Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

radiotv10by radiotv10
10/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yagaragaje ko ibyatangarijwe na Perezida Felix Tshisekedi i Brussels mu Bubiligi ko yahoze ashyira imbere amahoro, ari urwiyerurutso, kuko atari rimwe cyangwa kabiri yivugiye ko azatera u Rwanda n’indi myitwarire ikomeje kumuranga ihabanye n’ibyo yavuze.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, witabiriye Inama y’Ihuriro Global Gateway iri kubera mu Bubiligi, kuri uyu wa Kane tariki 09 Ukwakira, n’ubundi nk’ibisanzwe, yongeye kuzamura ibirego by’ibinyoma ku Rwanda.

Mu mbwirwaruhame ye, yavuze ko nta na rimwe yigeze agambirira kugirira nabi u Rwanda cyangwa Uganda, ndetse ko ngo yamye ahora yifuza amahoro.

Muri iri jambo rye, Tshisekedi kandi yumvikanye avuga ko yifuza kugirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, ngo nubwo byigeze kuzamo kirogoya, ariko ko ngo ntarirarenga ku buryo bataganira kugira ngo umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC uboneke.

Nyuma y’iri jambo, Umuvugizi wa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, Stephanie Nyombayire mu butumwa yanyujije kuri X, yagaragaje ko ibyatangajwe n’uriya Mukuru w’Igihugu cya DRC bitangaje kuko bihabanye n’imyitwarire yakunze kumuranga.

Nyombayire yavuze ko Tshisekedi “Ashyize ku ruhande ikimwaro, yashimangiye ko akunda amahoro, yibagirwa inshuro nyinshi yakangataga ko azatera u Rwanda agakuraho ubutegetsi bwarwo.”

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, yagaragaje ko bitangaje kubona Tshisekedi yigira umuntu wagizweho ingaruka n’ibibazo biri mu Gihugu cye, nyaramara ari we nyirabayazana wabyo, akaba yaranze no kubishakira umuti.

Nyombayire yagaragaje ibishimangira ko nta na rimwe Tshisekedi yigeze yifuza amahoro nk’uko yabivuze kuri uyu wa Kane, nko kuba akomeje guha intwaro akanatera inkunga umutwe w’abajenosideri wa FDRL, ndetse akaninjiza abarwanyi bawo mu Gisirikare cy’Igihugu cye.

Hari kandi kuba atera inkunga indi mitwe y’inyeshamba itoteza, ikica ndetse ikanatwika ku manywa y’ihangu bamwe mu Banyekongo bazizwa ubwoko bwabo.

Nanone hari kuba akomeje kwambura uburenganzira abagize umutwe wa M23 nk’Abanyekongo, akihunza inshingano zo gukemura ibibazo byatumye uvuka.

Hari andi kuba akomeje gutakira amahanga yose ngo amuhe ubufasha bugamije kubangamira imbaraga n’inzira byariho bigerwaho mu gushaka umuti w’ibibazo.

Nyombayire yavuze kandi ko Tshisekedi “akomeje guha akazi abacancuro barwana intambara ye (nubwo n’ubundi bakomeje gutsindwa).”

Ikindi kandi “akomeje kwegeka ku Rwanda kuba impamvu y’ingaruka z’intege nke z’ubutegetsi bw’Igihugu cye bwananiwe kugira icyo bugeza ku baturage bacyo mu gihe abayobozi bakomeje kwigwizaho imitungo bayikura mu mitungo y’Igihugu bo n’inshuti zabo n’imiryango yabo.”

Stephanie Nyombayire, yasoje ubutumwa bwe yibutsa iby’ingenzi byagiye bigarukwaho na Perezida Paul Kagame, byumwihariko aho yagaragaje ko “nta mpamvu yo kujya impaka n’abantu bahora basubiramo ibinyoma uko bwije uko bucyeye.”

Nanone kandi avuga ko u Rwanda rudakeneye uwaruha amasomo y’igisobanuro cy’amahoro kuko rwayagezeho ruyarwaniye bityo ko ruzi ikiguzi cyayo n’icyo bisaba kuyageraho no kuyasigasira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 14 =

Previous Post

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

Next Post

Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

Amahirwe y'Amavubi yo kujya mu cy'Isi birangiye abuze burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.