kuyobya abantu.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + fifteen =

Previous Post

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

Next Post

Amateka yiyandikiye i Rwanda: Mu maso y’Isi yose rurangiranwa Pogačar yegukanye Shampiyona y’Amagare yakurikiwe bidasanzwe

Related Posts

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

IZIHERUKA

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri
IBYAMAMARE

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

by radiotv10
17/11/2025
0

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

17/11/2025
Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

16/11/2025
Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amateka yiyandikiye i Rwanda: Mu maso y’Isi yose rurangiranwa Pogačar yegukanye Shampiyona y’Amagare yakurikiwe bidasanzwe

Amateka yiyandikiye i Rwanda: Mu maso y’Isi yose rurangiranwa Pogačar yegukanye Shampiyona y’Amagare yakurikiwe bidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.