• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Shema umaze ukwezi atorewe kuyobora FERWAFA ari mu Banyarwanda batatu bahawe inshingano muri ruhago y’Isi

radiotv10by radiotv10
08/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Shema umaze ukwezi atorewe kuyobora FERWAFA ari mu Banyarwanda batatu bahawe inshingano muri ruhago y’Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Shema Ngoga Fabrice umaze ukwezi n’igice atorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), na Martin Ngoga wabaye mu nzego Nkuru z’u Rwanda, bahawe inshingano mu Mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi FIFA.

Aba bombi hamwe na Kankindi Anne-Lise, bahawe inshingano muri FIFA, nk’uko byemerejwe mu Nteko Rusange ya 47 y’iyi Mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi.

Shema Fabrice utaruzuza amezi abiri atorewe kuba Perezida wa FERWAFA dore ko yatsinze amatora yabaye tariki 30 Kanama, yagizwe umwe mu bagize Akanama ka FIFA Gashinzwe kurwanya Irondaruhu n’Ivangura mu mupira w’Amaguru ku Isi (Anti-Racism and Anti-Discrimination Committee).

Shema Fabrice watsinze amatora y’umwanya wa Perezida wa FERWAFA ari Umukandida rukumbi, mu kwezi gushize kandi yari yahuye na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, bahuriye ku Biro Bikuru bya FIFA muri Afurika biri muri Morocco.

Ni mu gihe Martin Ngoga wari usanganywe inshingano muri FIFA, we yagizwe Umuyobozi wa Komisiyo Ishinzwe iperereza no kwimakaza ubunyamwuga.

Naho Kankindi Anne-Lise na we uzwi mu buyobozi bw’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, we yagizwe umwe mu bagize Akanama Ikoranabuhanga no Guhanga Ibishya muri iyi Mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi FIFA.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Eng.-Tension rises as Congolese refugees face arrests and deportations in Bujumbura

Next Post

Abanyarwanda 380 batahutse bavuye muri Congo babwiwe amahirwe abategereje

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Abanyarwanda 380 batahutse bavuye muri Congo babwiwe amahirwe abategereje

Abanyarwanda 380 batahutse bavuye muri Congo babwiwe amahirwe abategereje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.