Friday, October 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyamenyekanye ku muturage wagaragaye asa nk’urwana n’Umupolisi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
09/10/2025
in MU RWANDA
0
Ibyamenyekanye ku muturage wagaragaye asa nk’urwana n’Umupolisi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho yerekana umuturage ari kurwana n’umwe mu Bapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanga, Polisi y’u Rwanda yasobanuye uko byagenze.

Ni amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga za bamwe mu Rwanda, hirya y’ejo hashize tariki 07 Ukwakira 2025, barimo ukoresha konti yitwa ‘Umperuka Cyera’ kuri X.

Uyu washyize amashusho kuri uru rubuga nkoranyambaga, yagize ati “Uyu muntu uri kurwanya inzengo za Police urabona akwiye ikihe gihano mu by’ukuri??”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yavuze ko ibi byabaye ubwo abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda babuzaga uriya muturage gukora amakosa, akinangira.

Yagize ati “Uwagaragaye mu mashusho yabuzwaga kwambuka muri “zebra crossing” mu gihe imodoka zatambukaga. Yasabwe guhagarara aranga biba ngombwa ko hakoreshwa imbaraga bikekwa ko yari yabitewe n’ubusinzi.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda,  ACP Rutikanga kandi yatangaje ko uru rwego rushinzwe Umutekano w’abantu n’ibyabo, ruri gukurikirana kiriya kibazo cyagaragayemo uriya muturage warengaga ku mabwiriza n’abapolisi.

Ati “Ikibazo kirimo gukurikiranwa mu rwego rwo kugira ngo hafatwe ibyemezo bikwiriye. Turashimira abaturage bagerageje gufatanya n’abapolisi kumubuza igikorwa cyari guteza impanuka.”

Muri aya mashusho, umuturage aba agundagurana n’umupolisi w’ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yamushyize hasi, aho amajwi ya bamwe mu baturage baba bashungereye, yumvikanamo aba bakomakoma uwo muturage ngo “waretse kurwana”, abandi bati “ariko ubanza yasinze.”

Uyu muturage bigaragara ko ari mu kigero cy’urubyiruko, aba agaragaza amahane menshi, ariko nyuma akaza gucururuka agasa nk’urecyeye gutera amahane, mu gihe abaturage na bo baba bamurebera banenga ibyo ari gukora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 7 =

Previous Post

Igitaramo kizahuza abakunzi b’ikinyobwa gisembuye kimwe mu Rwanda bahishiwe agaseke k’ibanga

Next Post

Perezida Kagame mu Bubiligi mu nama yahuriyemo n’abarimo Tshisekedi wa Congo na Ramaphosa wa S.Africa

Related Posts

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

by radiotv10
10/10/2025
0

Umuvugizi wa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yagaragaje ko ibyatangarijwe na Perezida Felix Tshisekedi i Brussels mu Bubiligi ko yahoze...

Abatuye hamwe mu hibasiwe n’ibiza byishe abarenga 100 mu Rwanda ubwoba bwongeye kubataha

Abatuye hamwe mu hibasiwe n’ibiza byishe abarenga 100 mu Rwanda ubwoba bwongeye kubataha

by radiotv10
10/10/2025
0

Bamwe mu batuye mu manegeka mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba yigeze kwibasirwa n’ibiza muri...

Perezida Kagame mu Bubiligi mu nama yahuriyemo n’abarimo Tshisekedi wa Congo na Ramaphosa wa S.Africa

Perezida Kagame mu Bubiligi mu nama yahuriyemo n’abarimo Tshisekedi wa Congo na Ramaphosa wa S.Africa

by radiotv10
09/10/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Brussels mu Bubiligi, aho yagiye kwifatanya n’abandi Bakuru b’Ibihugu mu Nama y’Ihuriro ry’Umuryango w’Ubumwe bw’u...

Amakuru ababaje: Ingabire Marie Immaculée uzwi mu Rwanda yitabye Imana

Amakuru ababaje: Ingabire Marie Immaculée uzwi mu Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
09/10/2025
0

Umuyobozi w’Umuryango Mpuzamahanga urwanya Ruswa n’Akarengane, Ishami ryawo mu Rwanda Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immaculée, yitabye Imana. Amakuru y'urupfu...

Dore agahigo kadasanzwe Ikawa y’u Rwanda yaciye mu cyamunara mpuzamahanga

Dore agahigo kadasanzwe Ikawa y’u Rwanda yaciye mu cyamunara mpuzamahanga

by radiotv10
09/10/2025
0

Mu irushanwa ngarukamwaka ry’ubwiza buhebuje bw’ikawa z’u Rwanda, ikawa ya kompanyi ikorera mu Karere ka Huye, yaguzwe 88.18$ ku kilo...

IZIHERUKA

Muri Congo rwongeye kwambikana M23 iteguza gufata akandi gace
AMAHANGA

Amakuru aramutse i Walikare muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

by radiotv10
10/10/2025
0

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

10/10/2025
Abatuye hamwe mu hibasiwe n’ibiza byishe abarenga 100 mu Rwanda ubwoba bwongeye kubataha

Abatuye hamwe mu hibasiwe n’ibiza byishe abarenga 100 mu Rwanda ubwoba bwongeye kubataha

10/10/2025
Ibivugwa nyuma y’intambwe ikomeye mu guhagarika intambara ya Israel na Hamas

Ibivugwa nyuma y’intambwe ikomeye mu guhagarika intambara ya Israel na Hamas

10/10/2025
Why African parents struggle to understand “Influencer Jobs”

Why African parents struggle to understand “Influencer Jobs”

10/10/2025
Inkuru nziza ku Mavubi, Ihurizo kuri Benin mbere yo gucakirana

Inkuru nziza ku Mavubi, Ihurizo kuri Benin mbere yo gucakirana

09/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame mu Bubiligi mu nama yahuriyemo n’abarimo Tshisekedi wa Congo na Ramaphosa wa S.Africa

Perezida Kagame mu Bubiligi mu nama yahuriyemo n’abarimo Tshisekedi wa Congo na Ramaphosa wa S.Africa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru aramutse i Walikare muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Abatuye hamwe mu hibasiwe n’ibiza byishe abarenga 100 mu Rwanda ubwoba bwongeye kubataha

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.