Monday, October 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

radiotv10by radiotv10
13/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yongeye gukangurira abantu gukora imyitozo ngororamubiri, agaragaza iyo bakora kugira ngo bagabanye ibyago kugeza kuri 40% byo gupfa imburagihe.

Dr. Sabin ukunze gutanga ubutumwa bwagirira akamaro Abanyarwanda byumwihariko ku buzima n’imibereho yabo, yatangaje ko kuba nibura umuntu yakora imyitozo ngororamubiri mu minota iri hagati ya 30’ na 60’ byongerera umuntu igihe cyo kubaho.

Yagize ati “Nibura iminota iri hagati ya 30 na 60 ku munsi y’imyitozo nko kugenda n’amaguru, kunyonga igare cyangwa kwiruka, bishobora kugabanya ibyago byo gupfa imburagije kugeza kuri 40%.”

Dr. Sabin yakomeje agaragaza kandi nibuga umuntu agize akamenyero ko gukora izi siporo mu minota iri hagati ya 15’ na 30’ buri munsi, na byo bigabanya ibyago byo gupfa ku kigero cya 20%, mu gihe mu gihe kiri hagati y’iminota 45’ na 60’ byo bibigabanya ku kigero cya 40%.

Ati “Nubwo wakora imyitozo micye, ni byisa kurusha kudakora na mba. Kubungabunga ubuzima bwawe bwa buri munsi, nibura gerageza gukoresha umubiri wawe ugende.”

Dr. Sabin asanzwe ari Umusportif ukomeye unakina umukino wa Karate afitemo umukandara w’umukara

Iyi nzobere mu bijyanye n’ubuzima bwa muntu kandi, muri ubu butumwa buburira Abaturarwanda, muri Nyakanga uyu mwaka na bwo yari yasabye abantu bakora akazi kabasaba kwicara cyane, kumenya ko bigira ingaruka ku mubiri wabo, aho yagaragaje ko ingaruka zabyo ntaho zitaniye n’izo kunywa itabi.

Icyo gihe yavuze ko kwicara cyane byongera ibyago bya 35% byo kurwara indwara z’umutima ndetse na 14% by’indwara yo guturika k’uudutsi duto tw’ubwonko, bikanakuba kabiri ibyago byo kurwara indwara y’igisukari (diabetes).

Dr. Sabin na bwo yari yagiriye inama abantu ko batagomba kurenza isaha bicaye, ahubwo ko umuntu aramutse amaze iminota 60’, akwiye guhaguruka akanyagambura umubiri we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − one =

Previous Post

Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

Next Post

Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

Related Posts

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

by radiotv10
13/10/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwashyize hanze itangazo rimenyesha Abanyarwanda bose bifuza kwinjiramo ku rwego rwa Ofisiye, itariki yo gutangira...

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

by radiotv10
13/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu muhanda Kigali-Muhanga, habaye impanuka yabereye mu Karere ka Kamonyi, yabangamiye urujya n’uruza rw’ibinyabiziga muri...

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

by radiotv10
13/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko hagiye gutangira ibikorwa byo kwiyandikisha ku nkumi n'abasore bifuza kuyinjiramo ku rwego rw’abapolisi bato, birimo...

Ibyagaragaye mu iperereza ku bakozi ba RBC baregwa muri dosiye ya Miliyoni 48Frw

Ibyagaragaye mu iperereza ku bakozi ba RBC baregwa muri dosiye ya Miliyoni 48Frw

by radiotv10
13/10/2025
0

Abakozi babiri b’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC na rwiyemezamirimo umwe, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Work-Life balance: Does it really exist?

Work-Life balance: Does it really exist?

by radiotv10
13/10/2025
0

We’ve all heard the phrase “work-life balance” that perfect harmony between your career and your personal life. It sounds ideal,...

IZIHERUKA

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye
MU RWANDA

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

by radiotv10
13/10/2025
0

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

13/10/2025
Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Amayobera ku cyatumye uruhande ruhanganye na AFC/M23 rufata icyemezo gitunguranye

13/10/2025
Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

13/10/2025
Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

13/10/2025
Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

13/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

Amayobera ku cyatumye uruhande ruhanganye na AFC/M23 rufata icyemezo gitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.