Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

radiotv10by radiotv10
10/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, yagaragaje ko ibyatangarijwe na Perezida Felix Tshisekedi i Brussels mu Bubiligi ko yahoze ashyira imbere amahoro, ari urwiyerurutso, kuko atari rimwe cyangwa kabiri yivugiye ko azatera u Rwanda n’indi myitwarire ikomeje kumuranga ihabanye n’ibyo yavuze.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, witabiriye Inama y’Ihuriro Global Gateway iri kubera mu Bubiligi, kuri uyu wa Kane tariki 09 Ukwakira, n’ubundi nk’ibisanzwe, yongeye kuzamura ibirego by’ibinyoma ku Rwanda.

Mu mbwirwaruhame ye, yavuze ko nta na rimwe yigeze agambirira kugirira nabi u Rwanda cyangwa Uganda, ndetse ko ngo yamye ahora yifuza amahoro.

Muri iri jambo rye, Tshisekedi kandi yumvikanye avuga ko yifuza kugirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, ngo nubwo byigeze kuzamo kirogoya, ariko ko ngo ntarirarenga ku buryo bataganira kugira ngo umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC uboneke.

Nyuma y’iri jambo, Umuvugizi wa Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, Stephanie Nyombayire mu butumwa yanyujije kuri X, yagaragaje ko ibyatangajwe n’uriya Mukuru w’Igihugu cya DRC bitangaje kuko bihabanye n’imyitwarire yakunze kumuranga.

Nyombayire yavuze ko Tshisekedi “Ashyize ku ruhande ikimwaro, yashimangiye ko akunda amahoro, yibagirwa inshuro nyinshi yakangataga ko azatera u Rwanda agakuraho ubutegetsi bwarwo.”

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, yagaragaje ko bitangaje kubona Tshisekedi yigira umuntu wagizweho ingaruka n’ibibazo biri mu Gihugu cye, nyaramara ari we nyirabayazana wabyo, akaba yaranze no kubishakira umuti.

Nyombayire yagaragaje ibishimangira ko nta na rimwe Tshisekedi yigeze yifuza amahoro nk’uko yabivuze kuri uyu wa Kane, nko kuba akomeje guha intwaro akanatera inkunga umutwe w’abajenosideri wa FDRL, ndetse akaninjiza abarwanyi bawo mu Gisirikare cy’Igihugu cye.

Hari kandi kuba atera inkunga indi mitwe y’inyeshamba itoteza, ikica ndetse ikanatwika ku manywa y’ihangu bamwe mu Banyekongo bazizwa ubwoko bwabo.

Nanone hari kuba akomeje kwambura uburenganzira abagize umutwe wa M23 nk’Abanyekongo, akihunza inshingano zo gukemura ibibazo byatumye uvuka.

Hari andi kuba akomeje gutakira amahanga yose ngo amuhe ubufasha bugamije kubangamira imbaraga n’inzira byariho bigerwaho mu gushaka umuti w’ibibazo.

Nyombayire yavuze kandi ko Tshisekedi “akomeje guha akazi abacancuro barwana intambara ye (nubwo n’ubundi bakomeje gutsindwa).”

Ikindi kandi “akomeje kwegeka ku Rwanda kuba impamvu y’ingaruka z’intege nke z’ubutegetsi bw’Igihugu cye bwananiwe kugira icyo bugeza ku baturage bacyo mu gihe abayobozi bakomeje kwigwizaho imitungo bayikura mu mitungo y’Igihugu bo n’inshuti zabo n’imiryango yabo.”

Stephanie Nyombayire, yasoje ubutumwa bwe yibutsa iby’ingenzi byagiye bigarukwaho na Perezida Paul Kagame, byumwihariko aho yagaragaje ko “nta mpamvu yo kujya impaka n’abantu bahora basubiramo ibinyoma uko bwije uko bucyeye.”

Nanone kandi avuga ko u Rwanda rudakeneye uwaruha amasomo y’igisobanuro cy’amahoro kuko rwayagezeho ruyarwaniye bityo ko ruzi ikiguzi cyayo n’icyo bisaba kuyageraho no kuyasigasira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

Next Post

Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

Amahirwe y'Amavubi yo kujya mu cy'Isi birangiye abuze burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.