Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Bagaragaje icyifuzo cyarandura ibyo babona nko kubigirizaho nkana

radiotv10by radiotv10
14/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Huye: Bagaragaje icyifuzo cyarandura ibyo babona nko kubigirizaho nkana
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’ibigori bo mu Karere ka Huye, bahinga mu gishanga cya Nyagisenyi, bavuga ko  bafite ikibazo cyo kugura imbuto y’ibigori ku giciro gihanitse kuko kiba kikubye inshuro enye n’uko bagurirwa umusaruro wabo, bagasaba ko byaringanizwa.

Aba bahinzi bo mu Mirenge wa ya Tumba na Mukura, bavuga ko bahinga bahenzwe ku mbuto, nyamara bajya kugurisha umusaruro wabo, bagasanga igiciro cyawo ntaho gihuriye n’uko baguze imbuto.

Byukusenge Aliane yagize ati “Batuguriye umusaruro wacu w’ibigori  ku  mafaranga magana ane ku kilo, none ubu bari kutugurisha imbuto ku giciro kiri hejuru kikubye inshuro enye, kuko ubu turi kuyigura ku mafaranga 1600 ku kilo.”

Habimana Anasthase na we yagize ati ”Ubu turi kugura imbuto duhenzwe cyane kandi  batugurira umusaruro baratuguriye ku mafaranga macye. Usanga biduhendesha bikadutera ibihombo kuko nubwo baba batuguriye umusaruro wacu kuri magana ane ku kilo, imbuto twayiguze ku mafaranga 1600 tuba twanakoresheje inyongeramusaruro zitandukanye kugira ngo tweze.”

Aba bahinzi basaba ko bagabanyirizwa igiciro ku mbuto kigahuzwa n’ayo baguriweho umusaruro wabo cyangwa hagira n’ikiyongeraho bakongeraho amafaranga make aho gukuba kane.

Kamikazi ati “Bakabaye batugurisha imbuto ku mafaranga baba batuguriyeho umusaruro wacu, cyangwa bakagira byibuze igiciro kiri hafi y’icyo batuguriyeho. Nta n’uba yemerewe gutera imbuto yibikiye,  barayitubikira ikaza bayitugurisha yikubye kane. Duhinga dushyizemo ifumbire yaduhenze twanahenzwe n’imbuto bakabaye banatugurira  umusaruro bagendeye ku yo baduhereye ku mbuto cyangwa bakagabanya igiciro cy’imbuto.”

Nsengiyumva Rene Amiable ushinzwe ubuhinzi mu Karere ka Huye, yabwiye RADIOTV10 ko igiciro cy’imbuto kigenwa hagendewe ku mabwiriza ya Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi harebwe inyungu izava muri iyo mbuto.

Ati “Abahinzi barafashwa mu gihe cy’isarura bagahuzwa n’abaguzi b’umusaruro gusa igiciro cy’umusaruro kigenwa n’uko isoko rihagaze, ariko nanone hagakurikiranwa n’uko ntabahenda abahinzi.”

Uyu mukozi ushinzwe ubuhinzi n’ubworozi, avuga ko uretse iriya mbuto igura 1 600Frw hari n’izindi zigura 785 Frw kandi na zo zitanga umusaruro, kandi izi zose umuhinzi aba yunganiwe na Leta 1 800 Frw ku kilo.

Bavuga ko mu kugura imbuto bahendwa cyane ntibihwane n’uko bagurirwa umusaruro
Basaba ko ibiciro byahuzwa ku mpande zombi

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Challenges women face when starting businesses in Rwanda

Next Post

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.