• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yatangaje uko ibiganiro bye na Netanyahu byagenze n’icyo abona kizakurikira

radiotv10by radiotv10
30/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yatangaje uko ibiganiro bye na Netanyahu byagenze n’icyo abona kizakurikira
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu ahuye na Donald Trump, uyu Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko ibiganiro byabo byageze ku mwanzuro uri hafi cyane y’icyazanira amahoro uburasirazuba bwo hagati.

Aganira y’intangazamakuru muri White House, Perezida Donald Trump yagize ati “Nibura hari aho twageze, mu buryo buto cyane, twageze hafi cyane y’umwanzuro w’amahoro.”

Perezida Trump yagaragaje ingingo 20 zikubiye mu mushinga wo kurangiza intambara ya Israel muri Gaza no kurekura Abanya-Israel bafashwe bugwate ubu bakaba bakiri ku butaka bwa Palestine.

Ikinyamakuru Al Jazeera kiravuga ko amakuru cyahawe n’abadipolomate, yemeza ko itsinda rya Hamas riri gusuzuma umushinga wa Trump ugamije gushyira akadomo kuri iriya ntambara.

Trump kandi yashimiye Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu kuba yemeye uriya mushinga yamugejejeho ugamije kurangiza intambara.

Yagize ati “Mwakoze cyane mwese. Uyu ni umunsi ukomeye cyane, umunsi mwiza, ushobora kuba ari wo munsi w’amahirwe ngize mu minsi yose yo mu miyoborere yanjye.”

Yakomeje agira ati “Ariko ntabwo ndi kuvuga kuri Gaza gusa. Yego Gaza ni kimwe mu byo mvuga, ariko turavuga mu buryo bwagutse burenze na Gaza. Buri kimwe kiri muri uyu mugambi wose kiri kugenda gikemuka. Twabyita amahoro mu burasirazuba bwo hagati.”

Arongera ati “Njye na Minisitiri w’Intebe Netanyahu dusoje inama y’ingenzi yigaga ku bibazo bikomeye birimo Iran, ubucuruzi, kwagura amasezerano ya Abraham Accords, ariko byumwihariko twaganiriye uburyo hasozwa intambara amuri Gaza, ariko ni kimwe mu bintu byagutse, kizazana amahoro mu burasirazuba bwo hagati, ndumva twabyita amahoro ahoraho mu burasirazuba bwo hagati.”

Trump yavuze ko kandi uyu mushinga uzazana amahoro muri biriya bice, yawusangije Ibihugu by’inkoramutima ya Leta Zunze Ubumwe za America, kandi ko bose bawushimye, kandi ko anafite amakuru ko na Hamas na yo yifuza ko bishyirwa mu bikorwa.

Perezida Trump na PM Netanyahu baganiriye kuri uyu wa Mbere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

How to network when you’re shy, introverted, or overthinking

Next Post

Irebere bwa mbere abakinnyi bo muri NBA ya mbere ku Isi bambaye ‘VisitRwanda’ (AMAFOTO)

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Irebere bwa mbere abakinnyi bo muri NBA ya mbere ku Isi bambaye ‘VisitRwanda’ (AMAFOTO)

Irebere bwa mbere abakinnyi bo muri NBA ya mbere ku Isi bambaye ‘VisitRwanda’ (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.