Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

radiotv10by radiotv10
10/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yagaragaje ko ibyatangarijwe na Perezida Felix Tshisekedi i Brussels mu Bubiligi ko yahoze ashyira imbere amahoro, ari urwiyerurutso, kuko atari rimwe cyangwa kabiri yivugiye ko azatera u Rwanda n’indi myitwarire ikomeje kumuranga ihabanye n’ibyo yavuze.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, witabiriye Inama y’Ihuriro Global Gateway iri kubera mu Bubiligi, kuri uyu wa Kane tariki 09 Ukwakira, n’ubundi nk’ibisanzwe, yongeye kuzamura ibirego by’ibinyoma ku Rwanda.

Mu mbwirwaruhame ye, yavuze ko nta na rimwe yigeze agambirira kugirira nabi u Rwanda cyangwa Uganda, ndetse ko ngo yamye ahora yifuza amahoro.

Muri iri jambo rye, Tshisekedi kandi yumvikanye avuga ko yifuza kugirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, ngo nubwo byigeze kuzamo kirogoya, ariko ko ngo ntarirarenga ku buryo bataganira kugira ngo umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC uboneke.

Nyuma y’iri jambo, Umuvugizi wa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, Stephanie Nyombayire mu butumwa yanyujije kuri X, yagaragaje ko ibyatangajwe n’uriya Mukuru w’Igihugu cya DRC bitangaje kuko bihabanye n’imyitwarire yakunze kumuranga.

Nyombayire yavuze ko Tshisekedi “Ashyize ku ruhande ikimwaro, yashimangiye ko akunda amahoro, yibagirwa inshuro nyinshi yakangataga ko azatera u Rwanda agakuraho ubutegetsi bwarwo.”

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, yagaragaje ko bitangaje kubona Tshisekedi yigira umuntu wagizweho ingaruka n’ibibazo biri mu Gihugu cye, nyaramara ari we nyirabayazana wabyo, akaba yaranze no kubishakira umuti.

Nyombayire yagaragaje ibishimangira ko nta na rimwe Tshisekedi yigeze yifuza amahoro nk’uko yabivuze kuri uyu wa Kane, nko kuba akomeje guha intwaro akanatera inkunga umutwe w’abajenosideri wa FDRL, ndetse akaninjiza abarwanyi bawo mu Gisirikare cy’Igihugu cye.

Hari kandi kuba atera inkunga indi mitwe y’inyeshamba itoteza, ikica ndetse ikanatwika ku manywa y’ihangu bamwe mu Banyekongo bazizwa ubwoko bwabo.

Nanone hari kuba akomeje kwambura uburenganzira abagize umutwe wa M23 nk’Abanyekongo, akihunza inshingano zo gukemura ibibazo byatumye uvuka.

Hari andi kuba akomeje gutakira amahanga yose ngo amuhe ubufasha bugamije kubangamira imbaraga n’inzira byariho bigerwaho mu gushaka umuti w’ibibazo.

Nyombayire yavuze kandi ko Tshisekedi “akomeje guha akazi abacancuro barwana intambara ye (nubwo n’ubundi bakomeje gutsindwa).”

Ikindi kandi “akomeje kwegeka ku Rwanda kuba impamvu y’ingaruka z’intege nke z’ubutegetsi bw’Igihugu cye bwananiwe kugira icyo bugeza ku baturage bacyo mu gihe abayobozi bakomeje kwigwizaho imitungo bayikura mu mitungo y’Igihugu bo n’inshuti zabo n’imiryango yabo.”

Stephanie Nyombayire, yasoje ubutumwa bwe yibutsa iby’ingenzi byagiye bigarukwaho na Perezida Paul Kagame, byumwihariko aho yagaragaje ko “nta mpamvu yo kujya impaka n’abantu bahora basubiramo ibinyoma uko bwije uko bucyeye.”

Nanone kandi avuga ko u Rwanda rudakeneye uwaruha amasomo y’igisobanuro cy’amahoro kuko rwayagezeho ruyarwaniye bityo ko ruzi ikiguzi cyayo n’icyo bisaba kuyageraho no kuyasigasira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − three =

Previous Post

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

Next Post

Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

Amahirwe y'Amavubi yo kujya mu cy'Isi birangiye abuze burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.