Monday, November 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yatangaje uko ibiganiro bye na Netanyahu byagenze n’icyo abona kizakurikira

radiotv10by radiotv10
30/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yatangaje uko ibiganiro bye na Netanyahu byagenze n’icyo abona kizakurikira
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu ahuye na Donald Trump, uyu Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko ibiganiro byabo byageze ku mwanzuro uri hafi cyane y’icyazanira amahoro uburasirazuba bwo hagati.

Aganira y’intangazamakuru muri White House, Perezida Donald Trump yagize ati “Nibura hari aho twageze, mu buryo buto cyane, twageze hafi cyane y’umwanzuro w’amahoro.”

Perezida Trump yagaragaje ingingo 20 zikubiye mu mushinga wo kurangiza intambara ya Israel muri Gaza no kurekura Abanya-Israel bafashwe bugwate ubu bakaba bakiri ku butaka bwa Palestine.

Ikinyamakuru Al Jazeera kiravuga ko amakuru cyahawe n’abadipolomate, yemeza ko itsinda rya Hamas riri gusuzuma umushinga wa Trump ugamije gushyira akadomo kuri iriya ntambara.

Trump kandi yashimiye Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu kuba yemeye uriya mushinga yamugejejeho ugamije kurangiza intambara.

Yagize ati “Mwakoze cyane mwese. Uyu ni umunsi ukomeye cyane, umunsi mwiza, ushobora kuba ari wo munsi w’amahirwe ngize mu minsi yose yo mu miyoborere yanjye.”

Yakomeje agira ati “Ariko ntabwo ndi kuvuga kuri Gaza gusa. Yego Gaza ni kimwe mu byo mvuga, ariko turavuga mu buryo bwagutse burenze na Gaza. Buri kimwe kiri muri uyu mugambi wose kiri kugenda gikemuka. Twabyita amahoro mu burasirazuba bwo hagati.”

Arongera ati “Njye na Minisitiri w’Intebe Netanyahu dusoje inama y’ingenzi yigaga ku bibazo bikomeye birimo Iran, ubucuruzi, kwagura amasezerano ya Abraham Accords, ariko byumwihariko twaganiriye uburyo hasozwa intambara amuri Gaza, ariko ni kimwe mu bintu byagutse, kizazana amahoro mu burasirazuba bwo hagati, ndumva twabyita amahoro ahoraho mu burasirazuba bwo hagati.”

Trump yavuze ko kandi uyu mushinga uzazana amahoro muri biriya bice, yawusangije Ibihugu by’inkoramutima ya Leta Zunze Ubumwe za America, kandi ko bose bawushimye, kandi ko anafite amakuru ko na Hamas na yo yifuza ko bishyirwa mu bikorwa.

Perezida Trump na PM Netanyahu baganiriye kuri uyu wa Mbere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 10 =

Previous Post

How to network when you’re shy, introverted, or overthinking

Next Post

Irebere bwa mbere abakinnyi bo muri NBA ya mbere ku Isi bambaye ‘VisitRwanda’ (AMAFOTO)

Related Posts

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

by radiotv10
10/11/2025
0

Pariki yo mu Kibaya cya N’Sele izwi cyane i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, isanzwe ari iya Joseph...

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

by radiotv10
10/11/2025
0

Leta ya Tanzania yagejeje mu nkiko abantu amagana ibarega icyaha cya gucura umugambi wo kugambanira Igihugu, nyuma y’imyigaragambyo yabaye mu...

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

by radiotv10
10/11/2025
0

Colonel Fureko usanzwe akomoka mu Banyamulenge ukorana n’Umutwe wa Wazalendo na FARDC guhangana na AFC/M23, yatawe muri yombi anakorerwa iyicarubozo...

Umusirikare mu gisirikare cya Congo yishwe nyuma yo gushaka kwivugana komanda we

Umusirikare mu gisirikare cya Congo yishwe nyuma yo gushaka kwivugana komanda we

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusirikare mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bivugwa ko yari yasinze, yishwe nyuma yo gushaka kwivugana umukuriye,...

Imyitwarire y’Igisirikare cy’u Burundi ikomeje guteza impungenge ku Banyamulenge muri Congo

Imyitwarire y’Igisirikare cy’u Burundi ikomeje guteza impungenge ku Banyamulenge muri Congo

by radiotv10
10/11/2025
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kohereza abandi basirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byumwihariko muri Kivu y’Epfo, aho bivugwa ko...

IZIHERUKA

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?
SIPORO

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

10/11/2025
Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

10/11/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

10/11/2025
Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

10/11/2025
Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

10/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Irebere bwa mbere abakinnyi bo muri NBA ya mbere ku Isi bambaye ‘VisitRwanda’ (AMAFOTO)

Irebere bwa mbere abakinnyi bo muri NBA ya mbere ku Isi bambaye ‘VisitRwanda’ (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.