Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yatangaje uko ibiganiro bye na Netanyahu byagenze n’icyo abona kizakurikira

radiotv10by radiotv10
30/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yatangaje uko ibiganiro bye na Netanyahu byagenze n’icyo abona kizakurikira
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu ahuye na Donald Trump, uyu Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko ibiganiro byabo byageze ku mwanzuro uri hafi cyane y’icyazanira amahoro uburasirazuba bwo hagati.

Aganira y’intangazamakuru muri White House, Perezida Donald Trump yagize ati “Nibura hari aho twageze, mu buryo buto cyane, twageze hafi cyane y’umwanzuro w’amahoro.”

Perezida Trump yagaragaje ingingo 20 zikubiye mu mushinga wo kurangiza intambara ya Israel muri Gaza no kurekura Abanya-Israel bafashwe bugwate ubu bakaba bakiri ku butaka bwa Palestine.

Ikinyamakuru Al Jazeera kiravuga ko amakuru cyahawe n’abadipolomate, yemeza ko itsinda rya Hamas riri gusuzuma umushinga wa Trump ugamije gushyira akadomo kuri iriya ntambara.

Trump kandi yashimiye Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu kuba yemeye uriya mushinga yamugejejeho ugamije kurangiza intambara.

Yagize ati “Mwakoze cyane mwese. Uyu ni umunsi ukomeye cyane, umunsi mwiza, ushobora kuba ari wo munsi w’amahirwe ngize mu minsi yose yo mu miyoborere yanjye.”

Yakomeje agira ati “Ariko ntabwo ndi kuvuga kuri Gaza gusa. Yego Gaza ni kimwe mu byo mvuga, ariko turavuga mu buryo bwagutse burenze na Gaza. Buri kimwe kiri muri uyu mugambi wose kiri kugenda gikemuka. Twabyita amahoro mu burasirazuba bwo hagati.”

Arongera ati “Njye na Minisitiri w’Intebe Netanyahu dusoje inama y’ingenzi yigaga ku bibazo bikomeye birimo Iran, ubucuruzi, kwagura amasezerano ya Abraham Accords, ariko byumwihariko twaganiriye uburyo hasozwa intambara amuri Gaza, ariko ni kimwe mu bintu byagutse, kizazana amahoro mu burasirazuba bwo hagati, ndumva twabyita amahoro ahoraho mu burasirazuba bwo hagati.”

Trump yavuze ko kandi uyu mushinga uzazana amahoro muri biriya bice, yawusangije Ibihugu by’inkoramutima ya Leta Zunze Ubumwe za America, kandi ko bose bawushimye, kandi ko anafite amakuru ko na Hamas na yo yifuza ko bishyirwa mu bikorwa.

Perezida Trump na PM Netanyahu baganiriye kuri uyu wa Mbere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

How to network when you’re shy, introverted, or overthinking

Next Post

Irebere bwa mbere abakinnyi bo muri NBA ya mbere ku Isi bambaye ‘VisitRwanda’ (AMAFOTO)

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Irebere bwa mbere abakinnyi bo muri NBA ya mbere ku Isi bambaye ‘VisitRwanda’ (AMAFOTO)

Irebere bwa mbere abakinnyi bo muri NBA ya mbere ku Isi bambaye ‘VisitRwanda’ (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.