Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amashirakinyoma kuri Video yatumye umugabo ahabwa urw’amenyo kubera iby’imperuka n’ibyo benshi batamenye

radiotv10by radiotv10
28/09/2025
in MU RWANDA
0
Amashirakinyoma kuri Video yatumye umugabo ahabwa urw’amenyo kubera iby’imperuka n’ibyo benshi batamenye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo witwa Patrick Kamanzi yaburiye abantu ko hari igihuha cyakwirakwijwe ku isi cy’abayobya abantu ko Yesu agiye kugaruka bakanavuga itariki bizaberaho, ariko abantu bakatamo agace ka gato k’amashusho y’uwo muburo, kazenguruka henshi bituma bamwita umuyobe.

Amashusho yakwirakwiye, yumvikanamo uyu mugabo avuga ko isi izarangira tariki 23 Nzeri uyu mwaka, ariko ikitarabashije kumenyekana, ni itangiriro ry’aya mashusho.

Ni videwo yazengurutse ku mbugankoranyambaga, Tiktok, Instagram, X na facebook yavugishije benshi, abakuru n’abato bavuga ko uwabitangaje akwiye gusaba imbabazi.

Muri aka gace k’amashusho, uyu mugabo yumvikana agira ati “Ni uko amakuru aragiye mu buryo buteye ubwoba, iburengerazuba, iburasirazuba, ikusi n’ikasikazi mu mpande enye z’isi, byahereye South Afrika nkuko twabibabwiye tunabereka uwabitangiye Evangeliste Joshua dushyiraho nibyo yavuze ntabwo tubigarura birarenga, bijya no mubazungu bijya no mu bandi bose, bimaze kwamamara kandi siwe wenyine hari benshi bemeza neza ko kuva ku tariki 23 na 24 hazaba ikintu gikomeye ku isi, ubwo Yesu azaza gutwara itorero.”

Ako gace ka videwo bakase gakomeza avuga ko hari abo yakurikiye bemeje ko bagombaga kwinjira mu buzima bwo kwiyeza mbere y’iyo tariki guhera sasita z’ijoro za 23 Nzeri ngo bari bari mu masengesho yo kwiriza no gusenga biyeza basaba Imana batura ibyaha byabo.

Yanavuze ko hagombaga kuba harimo film ya Yesu kugera izamuka ry‘itorero ribaye ngo television bari kuyisiga irimo kwaka yonyine, akongerago ngo “Ni uko babyizera…”

Abantu bahise bakeka ko ari we wazanye icyo gihuha ariko bashutswe n’agace k’amashusho bakase muri byinshi yavuze.

 

Byaturutse he?

Ubundi uyu mugabo yitwa Patrick Kamanzi ukorera kuri murandasi ku rubuga rwa Youtube ku izina rya 12 Ouvriers yacishijeho ikiganiro gifite umutwe ugira uti “Ni iki kizaba koko ku itariki ya 23/09/2025 ku isi yose MWITONDE MUTAGWA MU MOSHYA.”

Ni igihuha yari yabonye kibeshya abantu itariki Yesu ngo yari kugarukaho cyari cyakwiriye isi yose cyaturutse mu babwirizabutumwa bo muri Afrika y’Epfo barimo uwitwa Evangeliste Joshua.

Muri iyi nkuru yakoze, yavugaga ko hari igihuha kiri kubeshya abantu ko Yesu agiye kuza gutwara abe ati “Benedata igihuha kiranyaruka igisigaye ni uko wabivuga mu bitangazamakuru bikomeye naho ubundi isi yose iri mu gihuha gikomeye ku itariki 23 kivuga ngo Yesu nibwo azaza.”

Akomeza yibaza ibibazo anabivugaho byinshi ati “Ese azaza gutwara itorero, ese azaza aje kwima ingoma ye? bo baravuga ko azaza gutwara itorero, ngo abantu amamiliyoni bazamuke basanganire Yesu mu kirere.”

Uyu mugabo yemeza ko isaha iyo ari yo yose Yesu yaza gutwara itorero rye ariko kandi akanavugako atari muri ba bandi bavuze igihe n’amatariki.

Ati “Ni abapasitoro bakomeye narababeretse mu biganiro byabanje, bagiye bavuga ko Yesu azagaruka mu kwezi kwa cyenda uyu mwaka cyangwa utaha, ariko ibyo simbyemera na bibiliya ubwayo ntabwo ibyemera.”

Yakomeje ararikira abantu kuva ku bihuha. Ati “Bavandimwe nshuti za Yesu va ku bihuha, va mu byo urimo kumva, tesha agaciro ibyo bintu, ha agaciro ijambo ry’ukuri ari yo bibiliya Kristo yadusigiye.”

Amashusho yakwirakwiye igaca ibintu ku mbuga nkoranyambaga, ni agace gato bakasemo kagaragaza asa nk’aho yemeza igihuha kandi we yaraburiraga abantu kuko yakomeje asobanura aho byavuye anavuga ko ikizakurikiraho nibitaba ari ishyano kuko umugambi ngo wa satani ari ukugusha abakristo baba bizeye icyo gihuha.

Avuga ko abo batanze ariya matangazo yo kubeshya abantu ko Yesu agiye kuza, ari umugambi bafite uwo kuyobya abantu.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − nine =

Previous Post

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

Next Post

Amateka yiyandikiye i Rwanda: Mu maso y’Isi yose rurangiranwa Pogačar yegukanye Shampiyona y’Amagare yakurikiwe bidasanzwe

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amateka yiyandikiye i Rwanda: Mu maso y’Isi yose rurangiranwa Pogačar yegukanye Shampiyona y’Amagare yakurikiwe bidasanzwe

Amateka yiyandikiye i Rwanda: Mu maso y’Isi yose rurangiranwa Pogačar yegukanye Shampiyona y’Amagare yakurikiwe bidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.