Friday, October 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame mu Bubiligi mu nama yahuriyemo n’abarimo Tshisekedi wa Congo na Ramaphosa wa S.Africa

radiotv10by radiotv10
09/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame mu Bubiligi mu nama yahuriyemo n’abarimo Tshisekedi wa Congo na Ramaphosa wa S.Africa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame ari i Brussels mu Bubiligi, aho yagiye kwifatanya n’abandi Bakuru b’Ibihugu mu Nama y’Ihuriro ry’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi Global Gateway Forum, yitabiriwe n’abarimo Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi.

Byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 09 Ukwakira 2025, ko Perezida Kagame yitabiriye iri huriro ry’uyu mwaka.

Ubutumwa bwa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, bugira buti “None i Brussels, Perezida Kagame yifatanyije n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, mu Nama ya kabiri ya Global Gateway Forum 2025 yayobowe na Ursula von der Leyen, Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.”

Iyi nama y’uyu mwaka iribanda ku gukomeza gutahiriza umugozi umwe nk’isi mu gushakira umuti ibibazo biyugarije.

Bamwe mu Bakuru b’Ibihugu bitabiriye iri Huriro ribaye ku nshuro yaryo ya kabiri, barimo Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, João Manuel Gonçalves Lourenço wa Angola ari na we uyoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ndetse na Mohamed Ould Ghazouani wa Muaritania.

Jozef Síkela usanzwe ari Komiseri mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, yavuze ko muri iyi nama y’iminsi ibiri, abayobozi bayitabiriye bazarushaho guteza imbere imikoranire mu kugera ahazaza hahuriweho.

Avuga ko iyi nama y’iri Huriro Global Gateway hazaganirwa ku ngingo zinyuranye zirimo guhuza imbaraga nk’Imigabane y’Isi, guhanga imirimo, ndete no kugera ku iterambere rirambye.

Perezida Kagame Paul witabiriye inama y’uyu mwaka, iy’ushize, yari yahagarariwe n’uwari Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente.

Perezida Kagame n’abandi Bakuru b’Ibihugu

Perezida Kagame na bamwe mu banyacyubahiro bitabiriye iyi nama

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Ibyamenyekanye ku muturage wagaragaye asa nk’urwana n’Umupolisi mu Rwanda

Next Post

Inkuru nziza ku Mavubi, Ihurizo kuri Benin mbere yo gucakirana

Related Posts

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

by radiotv10
10/10/2025
0

Umuvugizi wa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yagaragaje ko ibyatangarijwe na Perezida Felix Tshisekedi i Brussels mu Bubiligi ko yahoze...

Abatuye hamwe mu hibasiwe n’ibiza byishe abarenga 100 mu Rwanda ubwoba bwongeye kubataha

Abatuye hamwe mu hibasiwe n’ibiza byishe abarenga 100 mu Rwanda ubwoba bwongeye kubataha

by radiotv10
10/10/2025
0

Bamwe mu batuye mu manegeka mu Murenge wa Mushubati mu Karere ka Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba yigeze kwibasirwa n’ibiza muri...

Ibyamenyekanye ku muturage wagaragaye asa nk’urwana n’Umupolisi mu Rwanda

Ibyamenyekanye ku muturage wagaragaye asa nk’urwana n’Umupolisi mu Rwanda

by radiotv10
09/10/2025
0

Nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho yerekana umuturage ari kurwana n’umwe mu Bapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanga, Polisi...

Amakuru ababaje: Ingabire Marie Immaculée uzwi mu Rwanda yitabye Imana

Amakuru ababaje: Ingabire Marie Immaculée uzwi mu Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
09/10/2025
0

Umuyobozi w’Umuryango Mpuzamahanga urwanya Ruswa n’Akarengane, Ishami ryawo mu Rwanda Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immaculée, yitabye Imana. Amakuru y'urupfu...

Dore agahigo kadasanzwe Ikawa y’u Rwanda yaciye mu cyamunara mpuzamahanga

Dore agahigo kadasanzwe Ikawa y’u Rwanda yaciye mu cyamunara mpuzamahanga

by radiotv10
09/10/2025
0

Mu irushanwa ngarukamwaka ry’ubwiza buhebuje bw’ikawa z’u Rwanda, ikawa ya kompanyi ikorera mu Karere ka Huye, yaguzwe 88.18$ ku kilo...

IZIHERUKA

Muri Congo rwongeye kwambikana M23 iteguza gufata akandi gace
AMAHANGA

Amakuru aramutse i Walikare muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

by radiotv10
10/10/2025
0

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

10/10/2025
Abatuye hamwe mu hibasiwe n’ibiza byishe abarenga 100 mu Rwanda ubwoba bwongeye kubataha

Abatuye hamwe mu hibasiwe n’ibiza byishe abarenga 100 mu Rwanda ubwoba bwongeye kubataha

10/10/2025
Ibivugwa nyuma y’intambwe ikomeye mu guhagarika intambara ya Israel na Hamas

Ibivugwa nyuma y’intambwe ikomeye mu guhagarika intambara ya Israel na Hamas

10/10/2025
Why African parents struggle to understand “Influencer Jobs”

Why African parents struggle to understand “Influencer Jobs”

10/10/2025
Inkuru nziza ku Mavubi, Ihurizo kuri Benin mbere yo gucakirana

Inkuru nziza ku Mavubi, Ihurizo kuri Benin mbere yo gucakirana

09/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru nziza ku Mavubi, Ihurizo kuri Benin mbere yo gucakirana

Inkuru nziza ku Mavubi, Ihurizo kuri Benin mbere yo gucakirana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru aramutse i Walikare muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Abatuye hamwe mu hibasiwe n’ibiza byishe abarenga 100 mu Rwanda ubwoba bwongeye kubataha

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.