Umuyobozi w’abatavuga rumwe na Leta muri Venezuela, Maria Corina Machado, ni we watsindiye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel aho kuba Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America Donald Trump wakunze kugaragaza kenshi ko ari we ugikwiye.
Ni igihembo cyatangajwe kuri uyu wa Gatanu tariki 10 ukwakira 2025, cyari gitegerezanyijwe amatsiko menshi, aho Donald Trump yakunze kuvugira kenshi mu ruhame ko ari we ukwiye iki gihembo kubera uruhare rukomeye yagize mu guhagarika intambara zirenga 7 hirya no hino ku isi.
Gusa si ko byagenze kuko, Komite itanga igihembo cya Nobel yahisemo kwibanda kuri Venezuela muri uyu mwaka.
Umuyobozi wa Komite ya Nobel yo muri Norvege yavuze ko Maria Corina Machado yatsindiye iki igihembo, kubera umurava n’imbaraga yagaragaje mu guharanira uburenganzira na demokarasi y’Abanya-Venezuela, no mu rugamba rwo kugera ku mpinduka zishingiye ku butabera n’amahoro, zivana Igihugu mu butegetsi bw’igitugu zikiganisha kuri demokarasi nyayo.
Ni mu gihe mbere yuko hatangazwa uwatsindiye iki gihembo, abakurikiranira hafi itangwa ry’ibi bihembo bavugaga ko Trump nta mahirwe afite yo kucyegukana, kuko ari gusenya uburyo busanzwe mpuzamahanga bwo guharanira amahoro bugenderwaho na komite y’abatanga igihembo cya Nobel.
Igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel, gifite agaciro k’asaga miliyoni 1.2 USD, kikaba kizatangwa ku mugaragara i Oslo muri Norvege, ku wa 10 Ukuboza 2025, ku isabukuru y’urupfu rw’umushoramari w’Umunya-Norvege, Alfred Nobel, washyize ibi bihembo mu mpapuro z’umurage yasize mu 1895.


Shemsa UWIMANA
RADIOTV10