Tuesday, October 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Bagaragaje icyifuzo cyarandura ibyo babona nko kubigirizaho nkana

radiotv10by radiotv10
14/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Huye: Bagaragaje icyifuzo cyarandura ibyo babona nko kubigirizaho nkana
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’ibigori bo mu Karere ka Huye, bahinga mu gishanga cya Nyagisenyi, bavuga ko  bafite ikibazo cyo kugura imbuto y’ibigori ku giciro gihanitse kuko kiba kikubye inshuro enye n’uko bagurirwa umusaruro wabo, bagasaba ko byaringanizwa.

Aba bahinzi bo mu Mirenge wa ya Tumba na Mukura, bavuga ko bahinga bahenzwe ku mbuto, nyamara bajya kugurisha umusaruro wabo, bagasanga igiciro cyawo ntaho gihuriye n’uko baguze imbuto.

Byukusenge Aliane yagize ati “Batuguriye umusaruro wacu w’ibigori  ku  mafaranga magana ane ku kilo, none ubu bari kutugurisha imbuto ku giciro kiri hejuru kikubye inshuro enye, kuko ubu turi kuyigura ku mafaranga 1600 ku kilo.”

Habimana Anasthase na we yagize ati ”Ubu turi kugura imbuto duhenzwe cyane kandi  batugurira umusaruro baratuguriye ku mafaranga macye. Usanga biduhendesha bikadutera ibihombo kuko nubwo baba batuguriye umusaruro wacu kuri magana ane ku kilo, imbuto twayiguze ku mafaranga 1600 tuba twanakoresheje inyongeramusaruro zitandukanye kugira ngo tweze.”

Aba bahinzi basaba ko bagabanyirizwa igiciro ku mbuto kigahuzwa n’ayo baguriweho umusaruro wabo cyangwa hagira n’ikiyongeraho bakongeraho amafaranga make aho gukuba kane.

Kamikazi ati “Bakabaye batugurisha imbuto ku mafaranga baba batuguriyeho umusaruro wacu, cyangwa bakagira byibuze igiciro kiri hafi y’icyo batuguriyeho. Nta n’uba yemerewe gutera imbuto yibikiye,  barayitubikira ikaza bayitugurisha yikubye kane. Duhinga dushyizemo ifumbire yaduhenze twanahenzwe n’imbuto bakabaye banatugurira  umusaruro bagendeye ku yo baduhereye ku mbuto cyangwa bakagabanya igiciro cy’imbuto.”

Nsengiyumva Rene Amiable ushinzwe ubuhinzi mu Karere ka Huye, yabwiye RADIOTV10 ko igiciro cy’imbuto kigenwa hagendewe ku mabwiriza ya Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi harebwe inyungu izava muri iyo mbuto.

Ati “Abahinzi barafashwa mu gihe cy’isarura bagahuzwa n’abaguzi b’umusaruro gusa igiciro cy’umusaruro kigenwa n’uko isoko rihagaze, ariko nanone hagakurikiranwa n’uko ntabahenda abahinzi.”

Uyu mukozi ushinzwe ubuhinzi n’ubworozi, avuga ko uretse iriya mbuto igura 1 600Frw hari n’izindi zigura 785 Frw kandi na zo zitanga umusaruro, kandi izi zose umuhinzi aba yunganiwe na Leta 1 800 Frw ku kilo.

Bavuga ko mu kugura imbuto bahendwa cyane ntibihwane n’uko bagurirwa umusaruro
Basaba ko ibiciro byahuzwa ku mpande zombi

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + two =

Previous Post

Challenges women face when starting businesses in Rwanda

Next Post

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

Related Posts

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

by radiotv10
14/10/2025
0

Dr Frank Habineza usanzwe ari Perezida w’Ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije DGPR waniyamamaje mu Matora y'Umukuru w'Igihugu aheruka n'ayayabanjirije,...

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

by radiotv10
14/10/2025
0

Ibitaro by’Indwara zo mu Mutwe bya Ndera (Ndera Neuropsychiatric Teaching Hospital) byatangaje ko mu mwaka wa 2024-2025 byakiriye abantu 119...

U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

by radiotv10
14/10/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yavuze ko mu gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Amahoro iki Gihugu cyagiranye na DRC, hakenewe...

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

by radiotv10
14/10/2025
0

Abo mu Kagari ka Gisagara mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, baratabariza umuturanyi wabo ufite ubumuga ubayeho ubuzima...

Challenges women face when starting businesses in Rwanda

Challenges women face when starting businesses in Rwanda

by radiotv10
14/10/2025
0

Rwanda is often praised globally for its efforts in gender equality. The country leads in female political representation and has...

IZIHERUKA

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina
FOOTBALL

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

by radiotv10
14/10/2025
0

Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

14/10/2025
BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho

BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho

14/10/2025
Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

14/10/2025
Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

14/10/2025
U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

14/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Perezida wa Madagascar yatsinze icy’umutwe abari bafite umugambi wo kumukura ku butegetsi

BREAKING: AFC/M23 n’ubutegetsi bwa DRCongo hari icyo bemeranyijweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.